Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Salva Kirr Yavuganye N’Inzego Zihanganye Muri Sudani Ngo Ziyunge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Salva Kirr Yavuganye N’Inzego Zihanganye Muri Sudani Ngo Ziyunge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 May 2023 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Sudani y’Epfo Salva Kirr avuga ko aherutse kuvugana n’abajenerali bahanganye muri Sudani bamubwira ko biteguye kwicarana bakaganira, ariko ko hagomba kubanza gushaka aho bazaganirira bemeranyijeho.

Ibihugu bigize ikitwa IGAD byasabye Kirr kuba umuhuza mu ntambara iri kubera mu baturanyi be bo muri Sudani.

Kirr yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri yaganiriye na Gen Burhan na Gen Dagalo bamwemerera ko bazohereza abahagarariye kugira ngo baganire uko intambara yahagarara.

Hagati aho, impande zombi ziri kuganira uko hashyirwaho agahenge k’iminsi irindwi.

Biteganyijwe ko kazatangira kuri uyu wa Kane taliki 04, Gicurasi kuzageza taliki 11, Gicurasi, 2023.

Itangazo rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Sudani y’Epfo rivuga ko italiki y’ibiganiro hagati y’impande zihanganye itaratangazwa kuko hari ibindi bikinozwa.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi rivuga ko niba nta gikozwe ngo iriya ntambara ihagarare, abantu benshi bazayigwamo kandi abagera ku 800,000 bazaba bamaze kuva mu byabo mu gihe gito kiri imbere.

Kugeza ubu abantu 520 bamaze kugwa muri iriya ntambara.

Ibihugu biri gufasha mu guhuza impande zihanganye muri Sudani ni Sudani y’Epfo, Kenya, Misiri na Uganda.

Ubwongereza na Canada nabyo ni ibihugu biri gukora uko bishoboye ngo imirwano ihoshwe.

TAGGED:IntambaraKenyaKirrSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iyo Abazungu Bataza Nta Macakubiri u Rwanda Rwari Kugira-Minisitiri Bizimana
Next Article Rwanda:Abahitanywe N’Imvura Bamaze Kuba 129, Imiryango Yabo Igiye Gushumbushwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?