Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RwandAir Yatangije Ingendo Zijya i Lubumbashi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubucuruzi Mpuzamahanga

RwandAir Yatangije Ingendo Zijya i Lubumbashi

Last updated: 29 September 2021 12:27 pm
Share
SHARE

Ikigo cy’Indege cy’u Rwanda, RwandAir, cyatangije ingendo zigana i Lubumbashi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, urugendo rwa kabiri itangije muri kiriya gihugu nyuma y’urujya i Kinshasa guhera muri Mata 2019.

Ni nyuma y’umunsi umwe gusa RwandAir itowe nka “Best Airline Staff in Africa” kubera serivisi nziza itanga, inaza ku mwanya wa kabiri mu bigo by’indege byo mu karere ku rutonde rwakozwe n’ikigo gikurikirana iby’indege cya Skytrax, binyuze mu bihembo bizwi nka World Airline Awards.

Ni mu gihe ku wa 15 Ukwakira RwandAir izatangiza urugendo rwa gatatu rugana muri RDC, mu mujyi wa Goma.

Umuyobozi mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, aheruka kuvuga ko uru rugendo ruzajya rukorwa inshuro ebyiri mu cyumweru ruzongera amahitamo ku bashaka gukora ingendo hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, cyangwa bagakomereza no mu bindi byerekezo.

Ati “RwandAir ihora ishaka amasoko mashya mu kwagura ingendo z’indege no kwagura ibyerekezo ku bagenzi, bitari muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara gusa ahubwo no mu byerekezo bikeneye ingendo ndende.”

Biteganywa ko ingendo zijya i Lubumbashi zizajya zihaguruka i Kigali buri wa Mbere no ku wa Gatatu saa 10:10 za mu gitondo, zikagerayo saa 12:10. Indege izajya igaruka 5:00 z’umugoroba, igere mu Rwanda saa 7:00 z’ijoro.

Lubumbashi ni umuyi ukomeye muri RDC, cyane cyane mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Kugeza ubu RwandAir yifashishije indege 12, ikora ingendo mu bihugu 21 byo muri Afurika, u Burayi, Uburasirazuba bwo hagati na Aziya.

Mu bihembo byatanzwe Skytrax kandi RwandAir yaje ku mwanya wa kabiri ku isi mu bigo by’indege byateye intambwe ikomeye mu 2021, inyuma ya Saudi Arabian Airlines. Ku mwanya wa gatatu haje JetSmart.

Abagenzi benshi bajyanye na RwandAir mu rugendo rwa mbere i Lubumbashi
TAGGED:featuredLubumbashiRDCRwandAir
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufatanye Mu Bukungu Bw’URwanda Na Zimbabwe Bwongerewemo Imbaraga
Next Article RTDA Mu Kibazo N’Umushoramari Ku Muhanda Muhanga-Karongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?