Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda Muri Kimwe Cya Kabiri Mu Irushanwa Rya Handball Ribera Muri Tanzania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Rwanda Muri Kimwe Cya Kabiri Mu Irushanwa Rya Handball Ribera Muri Tanzania

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2021 3:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakinnyi b’ikipe ya Polisi y’u Rwanda yagiye guhagararira u Rwanda mu mikino ya Handball muri Tanzania bari mu byishimo batewe n’uko batsinze ikipe yo muri kirwa cya Zanzibar yitwa Nyuki HC ibitego 28 kuri 22.

Amakuru ducyesha abagiye baherekeje iriya kipe avuga ko mu ntangiriro y’umukino, abakinnyi ba Nyuki HC barushaga aba Polisi y’u Rwanda imbaraga ndetse n’amanota menshi.

Uko iminota yahitaga ariko, abasirikare b’Ikipe ya Polisi y’u Rwanda ya Handball baje kwisubiraho batsinda iriya kipe ya Zanzibar ndetse igice cya mbere kirangira bafite amanota 15 ku manota 11ya Nyuki FC.

Nyuma y’iminota 30 y’igice cya mbere, amakipe yagiye mu kiruhuko.

Igice cya kabiri cyatangiye gishyushye kubera ko abakinnyi b’ikipe ya Polisi HC bari barangije guhabwa inama n’umutoza wabo.

Mu buryo bugaragarira buri wese, abakinnyi ba Polisi y’u Rwanda binjiranye imbaraga batsinda mu buryo bugaragara abakinnyi ba Nyuki HC

U Rwanda rwarushaka abo muri iriya kipe yo muri Tanzania byibura amota arindwi.

Iminota 60 y’umukino wose  yarangiye  Police HC  ifite ibitego 28 kuri 22 bya Nyuki HC.

Nyuma y’umukino umutoza wa Police Handball Club, Inspector of Police (IP) Antoine Ntabanganyimana  yavuze ko mu ntangiriro abakinnyi be babanje kwiga imikinire y’abo bari bahanganye mu kibuga.

Ati: “Iyi kipe yagize umwanya uhagije wo kutwiga imikinire yacu kuko ubwo duheruka gutsinda Black Mamba bari bicaye hano ku kibuga batureba. Twabanje gushaka kugarira cyane bituma mbanza mu kibuga Murwanashyaka Emmanuel kugira ngo afashe  abandi kugarira. Ariko aho nazaniye mu kibuga  kapiteni w’ikipe, CPL Duteteriwacu Norbert wabonye ko byatumye tubona ibitego kandi tukanugarira.”

IP Ntabanganyimana yavuze ko igice cya mbere cyamuhaye umwanya wo kwiga imikinire ya Nyuki HC bituma akora impinduka mu kibuga.

Uwimana Jackson, Umunyezamu wa Police HC yabereye ibamba  abakinnyi ba Nyuki HC kuko yakuyemo ibitego  byari byabaga byabazwe.

Umutoza wungirije wa Nyuki HC, Abdalah Conta yavuze ko Police HC ari ikipe nziza abakinnyi bayo bafite uburyo butandukanye bwatumye bamutsinda.

Ngo ikipe ya Handball ya Polisi y’u Rwanda igizwe n’abakinnyi bakina bihuta.

Yagize ati “Ukuntu baba bahagaze mu kibuga(Formation), uko bahana hana umupira byose bituma babasha gutsinda.”

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Ukuboza  hakinwa imikino wa kimwe cya kabiri cy’irangiza(Demi Final),  Police HC ikazakina na Ngome HC nayo yo muri Zanzibar.

TAGGED:AbakinnyifeaturedIkipePolisiTanzaniaZanzibar
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu Miliyari 1.6 Nibo Bagizweho Ingaruka N’Ifungwa Ry’Amashuri Kubera COVID-19
Next Article Bakomeje Gushimuta Inyamaswa Zo Muri Pariki Y’Akagera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?