Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RwandAir Yahagaritse Ingendo Zijya n’Iziva i Dubai
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RwandAir Yahagaritse Ingendo Zijya n’Iziva i Dubai

Last updated: 28 December 2021 9:04 am
Share
SHARE

Ikigo cy’Indege cy’u Rwanda, RwandAir, cyatangaje ko cyahagaritse by’igihe gito ingendo zijya cyangwa ziva mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, guhera kuri uyu wa 27 Ukuboza 2021.

Itangazo cyasohoye rigaragaza ko abakiliya “bagizweho ingaruka bashobora guhindurirwa inzira, gusubizwa amafaranga batanze cyangwa bakemererwa kwigiza amatike ku yindi tariki nta kindi kiguzi basabwe.”

Ntabwo impamvu z’iki cyemezo zatangajwe.

Gusa gifashwe mu gihe ibihugu birimo gufata ingamba zikomeye zigamije guhagarika ikwirakwira rya virus nshya itera COVID-19 yihinduranyije yahawe izina rya Omicron, yandura cyane kurusha izayibanjirije.

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu iheruka gutangaza ko abantu bavuye mu bihugu bya Botswana, Eswatini, Lesotho, Mozambique, Namibia, Afrika y’Epfo na Zimbabwe cyangwa bahanyuze mu minsi 14 ishize, batemerewe kwinjira i Dubai.

Ni urutonde ku wa 26 Ukuboza rwongeweho abagenzi baturutse cyangwa banyuze mu bihugu bya Ethiopia, Kenya, Nigeria na Tanzania, ko nabo batemerewe kwinjira i Dubai.

Ni ibihugu nyamara birimo abagenzi byinshi bashobora kwifashisha indege za RwandAir.

Urugendo Kigali – Dubai ni rumwe mu zitabirwaga cyane mu minsi ishize, kubera Dubai Expo.

Ibigo by’indege byinshi kandi bimaze iminsi bisubika ingendo kubera ibibazo by’abakozi bake, bitewe nuko benshi barimo kwandura COVID-19.

Nko kuva ku wa Gatanu kugeza mu mpera z’icyumweru gishize hari hasubitswe ingendo 7,500 nk’uko bigaragazwa n’urubuga FlightAware rukurikirana ibijyanye n’ingendo z’indege.

Uretse abakozi bandura, n’utagaragaza ubwandu ariko wahuye n’uwanduye na we asabwa kwishyira mu kato.

TAGGED:DubaifeaturedIndegeKigaliRwandAirUAE
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyidagaduro Mu Rwanda Yaranzwe N’Iki Mu Mwaka Wa 2021?
Next Article Miss Rwanda 2022 Azahembwa Imodoka Izaba Igeze Mu Gihugu Bwa Mbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?