Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ubumenyi Bw’Abaminuje Buracumbagira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ubumenyi Bw’Abaminuje Buracumbagira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2024 1:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abakozi baravugwaho kudatanga umusaruro kandi bitwa ko barangije Kaminuza
SHARE

Imibare y’abashakashatsi b’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere yatangajwe hafi mu myaka ine ishize, yerekana ko abakoresha bavuga ko kubona umukozi ushoboye kandi warangije Kaminuza ari ikibazo kibakomereye.

Ndetse abangan ana 40% by’abakoresha batangaje ko kubona abakandida bujuje ibikenewe mu kazi bakenewemo ari ingorabahizi.

Ingaruka z’ibi ni uko abo bakozi badatinda kwirukanwa, bagataka akazi kari buzagirire igihugu akamaro.

Ibyo biza bikurikiye umwanya n’amafaranga biba byarakoreshejwe kugira ngo barangize byibura imyaka ine bamaze biga icyiciro cya kabiri cya Kaminuza( Bachalor’s), iki kibaka igice kigwa na benshi kuko ibindi byiciro bibiri byo bigwa n’umugabo bigasiba undi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gusobanura impamvu zabyo, bamwe bavuga ko biterwa n’uko bahabwa kwiga amasomo batahisemo, bakayiga bahatiriza.

Iby’uko iki ari ikibazo na Minisiteri y’abakozi n’umurimo irabyemera ariko ikongeraho ko ‘atari umwihariko w’u Rwanda’.

Ushinzwe iyo Minisiteri  witwa Ambasaderi Christine Nkulikiyinka mu gihe kiri imbere kizabonerwa umuti.

Ati: “Turimo gutegura gahunda yo kuzajya tureba mu gihe kirekire imirimo igiye kuza ku isoko icyo isaba  kugira ngo hakiri kare abo bantu bategurwe. Noneho igihe iyo mirimo izazira, hakarebwa niba hagiye gufungurwa uruganda rw’impu mu myaka ibiri, tukigishwa abantu bazakenerwa muri icyo gihe urwo ruganda, rukazasanga abantu bahari”.

Minisitiri Nkurikiyinka avuga ko ahanini ibyigishwa mu bitabo biba bitandukanye n’ibyo abantu basanga mu kazi bityo bikaba bikwiye ko bihuzwa.

- Advertisement -

Hari umwe mu bakozi ba Rwanda Revenue Authority akayobora n’Ihuriro ry’abanyamwuga mu kwita ku bakozi ryitwa People Matters Kigali-Rwanda, avuga ko uko iterambere rirushaho kwihuta ari na ko ubushobozi n’ubumenyi bw’abakozi nabwo butakaza agaciro.

Yasaga n’ushaka kuvuga ko iterambere rigomba kugendana no kungerera abakozi ubumenyi mu byo bakora kugira ngo badasigara inyuma.

Ku birebana no kongerera abakozi ubushobozi, ibipimo bigenderwaho ku rwego rw’Isi (Global benchmark), byerekana ko ikigo gikwiye kugena ingengo y’imari ikoreshwa iri hagati ya 2% na 5% byayo yose, ariko bikagendera ku rwego runaka rw’imirimo.

Nko mu ikoranabuhanga ryo mu nganda, ibipimo biteganya ko nibura ikigo kiri muri uru rwego cyagombye gukoresha ingengo y’imari iri hagati ya 4% na 7% naho mu nganda zisanzwe kikaba hagati ya 2% na 4%.

Mu bigo bya Leta n’imiryango itegamiye kuri Leta bigomba kuba byibura hagati ya 1% na 3% naho mu rwego rw’uburezi n’ubuzima bikaba hagati ya 5% na 10%.

Mu Rwanda haherutse guteranira Inama Mpuzamahanga yigaga ku guteza imbere abakozi no guteza imbere  imyumvire y’ababashinzwe.

Yari ifite insanganyamatsiko yo guhuza imikorere y’uru rwego n’Icyerekezo 2063 cya Afurika.

Abitabiriye iyi nama ibaye ku nshuro ya mbere, bagaragaza ko uru rwego rukirimo ibibazo nk’aho hari ababona imirimo mu bihugu batavukamo, ariko ugasanga batoroherezwa kugera muri ibyo bihugu n’ibindi.

Ikibazo ni uko mu gihe cy’umwaka umwe ubumenyi umukozi yari afite butakara kuri 60%.

TAGGED:AbakozifeaturedUbushakashatsiUmurimo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanzi Ba Tshisekedi Muri Politiki Bihuje
Next Article Musanze: Hubatswe Ikiraro Ku Mugezi Wakundaga Guhitana Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?