Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Serivisi Zihariye Igice Kinini Cy’Umusaruro Mbumbe W’Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Serivisi Zihariye Igice Kinini Cy’Umusaruro Mbumbe W’Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2022 11:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare cyatangaje ko umusaruro mbumbe w’ubukungu bw’u Rwanda wazamutse mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2022 ugera kuri Miliyari Frw 3,025 uvuye kuri miliyari 2,588 nk’uko byari bimeze mu gihembwe nk’iki mu mwaka wa 2021.

Igice cy’ubukungu cya serivisi nicyo cyatanze igice kinini cy’uyu musaruro kuko serivisi zihariye 47%, ubuhinzi bugakurikiraho bufite 23% nyuma hakaza inganda zitanga 22%.

Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare witwa Ivan Murenzi avuga ko n’ubwo ubukungu bw’u Rwanda bwahuye n’ibibazo byatewe na COVID-19, ariko ngo ingamba zafashwe na Leta mu guhangana nacyo byatumye umusaruro mbumbe w’u Rwanda wiyongera ku kigero cya 7.9% mu gihembwe cya mbere cy’ubukungu mu mwaka wa 2022.

Ivan Murenzi

Kiriya kigo kivuga ko muri iki gihembwe, umusaruro ukomoka ku bihingwa ngandurarugo wagabanutseho 1%, ubwo mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro bwagabanutseho 9%, uw’ibihingwa ngengabukungu ugabanukaho 14% bitewe n’igabanuka rya 41% by’umusaruro w’ikawa mu gihe uw’icyayi wo waganutseho 3%.

Mu nganda umusaruro w’ibikora by’ubwubatsi byiyongereho 6%, umusaruro w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri ugabanukaho 16%.

Umusaruro w’inganda zitunganya ibintu bitandukanye wo wazamutsho 11% bitewe ahanini n’umusaruro w’inganda zitunganya ibikomoka ku biribwa wazamutseho 6%, ibituruka ku binyobwa wazamutseho 12%, umusaruro w’inganda zikora ibikoresho by’ubwubatsi(higanjemo sima) wazamutseho 36%.

Umusaruro w’inganda zitunganya imyenda wazamutseho 22% n’aho uw’inganda zitunganya ibikomoka ku biti uzamukaho 20%.

Ku byerekeye serivisi, Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare kivuga ko umusaruro wa serivisi zo gutwara abantu n’iz’ubwikorezi bw’ibintu wazamutsho 19%.

Hoteli na resitora zatanze umusaruro wiyongereyeho 80% mu gihe wari waragabanutse ugera ku gipimo cya 34% mu mwaka wa 2021.

Uburezi bwatanze umusaruro wiyongereyo 2%.

Ibigo bitanga serivisi z’imari n’ubwishingizi byatanze umusaruro wazamutseho 13% n’aho iby’ikoranabuhanga n’itumanaho wiyongeraho 17% mu  gihe umusaruro waturutse kuri serivisi z’ubuzima wiyongereyo 22%.

Ubuhinzi buracyahura n’ingorane

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko urwego rw’ubuhinzi rukomeje guhura n’ibibazo biterwa n’imihindagurikire y’ibihe ariko ngo Leta y’u Rwanda ifite gahunda kuhira mu mpeshyi kugira ngo imvura y’ikirere itazakomeza kuba isoko yo kweza cyangwa yo kurumbya.

Rwanda: Umusaruro W’Ubuhinzi N’Ubworozi Warazamutse Guhera Mu Mwaka Wa 2017

TAGGED:featuredImariIngandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Leta Ziyunze Z’Abarabu
Next Article Bafashe Litiro 90,000 Bya Lisansi Yari Igiye Kugurishwa Magendu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?