Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Salima Mukansanga Yafashwe n’Ikiniga Nyuma Yo Gukora Amateka Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Salima Mukansanga Yafashwe n’Ikiniga Nyuma Yo Gukora Amateka Muri Afurika

admin
Last updated: 19 January 2022 10:54 am
admin
Share
SHARE

Umusifuzi w’Umunyarwandakazi Salima Rhadia Mukansanga, kuri uyu wa Kabiri yakoze amateka aba umugore wa mbere usifuye umukino mu gikombe cya Afurika cy’abagabo, ubwo yayoboraga uwahuje Zimbabwe na Guinea.

Ni umukino wabereye kuri Ahmadou Ahidjo Stadium mu mujyi wa Yaoundé muri Cameroon, urangira Zimbabwe itsinze ibitego 2-1.

Mukansanga w’imyaka 35 yari yunganiwe n’abandi basifuzi batatu b’abagabo.

Ni umukino yitwayemo neza, urangira awutanzemo amakarita atndatu y’umuhondo. Harimo iyo yahaye Naby Keita ukinira Liverpool n’ikipe y’igihugu ya Guinea, iba iya kabiri abonye mu irushanwa ku buryo azasiba umukono utaha.

Mu kiganiro yagiranye na B&B FM Umwezi nyuma y’umukino, Mukansanga yabwiye Abanyarwanda batahwemye kumushyigikira ati “Ndumva nta n’icyo navuga kirenze kubashimira, kuko ni iby’agaciro cyane, biranandenze…”

Yahise afatwa n’ikiniga amarira arashoka, ubundi ikiganiro kirangirira aho.

Mukansanga yafashwe n’ikiniga

Mukansanga yaherukaga mu kibuga muri iki gikombe nk’umusifuzi wa kane ku mukino wahuje Guinea na Malawi, ku wa 10 Mutarama 2022.

Mukansanga afasha ba kapiteni kumenya ikibuga amakipe yabo abanzamo mbere y’umukino

TAGGED:AFCON 2022featuredSalima Mukansanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Abaguraga’ Urumogi Beretse Polisi ‘Abarugurisha’
Next Article Meddy Yashenguwe N’Inkuru Y’Urupfu Rwa Akeza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?