Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Barashaka Gushinga Banki Itera Inkunga Abahinzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Barashaka Gushinga Banki Itera Inkunga Abahinzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2024 9:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abikorera ku giti cyabo bafite gahunda yo gushinga banki izajya ifasha abahinzi kubona inguzanyo ngo bashore mu mishinga iteza imbere ubuhinzi.

Abahinzi bo mu Rwanda bamaze igihe bataka kudahabwa inguzanyo ngo bashore mu mishinga yatuma ubuhinzi bureka kuba ubwa gakondo, bukaba ubuhinzi busagurira isoko ryo mu Rwanda n’iry’amahanga.

Banki muri rusange zitanya guha abahinzi inguzanyo kuko urwego rw’ubuhinzi rukunze kwibasirwa n’ibiza birimo imyuzure n’amapfa.

Igitekerezo cyo gushinga Banki ifasha abahinzi cyatangajwe kuri uyu wa Gatanu ubwo harangizwaga imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi ryaberaga ku Murindi wa Kanombe.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Musafiri Ildephonse waje mu muhango wo kurirangiza yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda izafasha mu gushinga iyo Banki.

Avuga ko izagira akamaro ko guha abahinzi amafaranga bakeneye ngo bazamure umusaruro mu buhinzi cyane cyane ubukoresha ikoranabuhanga.

Dr. Musafiri ushinzwe Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi avuga ko iriya Banki nishingwa izafasha abahinzi kuko izagabanya inyungu ku nguzanyo bityo abayigana bvakarushaho kwiyongera.

Ati: “Leta y’u Rwanda irakora ku buryo inyungu ku nguzanyo ijya mu buhinzi n’ubworozi igabanuka. Dushaka ko inguzanyo ziyongera ariko inyungu ikagabanuka hagati ya 10%  na 9%”.

Dr. Ildephonse Musafiri uyobora Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi

Kugira ngo ibyo bishoboke, Musafiri avuga ko ari ngombwa ko Leta itera inkunga abashaka gushinga iyo Banki.

Musafiri yibukije abahinzi gukora uko bashoboye bagashinganisha amatungo yabo n’ibihingwa kuko Leta isanzwe ibashyiriramo nkunganire ya 40%.

Yanabasabye kwibuka ko igihembwe cy’ihinga cya 2025 A  kiri hafi gutangira, abasaba gutangira gutegura imirima.

Umuyobozi mukuru wungirije w’Ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda, Shirimpumu Jean Claude, yasabye ko iri murikabikorwa ryajya ribanzirizwa n’andi mato kugira ngo rigende neza kurushaho.

Ni imurika ryabaye ku nshuro ya 17, rikitabirwa n’abantu batandukanye barimo n’urubyiruko, ikintu Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ishima.

Kuba urubyiruko n’abagore baraje kumurika ibyo bakora mu buhinzi n’ubworozi ni intambwe nziza mu guteza imbere uru rwego rw’ubukungu kuko rwari rusanzwe rufatwa nk’urw’abantu bakuze.

Imurikabikorwa ry’uyu mwaka ryitabiriwe n’abamurika 420 harimo n’abaturutse mu mahanga.

Ku munsi umwe bivugwa ko ryitabirwaga n’abagera ku 3000.

TAGGED:BankifeaturedMusafiriUbuhinziUmusaruro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Brazil: Indege Yari Irimo Abantu 61 Yasandaye
Next Article APR BBC Yatwaye Igikombe Cy’Igihugu Cya Shampiyona Ya Basket
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?