Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Kuri Twitter Baramagana Ibyatangajwe N’Ikinyamakuru Cyo Mu Bwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Kuri Twitter Baramagana Ibyatangajwe N’Ikinyamakuru Cyo Mu Bwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2022 11:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu barokotse  Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bamaganye ibiherutse kwandikwa n’ikinyamakuru The Mirror cyo mu Bwongereza ko Leta y’u Rwanda izimura abana ‘barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba mu nzu yitwa One Dollar Complex iri i Kagugu kugira ngo ikoreshwe n’abimukira bazava mu Bwongereza.

The Mirror yanditse ko kwimura bariya bana bakavanwa muri iriya nzu (The Mirror yayise Hope House) bigamije gutegura aho abimukira bazava mu Bwongereza bazatuzwa kandi ngo u Rwanda ruherutse kubyemeranyaho n’Umumyamabanga wa Leta mu Bwongereza ushinzwe ibikorerwa imbere mu gihugu Madamu Priti Patel.

Patel aherutse mu Rwanda akaba yarashyize umukono ku masezerano agena uko igihugu cye kizakorana n’u Rwanda muri iyi gahunda.

Iki kinyamakuru kivuga ko hari abana 22 babaga muri iriya nzu bari kuhimurwa.

Aho kwandika ko bariya bana ari abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, hari aho The Mirror yanditse ko ari ‘impfubyi z’intambara’ yabaye mu Rwanda.

Kuri The Mirror, ngo bariya bana si imfubyi za Jenoside ahubwo ni iz’intambara yabaye mu Rwanda

Abanditsi b’iki kinyamakuru bavuga ko hari ‘umwe mu bagore’ umaze imyaka umunani aba muri iriya nzu wababwiye ko nta handi yabona yerekeza kuko nta handi yigeze aba ngo ahakurire bityo abe yaherekeza mu gihe yaba yirukanywe hariya.

Abarokotse Jenoside babyamaganye…

Kuri Twitter niho  hahise haba uburyo bamwe bahisemo bwo kuvuga ko ibyo The Mirror yanditse atari ko bimeze.

Egide Gatari yanditse ko ibyo The Mirror yanditse ari ‘imbabazi nk’iza Bihehe.’

Yanditse ko uretse no kuba ari ibinyoma ahubwo ngo si imbabazi nyazo bafitiye abana baba muri kiriya kigo.

Ati: “ Ibinyoma! Ni Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ubwo buvugizi ntibukenewe. Impuhwe za bihehe” ni ko nasobanura iyo nyandiko yanyu.”

Fake news, Genocide against Tutsi denial & non-needed Advocacy for real Genocide Survivors! "Impuhwe za bihehe" my description of your article! @DailyMirror https://t.co/Ssrg6vKk0i

— Egide GATARI (@GatariEgide) April 18, 2022

Ishimwe Aimé Olivier nawe yavuze ko ibyanditswe na kiriya kinyamakuru nta kuri kurimo.

Undi wanditse  kuri iyi ngingo ndetse akamagana umunyamakuru wavuze ko bavuganye ni uwitwa Emmanuel Muneza.

Muneza avuga ko atigeze avugana n’abanyamakuru ba The Mirror ndetse ko ngo kuba baramwise Umuhuzabikorwa wa AERG National si byo kuko atari we.

Ati: “ Uretse na The Mirror nta munyamakuru wo mu Bwongereza ndavugana nawe mu buzima. Ntimukayobye abasomyi banyu.”

Hello @DailyMirror & @mikeysmith, I am not @AERGFamily coordinator, and I did not talk to you or any of UK journalists. Don't mislead your readers. https://t.co/vsOQs628Gm

— Muneza E. (@MunezaEmmanuel) April 17, 2022

 

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi nawe yanditse ko ibyo The Mirror yanditse bitarimo ubunyamwuga.

Very unprofessional indeed

— Gatabazi Jean Marie Vianney (@gatjmv) April 18, 2022

The Mirror yanditse biriya mu gihe Umunyamabanga wa Leta mu Bwongereza ushinzwe ibibazo bibera imbere muri kiriya gihugu Madamu Priti Patel we atangaza ko u Rwanda ari igihugu gifite imiyoborere itaruhesha isura nziza rwonyine, ahubwo ari n’ijwi ry’Afurika muri rusange.

Icyo gihe yagize ati: “…u Bwongereza bwishimiye gukorana bya hafi n’u Rwanda kandi nzi neza ko iki gihugu kiyoboye haba mu karere kirimo ndetse n’ahandi ku isi. Ijwi ry’u Rwanda rivugira n’Afurika yose.”

Abimukira Ba Mbere Baturutse Mu Bwongereza ‘Bari Hafi’ Kugera Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Bwana Borris Johnston nawe yavuze ko yizeye ko abimukira bazaza mu Rwanda bazakirwa neza kandi u Rwanda rukazabikora rukurikiza amategeko mpuzamahanga, ntawe uhutajwe.

Hari amakuru Taarifa ifite avuga ko abaturage ba mbere bazava mu Bwongereza bazagera mu Rwanda mu Byumweru bitandatu biri imbere.

 

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideLetaRwandaThe MirrorTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Hagiye Kubakwa Ibagiro Ribaga INKA 200 Ku Munsi
Next Article Nigeria Irungukira Mu Ikomanyirizwa Ry’Ibicuruzwa Biva Mu Burusiya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?