Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Serivisi Zihariye Igice Kinini Cy’Umusaruro Mbumbe W’Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Serivisi Zihariye Igice Kinini Cy’Umusaruro Mbumbe W’Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2022 11:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare cyatangaje ko umusaruro mbumbe w’ubukungu bw’u Rwanda wazamutse mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2022 ugera kuri Miliyari Frw 3,025 uvuye kuri miliyari 2,588 nk’uko byari bimeze mu gihembwe nk’iki mu mwaka wa 2021.

Igice cy’ubukungu cya serivisi nicyo cyatanze igice kinini cy’uyu musaruro kuko serivisi zihariye 47%, ubuhinzi bugakurikiraho bufite 23% nyuma hakaza inganda zitanga 22%.

Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare witwa Ivan Murenzi avuga ko n’ubwo ubukungu bw’u Rwanda bwahuye n’ibibazo byatewe na COVID-19, ariko ngo ingamba zafashwe na Leta mu guhangana nacyo byatumye umusaruro mbumbe w’u Rwanda wiyongera ku kigero cya 7.9% mu gihembwe cya mbere cy’ubukungu mu mwaka wa 2022.

Ivan Murenzi

Kiriya kigo kivuga ko muri iki gihembwe, umusaruro ukomoka ku bihingwa ngandurarugo wagabanutseho 1%, ubwo mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro bwagabanutseho 9%, uw’ibihingwa ngengabukungu ugabanukaho 14% bitewe n’igabanuka rya 41% by’umusaruro w’ikawa mu gihe uw’icyayi wo waganutseho 3%.

Mu nganda umusaruro w’ibikora by’ubwubatsi byiyongereho 6%, umusaruro w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri ugabanukaho 16%.

Umusaruro w’inganda zitunganya ibintu bitandukanye wo wazamutsho 11% bitewe ahanini n’umusaruro w’inganda zitunganya ibikomoka ku biribwa wazamutseho 6%, ibituruka ku binyobwa wazamutseho 12%, umusaruro w’inganda zikora ibikoresho by’ubwubatsi(higanjemo sima) wazamutseho 36%.

Umusaruro w’inganda zitunganya imyenda wazamutseho 22% n’aho uw’inganda zitunganya ibikomoka ku biti uzamukaho 20%.

Ku byerekeye serivisi, Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare kivuga ko umusaruro wa serivisi zo gutwara abantu n’iz’ubwikorezi bw’ibintu wazamutsho 19%.

Hoteli na resitora zatanze umusaruro wiyongereyeho 80% mu gihe wari waragabanutse ugera ku gipimo cya 34% mu mwaka wa 2021.

Uburezi bwatanze umusaruro wiyongereyo 2%.

Ibigo bitanga serivisi z’imari n’ubwishingizi byatanze umusaruro wazamutseho 13% n’aho iby’ikoranabuhanga n’itumanaho wiyongeraho 17% mu  gihe umusaruro waturutse kuri serivisi z’ubuzima wiyongereyo 22%.

Ubuhinzi buracyahura n’ingorane

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko urwego rw’ubuhinzi rukomeje guhura n’ibibazo biterwa n’imihindagurikire y’ibihe ariko ngo Leta y’u Rwanda ifite gahunda kuhira mu mpeshyi kugira ngo imvura y’ikirere itazakomeza kuba isoko yo kweza cyangwa yo kurumbya.

Rwanda: Umusaruro W’Ubuhinzi N’Ubworozi Warazamutse Guhera Mu Mwaka Wa 2017

TAGGED:featuredImariIngandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Leta Ziyunze Z’Abarabu
Next Article Bafashe Litiro 90,000 Bya Lisansi Yari Igiye Kugurishwa Magendu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?