Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RwandAir Yahagaritse Ingendo Zijya Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

RwandAir Yahagaritse Ingendo Zijya Muri Uganda

admin
Last updated: 11 June 2021 9:18 am
admin
Share
?????????????????????????
SHARE

Ikigo cy’indege cy’u Rwanda, RwandAir, cyahagaritse ingendo zigana ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe muri Uganda, kubera izamuka rikabije ry’ubwandu bwa COVID-19 muri icyo gihugu.

Iki kigo cyatangaje ko izi ngendo zahagaritswe guhera kuri uyu wa 10 Kamena 2021 kugeza hafashwe ikindi cyemezo.

Gikomeza kiti “RwandAir yiseguye ku bw’ingaruka bishobora gutera. Abagenzi byagizeho ingaruka bashobora guhinduza amatariki y’ingendo akigizwa inyuma, ubwo ingendo zizaba zasubukuwe,  kandi nta kiguzi cy’inyongera – cyangwa bagasaba gusubizwa amafaranga yabo.”

Ingendo zijya muri Uganda zakorwaga ku wa Mbere, ku wa Gatatu, ku wa Kane, ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Izi ngendo zihagaritswe nyuma y’izijya Mumbai mu Buhinde, zahagaritswe ku wa 1 Gicurasi 2021 kubera ubwandu bwa COVID-19 muri kiriya gihugu.

Imibare ya COVID-19 muri Uganda iri hejuru cyane, ku buryo nko kuri uyu wa Kane mu bipimo 8478 byafashwe ku wa 8 Kamena 2021, habonetsemo abanduye 1438. Ni imibare ikabije kuko bivuze ko mu bantu 100 bapimwe, harimo 17 banduye.

Iri zamuka rimaze iminsi ryatumye Perezida Yoweri Museveni atangaza ifungwa ry’amashuri yose na za kaminuza mu gihe cy’iminsi 42, guhera ku wa 7 Kamena.

Mu mabwiriza yatangaje ku Cyumweru kandi harimo ko n’ingendo rusange zaba iza bisi na moto bihuza uturere zigomba gufungwa iminsi 42 guhera ku wa 10 Kamena, kugira ngo abana bari ku mashuri babanze bagere iwabo.

Museveni yavuze ko imiterere y’ubwandu mu gihugu yahindutse, ku buryo nko muri Kampala ku munsi hari kuboneka abanduye basaga 500.

- Advertisement -

Yavuze ko iyi mibare yazamutse cyane kubera ko abantu badohotse ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 n’icyiciro gishya cy’ubwandu cyari kirimo kugaragara mu mashuri guhera muri Werurwe 2021.

Ubwandu kandi bwazamuwe na coronavirus yihinduranyije, imaze gusangwa mu bantu batandukanye binjiye mu gihugu.

Ibindi bikorwa byafunzwe birimo amasengesho rusange mu misigiti n’insengero haba mu nyubako cyangwa hanze, nabyo byahagaritswe iminsi 42, abantu bashishikarizwa gusenga bakoresheje ikoranabuhanga.

Inama zose zaba n’iza leta zahagaritswe, uretse inama y’abaminisitiri, inteko ishinga amategeko n’ubucamanza

Gusa nk’imihango y’ubukwe yo izakomeza, ikitabirwa n’abantu batarenga 20. Ni nawo mubare uteganywa ku bitabira ikiliyo no gushyingura, kandi bose bagomba kuba bambaye udupfukamunwa ndetse bagahana intera.

Amasoko manini arema buri cyumweru atari ay’ibiribwa nayo yafunzwe iminsi 42. Ibikorwa bisanzwe by’ubucuruzi bigomba gufungwa saa moya z’ijoro.

Kugeza ubu Uganda imaze gusangana COVID-19 abantu 56,949, imaze kwica 402.

Uvanyemo abakize, harabarurwa abantu 9189 bagifite Coronavirus, barimo 784 barwariye mu bitaro bitandukanye.

Ni mu gihe Uganda ifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 3793 ba COVID-19 mu bitaro bitandukanye, bugizwe n’ibitanda 3100 bisanzwe, 475 byakira abarembye buhoro (High Dependency Unit) na 218 byakira abageze ku rwego rwo kongererwa umwuka.

Museveni aheruka kuvuga ati “Dufite impungenge ko bishobora kurenga ubushobozi bw’ibitanda dufite n’umwuka abarwayi bakenera mu bitaro, igihe twaba tudashyizeho byihutirwa amabwiriza agomba gukurikizwa mu rwego rw’ubuzima.”

Leta iteganya kongera ibitanda byakira abarwayi ba COVID-19 bikagera ku 4500. Harimo no kongera gukoresha stade Namboole mu kwakira abarwayi batarembye.

Abamaze gukingirwa COVID-19 muri Uganda ni abantu 757,664.

Leta yiyemeje gukingira abantu miliyoni 21.9, ihereye ku bantu miliyoni 4.8 bafite ibyago byinshi byo kwandura no kuzahazwa n’indwara, nk’abakora mu nzego z’ubuzima n’abafite ubundi burwayi bukomeye.

TAGGED:COVID-19featuredRwandAirUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese Ikipe Y’U Rwanda Ya Cricket ‘Izatwara Igikombe’ Cy’Irushanwa Ryo Kwibuka T20 ?
Next Article Perezida Biden Yakuyeho Icyemezo Cya Trump Kuri TikTok Na WeChat
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?