Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Salva Kirr Yavuganye N’Inzego Zihanganye Muri Sudani Ngo Ziyunge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Salva Kirr Yavuganye N’Inzego Zihanganye Muri Sudani Ngo Ziyunge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 May 2023 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Sudani y’Epfo Salva Kirr avuga ko aherutse kuvugana n’abajenerali bahanganye muri Sudani bamubwira ko biteguye kwicarana bakaganira, ariko ko hagomba kubanza gushaka aho bazaganirira bemeranyijeho.

Ibihugu bigize ikitwa IGAD byasabye Kirr kuba umuhuza mu ntambara iri kubera mu baturanyi be bo muri Sudani.

Kirr yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri yaganiriye na Gen Burhan na Gen Dagalo bamwemerera ko bazohereza abahagarariye kugira ngo baganire uko intambara yahagarara.

Hagati aho, impande zombi ziri kuganira uko hashyirwaho agahenge k’iminsi irindwi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Biteganyijwe ko kazatangira kuri uyu wa Kane taliki 04, Gicurasi kuzageza taliki 11, Gicurasi, 2023.

Itangazo rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Sudani y’Epfo rivuga ko italiki y’ibiganiro hagati y’impande zihanganye itaratangazwa kuko hari ibindi bikinozwa.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi rivuga ko niba nta gikozwe ngo iriya ntambara ihagarare, abantu benshi bazayigwamo kandi abagera ku 800,000 bazaba bamaze kuva mu byabo mu gihe gito kiri imbere.

Kugeza ubu abantu 520 bamaze kugwa muri iriya ntambara.

Ibihugu biri gufasha mu guhuza impande zihanganye muri Sudani ni Sudani y’Epfo, Kenya, Misiri na Uganda.

- Advertisement -

Ubwongereza na Canada nabyo ni ibihugu biri gukora uko bishoboye ngo imirwano ihoshwe.

TAGGED:IntambaraKenyaKirrSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iyo Abazungu Bataza Nta Macakubiri u Rwanda Rwari Kugira-Minisitiri Bizimana
Next Article Rwanda:Abahitanywe N’Imvura Bamaze Kuba 129, Imiryango Yabo Igiye Gushumbushwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?