Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sankara Yibaza Uko Rusesabagina Yari Kuba Perezida Atari Umunyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Sankara Yibaza Uko Rusesabagina Yari Kuba Perezida Atari Umunyarwanda

taarifa@media
Last updated: 17 February 2021 8:09 pm
taarifa@media
Share
SHARE

Mu rubanza Ubushinjacyaha buregamo Paul Rusesabagina, wari Perezida w’Impuzamashyaka MRCD na Nsabimana Callixte wiyise Sankara wahoze ari umuvugizi w’umutwe w’inyeshyamba wa FLN n’abandi 18, yatangajwe no kumva Rusesabagina avuga ko atari Umunyarwanda kandi yarabasezeranyaga ko azaba Perezida w’u Rwanda.

Paul Rusesabagina akomoka mu cyahoze ari Komine Murama, Perefegitura ya Gitarama; ubu ni mu Karere ka Ruhango, Intara y’Amajyepfo.

Ubwo yitabaga Urukiko kuri uyu Wa Gatatu Rusesabagina yavuze ko ruriya rukiko rudafite ubushobozi bwo kumuburanisha kuko atari Umunyarwanda ahubwo ari Umubuligi.

Yigaritwe Ubunyarwanda isi irebe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rusesabagina yabwiwe urukiko ko akurikiranyweho ibyaha byo Kurema umutwe w’ingabo utemewe, kuba mu mutwe w’iterabwoba, gutera inkunga umutwe w’iterabwoba, ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba.

Akurikiranyweho kandi itwarwa ry’umuntu ritemewe n’amategeko nk’igikorwa cy’iterabwoba, kwiba hakoreshejwe intwaro nk’igikorwa cy’iterabwoba, gutwikira undi ku bushake inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu nk’igikorwa cy’iterabwoba n’ibindi.

Nyuma yo kumva ibisobanuro bya Rusesabagina n’umwunganira, Nsabimana wiyise Major Sankara, yavuze ko atangajwe no kumva ko atari Umunyarwanda.

Sankara yavuze ko bitumvikana ukuntu yari kuba perezida w’u Rwanda kandi atari umwenegihugu.

Ati “Hari ibyo numvise Paul Rusesabagina yavugaga n’umwunganira, numva nsa n’ugize isoni.”

- Advertisement -

Yavuze ko Paul Rusesabagina yari Perezida wabo [MRCD-FLN], we ari icyegera cye nka visi perezida wa kabiri.

Ngo icyo gihe intego yari afite zari izo kuba Perezida w’u Rwanda.

Sankara yavuze ko atiyumvisha uburyo umuntu washakaga kuyobora u Rwanda, avuga ko atari Umunyarwanda.

Yasabye ko ruriya rubanza rwakwihutishwa akamenya uko bihagaze.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugambi W’u Bufaransa Muri Sahel Uracyakomeje
Next Article Wa Musaza Warwanye Intambara y’Isi ‘Yemerewe Inka’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?