Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Salva Kirr Arakomereza Mu Burundi No Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Salva Kirr Arakomereza Mu Burundi No Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2024 4:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Sudani y’Epfo Slva Kirr akaba ari nawe uyoboye Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba ategerejwe i Gitega aho ari bugere avuye i Kigali. Nyuma ya Gitega azakomereza i Kinshasa.

Ni mu ruzinduko rugamije gusubiza mu buryo umubano hagati y’ibihugu by’Akarere k’Ibiyaga bigari, uyu mubano ukaba ugeze aho intambara ishobora kurota niba nta gitangira ibayeho.

Kuri uyu wa Kane taliki 22, Gashyantare, 2024 nibwo Kirr yageze i Kigali yakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr. Vincent Biruta.

Yaje guhura na Perezida wa Repubulika Paul Kagame baganira ku mutekano muke uri mu Karere n’icyakorwa ngo ibintu bisubire mu buryo.

Itangazo ryasohotse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu taliki 23, Gashyantare, 2024 ryavuze Abakuru b’ibihugu byombi bemeranyije ko kugira ngo amahoro agaruke mu buryo burambye ari ngombwa ko ibikubiye mu masezerano yasinyiwe i Luanda n’i Nairobi bikurikizwa.

Iyo urebye uko ibintu byifashe mu mpera z’iki cyumweru, ubona bisa n’aho ibintu bishobora gusubira mu buryo, byibura mu rugero runaka, kubera ko na Perezida wa DRC Felix Tshisekedi yaraye atangarije ku bitangazamakuru bya Leta ko ibyo gutera u Rwanda atakibikomeje.

Yavuze ko gucisha ibintu mu biganiro by’amahoro ari byo bihuje n’ubwenge kurusha intambara.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko mu Cyumweru gitaha Tshisekedi azahura na Perezida wa Angola Joao Lorenco bakaganira kuri iki kibazo.

Iby’ibiganiro by’amahoro byari biherutse kugarukwaho mu itangazamakuru ryabitangaje nyuma y’amakuru yari yarigezeho avuga ko biri gusabwa na Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Bamwe mu bajyanama ba Tshisekedi bamubwiraga ko inzira y’ibiganiro ari yo yaba nziza kurusha iy’intambara ariko we akavuga ko ibyo byakunda ari uko GUSA u Rwanda ruvanye ingabo zarwo muri DRC.

Icyakora u Rwanda rwo rwahakanye kuva kera ko ruhafite ingabo ndetse ko ibibazo bya DRC bireba abayituye n’ababayobora, ko ntaho Kigali ihurira nabyo.

TAGGED:featuredKirrSalvaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FAO Irasaba Abanyarwanda Kwibuka Kurya Indyo Gakondo
Next Article Ngoma: Abaturage 64 Babazwe Ishaza 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?