Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Kuri Twitter Baramagana Ibyatangajwe N’Ikinyamakuru Cyo Mu Bwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Kuri Twitter Baramagana Ibyatangajwe N’Ikinyamakuru Cyo Mu Bwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2022 11:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu barokotse  Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bamaganye ibiherutse kwandikwa n’ikinyamakuru The Mirror cyo mu Bwongereza ko Leta y’u Rwanda izimura abana ‘barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba mu nzu yitwa One Dollar Complex iri i Kagugu kugira ngo ikoreshwe n’abimukira bazava mu Bwongereza.

The Mirror yanditse ko kwimura bariya bana bakavanwa muri iriya nzu (The Mirror yayise Hope House) bigamije gutegura aho abimukira bazava mu Bwongereza bazatuzwa kandi ngo u Rwanda ruherutse kubyemeranyaho n’Umumyamabanga wa Leta mu Bwongereza ushinzwe ibikorerwa imbere mu gihugu Madamu Priti Patel.

Patel aherutse mu Rwanda akaba yarashyize umukono ku masezerano agena uko igihugu cye kizakorana n’u Rwanda muri iyi gahunda.

Iki kinyamakuru kivuga ko hari abana 22 babaga muri iriya nzu bari kuhimurwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Aho kwandika ko bariya bana ari abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, hari aho The Mirror yanditse ko ari ‘impfubyi z’intambara’ yabaye mu Rwanda.

Kuri The Mirror, ngo bariya bana si imfubyi za Jenoside ahubwo ni iz’intambara yabaye mu Rwanda

Abanditsi b’iki kinyamakuru bavuga ko hari ‘umwe mu bagore’ umaze imyaka umunani aba muri iriya nzu wababwiye ko nta handi yabona yerekeza kuko nta handi yigeze aba ngo ahakurire bityo abe yaherekeza mu gihe yaba yirukanywe hariya.

Abarokotse Jenoside babyamaganye…

Kuri Twitter niho  hahise haba uburyo bamwe bahisemo bwo kuvuga ko ibyo The Mirror yanditse atari ko bimeze.

Egide Gatari yanditse ko ibyo The Mirror yanditse ari ‘imbabazi nk’iza Bihehe.’

- Advertisement -

Yanditse ko uretse no kuba ari ibinyoma ahubwo ngo si imbabazi nyazo bafitiye abana baba muri kiriya kigo.

Ati: “ Ibinyoma! Ni Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ubwo buvugizi ntibukenewe. Impuhwe za bihehe” ni ko nasobanura iyo nyandiko yanyu.”

Fake news, Genocide against Tutsi denial & non-needed Advocacy for real Genocide Survivors! "Impuhwe za bihehe" my description of your article! @DailyMirror https://t.co/Ssrg6vKk0i

— Egide GATARI (@GatariEgide) April 18, 2022

Ishimwe Aimé Olivier nawe yavuze ko ibyanditswe na kiriya kinyamakuru nta kuri kurimo.

Undi wanditse  kuri iyi ngingo ndetse akamagana umunyamakuru wavuze ko bavuganye ni uwitwa Emmanuel Muneza.

Muneza avuga ko atigeze avugana n’abanyamakuru ba The Mirror ndetse ko ngo kuba baramwise Umuhuzabikorwa wa AERG National si byo kuko atari we.

Ati: “ Uretse na The Mirror nta munyamakuru wo mu Bwongereza ndavugana nawe mu buzima. Ntimukayobye abasomyi banyu.”

Hello @DailyMirror & @mikeysmith, I am not @AERGFamily coordinator, and I did not talk to you or any of UK journalists. Don't mislead your readers. https://t.co/vsOQs628Gm

— Muneza E. (@MunezaEmmanuel) April 17, 2022

 

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi nawe yanditse ko ibyo The Mirror yanditse bitarimo ubunyamwuga.

Very unprofessional indeed

— Gatabazi Jean Marie Vianney (@gatjmv) April 18, 2022

The Mirror yanditse biriya mu gihe Umunyamabanga wa Leta mu Bwongereza ushinzwe ibibazo bibera imbere muri kiriya gihugu Madamu Priti Patel we atangaza ko u Rwanda ari igihugu gifite imiyoborere itaruhesha isura nziza rwonyine, ahubwo ari n’ijwi ry’Afurika muri rusange.

Icyo gihe yagize ati: “…u Bwongereza bwishimiye gukorana bya hafi n’u Rwanda kandi nzi neza ko iki gihugu kiyoboye haba mu karere kirimo ndetse n’ahandi ku isi. Ijwi ry’u Rwanda rivugira n’Afurika yose.”

Abimukira Ba Mbere Baturutse Mu Bwongereza ‘Bari Hafi’ Kugera Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Bwana Borris Johnston nawe yavuze ko yizeye ko abimukira bazaza mu Rwanda bazakirwa neza kandi u Rwanda rukazabikora rukurikiza amategeko mpuzamahanga, ntawe uhutajwe.

Hari amakuru Taarifa ifite avuga ko abaturage ba mbere bazava mu Bwongereza bazagera mu Rwanda mu Byumweru bitandatu biri imbere.

 

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideLetaRwandaThe MirrorTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Hagiye Kubakwa Ibagiro Ribaga INKA 200 Ku Munsi
Next Article Nigeria Irungukira Mu Ikomanyirizwa Ry’Ibicuruzwa Biva Mu Burusiya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?