Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Hari Abashinze Amaduka Agurwamo Na Benewabo Gusa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Hari Abashinze Amaduka Agurwamo Na Benewabo Gusa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2023 11:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Rwanda hari aharavugwa imbuga nkoranyambaga za WhatsApp zishishikariza bamwe kutisanisha n’abandi ngo kuko bafite ibyo batandukaniyeho. Ndetse hari abacuruzi bashinze amaduka agurirwamo na benewabo w’abayashinze gusa.

Iby’aya macamubiri biherutse kugarukwaho na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Bizimana Jean Damascène  mu kiganiro yahaye abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga yari irangije umwiherero.

Hari taliki 03, Nzeri, 2023.

Mu kiganiro cya Ndi Umunyarwanda yahatangiye, Dr. Bizimana yavuze ko muri iki gihe hari byinshi bituma Abanyarwanda bibona muri bagenzi babo ndetse ngo Ndi Umunyarwanda iri  kuri 95%.

Abo ni abantu benshi kandi bafatiye runini Ubumwe n’Ubwiyunge mu Banyarwanda.

Ku rundi ruhande, hari abandi bagera kuri 5% bakiyumva mu moko, aho baturutse cyangwa ibindi bumva ko bibatandukanya n’abandi.

Muri abo bangana na 5%, hari ababyerekanira no mu mbuga bahuririramo za WhatsApp barema bagamije kuhunguranira ibitekerezo biyumvamo ubwabo mu buryo ntawundi uba wemerewe kubana nabo.

Dr. Bizimana yagize ati:“Group WhatsApp nyinshi muzasanga zubakiye ku bibazo by’ivangura. Ndasaba ko zivanwaho kandi ba nyirazo bagakurikiranwa.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Bizimana Jean Damascène

Avuga ko ibyabaye mu Bakono biri n’ahandi mu Banyarwanda ndetse ngo hari n’aho usanga abantu barashinze amaduka ariko ‘atagurirwamo n’abatari benewabo.’

Mu Banyarwanda hari abiyumva nka ab’i Gitarama, abandi bakiyumva ahandi kandi ngo ibyo ni bibi cyane.

Yavuze ko hari n’abakora ubukwe ‘bagatumira bene wabo gusa’ bagasiga abaturanyi bitwaje ko badasangiye icyo bita ubwoko.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu yongeye kwihanangiriza bamwe mu baturage bivanga mu rukundo rw’abana babo bakanga ko bashyingiranwa bashingiye kubyo bita amoko.

Mu gusubiza kuri iki kintu, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, Nshimiyimana Octave  yabwiye Minisitiri Dr. Bizimana n’abandi bari aho ko  bagiye kugenzura imbuga nyinshi  kugira ngo barebe ko zakozwe hadashingiye ku nyungu rusange z’abaturage.

Ati : “WhatsApp Group ziriho tugiye kuzigenzura turebe ko zidashingiye ku ivangura.”

Ifoto y’iduka@Kigali Today

TAGGED:AbacuruziAbakonoAmokofeaturedMuhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ababyeyi Bahangayikishijwe N’Uko Abana Bazasubira Ku Ishuri
Next Article Minisitiri Rwanyindo Yahawe Inshingano Ku Rwego Mpuzamahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?