Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ibiza Byishe Abantu 35 Hafi Mu Mezi Abiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeIbiza KamereMu Rwanda

Rwanda: Ibiza Byishe Abantu 35 Hafi Mu Mezi Abiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 October 2025 8:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ibiza bikunze kwibasira ahantu hahanamye. Ifoto: UMUSEKE.RW
SHARE

Guhera mu ntangiriro za Nzeri kugeza kuri uyu wa Kane tariki 23, Nzeri, 2025 hirya no hino mu Rwanda habaruwe abantu 35 bishwe n’ibiza ahanini byatewe n’imvura.

Hari kandi abantu 39 byakomerekeje.

Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi, MINEMA, isanga kugira ngo ingaruka z’ibiza zizagabanuke cyane, ari ngombwa gushyiraho ingamba zibikumira, haramuka hari n’ibibaye ntibigire ubukana buhambaye.

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe ubuyobozi bw’iyi Minisiteri n’abo ifatanya nabo niho ibyo byavugiwe.

Kayira Justin uyobora Ishami rishinzwe kugabanya ingaruka z’ibiza n’ubutabazi mu Muryango World Vision avuga ko abaturage bakwiye kubakirwa ubushobozi bwo kumenya uko ibiza bitera n’uko byakwirindwa.

Ati: “Urebye ku rwego rw’igihugu, ubona ko inzego zubakitse n’uburyo bw’imikorere[systems] burubakitse ariko iyo ugiye hasi ku muturage usanga hagikenewe gushyirwamo imbaraga. Hari aho usanga umuntu yakenera ubufasha ariko nawe yabanje kwifasha.”

Asanga kubakira abaturage ubushobozi byazajya bwunganira ubutabazi bubakorerwa, abatabaye ntibasange ibintu byazambye.

Abubakiwe ubushobozi kandi bazaba bafite uburyo bwo gutabara abaturanyi babo, bigakorwa na mbere y’uko Leta cyangwa abandi ifatanya nabo babagezaho ubutabazi bwisumbuye.

Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi Major General ( Rtd) Albert Murasira asanga kubaka ubudahangarwa mu mikoro ari ngombwa.

Kuri we, ntibikwiye ko abantu bashyira imbaraga mu butabazi ibibazo byarangije kuvuka.

Mu gusobanura icyo Minisiteri ayoboye yaganiriye n’abafatanyabikorwa bayo muri iriya Nama nyunguranabitekerezo, Murasira yavuze ko basuzumye ingamba zihari zo gushaka ayo mikoro.

Ati: “Twarebye uko haboneka amikoro[ financing strategy], iyi strategy ikazashyira imbaraga mu gukumira, bikigisha abantu cyanecyane abikorera ku giti cyabo, ibigo bya Leta, amashyiramwe…ibyo rero nibyo gushaka kugira ngo turebe ko twabona amikoro kandi akaza mbere y’uko duhura n’ibibazo.”

Guhera tariki 01, Nzeri kugeza ubu, abantu 35 bishwe n’ibiza naho abantu 39 barakomereka, iyi ikaba imibare RBA ivuga ko ikesha Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi, MINEMA.

Ibyo biza byangije n’ubuso bwa Hegitari 228 buhinzeho imyaka.

Imvura yaguye kuwa Gatatu tariki 22, Ukwakira, 2025 yishe abantu bane batuye i Gisozi nk’uko Léa Twagira Sarah akaba Mutwarasibo mu Mudugudu wa Nyakaliba, Akagari ka Musezero muri Gisozi yabitangarije Rwanda Broadcasting Agency.

Hagati aho, kuri uyu wa Kane tariki 23, kuri telefoni z’abaturage hagaragaye ubutumwa bwa Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi buburira abantu ko bugarijwe n’imyuzure.

Buragira buti: “ Hagati ya 23 na 31, Ukwakira, 2025 hateganyijwe imvura ishobora guteza imyuzure n’inkangu. Irinde urinde n’abandi ukirikize inama zitangwa n’ubuyobozi. Wahamagara 170.”

Imiterere y’ubutaka bw’u Rwanda ituma rwibasirwa kenshi n’ibiza.

Mu mwaka wa 2023 muri Gicurasi, byishe abantu barenga 200 mu Turere tw’Intara y’Uburengerazuba n’utw’Intara y’Amajyaruguru.

Abo bantu ahanini  bazize inkangu n’imyuzure yaguye mu ijoro benshi basinziriye.

Inzu nyinshi zarasenyutse, imyaka iratwarwa n’amatungo arahagwa.

TAGGED:featuredGisoziIbizaImyuzureMinisiteriMurasiraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 
Next Article Umuhati Polisi Ishyira Mu Kurwanya Ibiyobyabwenge Ugera Kuki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?