Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sanlam Yihuje N’Ikigo Allianz Ngo Batange Serivisi Zinoze Ku Rwego Rw’Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Sanlam Yihuje N’Ikigo Allianz Ngo Batange Serivisi Zinoze Ku Rwego Rw’Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2022 4:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo rigenewe abanyamakuru rivuga ko ikigo cy’ubwishingizi, Sanlam, cyatangiye imikoranire itaziguye n’ikigo Allianz kugira ngo bihuze imbaraga mu rwego rwo guha abatuye Afurika serivisi z’ubwishingizi zihamye.

Iyi mikoranire izafasha abakiliya b’ibi bigo bikorera henshi muri Afurika kubona serivisi z’ubwingizi zibereye.

Mu gihugu icyo ari cyo cyose ibi bigo bikoreramo, hazaba hari ikicaro cya buri kigo kandi amakuru avuga ko mu gihe kitarambiranye Namibia nayo izashyirwa muri iyi mikoranire.

Icyakora Afurika y’Epfo yo ntirebwa n’ayo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Serivisi z’ibi bigo zizatangirwa mu bihugu 29 by’Afurika kandi kugeza ubu, ingengo y’imari iteganyijwe mu mikoranire ya biriya bigo ni Miliyari 33 z’amafaranga akoreshwa muri Afurika y’Epfo yitwa Rand.

Icyicaro cya Sanlam muri Afurika y’Epfo

Aya angana na ama Euro miliyari 2.

Ikindi ni uko ngo biriya bigo bizakoresha uburyo butandukanye bwo guha abakiliya babyo serivisi bakeneye binyuze mu gushyira ho izindi gahunda z’ubwishingizi ndetse no gufatanya n’abandi bakora muri uru rwego.

Ubuyobozi bwa Sanlam buvuga ko ibigo bizibandwaho mu gushyirirwaho gahunda nshya ari ibikora ubucuruzi ariko biri cyane cyane ku rwego mpuzamahanga.

Umuyobozi mukuru w’ikigo Sanlam witwa Paul Hanratty yagize ati: “ Mu migambi ya Sanlam harimo no kuba ikigo cya mbere muri Afurika gitanga serivisi nziza kandi zihuse mu by’ubwishingizi. Ubu bufatanye buzatuma twihuta mu kubigeraho kandi dutange serivisi nziza zicyenewe na buri wese mu bakiliya bacu. Twishimiye kuzakorana na Allianz.”

- Advertisement -

Uyobora Allianz nawe avuga ko ubufatanye bwabo na Sanlam ari ingirakamaro kugira ngo bakomeze gutanga serivisi zinoze.

Umuyobozi mukuru w’ikigo Sanlam witwa Paul Hanratty

Uyu mugabo witwa Christopher Townsend avuga ko iyo ibigo bikoranye bituma byunganirana mu rwego rwo guha ababigana serivisi bashaka.

Ikigo cy’ubwishingizi Sanlam gisanzwe gifite ikicaro muri Afurika y’Epfo ariko gikorera muri

Namibia, Botswana, Swaziland, Zimbabwe, Mozambique, Mauritius, Malawi, Zambia,

Tanzania, u Rwanda, Uganda, Kenya na Nigeria.

Gifite n’amashami muri Morocco, Angola, Algeria, Tunisia, Ghana, Niger, Mali, Senegal, Guinea, Burkina Faso, Cote D’Ivoire, Togo, Benin, Cameroon, Gabon, Republic ya Congo, Madagascar, Burundi na Lesotho.

Allianz yo ni ikigo mpuzamahanga gifite imari shingiro ingana na Miliyari 809 Euros kigakorera mu bihugu 70 ku migabane yose y’isi.

Ni ikigo gifite n’akazi ko gucunga umutungo w’ibindi bigo ugana na miliyari ibihumbi 2,0 kandi gikoresha abakozi 155,000.

TAGGED:AllianzfeaturedSanlamUbwishingizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yagaragaye Mu Igare Ry’Abafite Ubumuga
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Umuyobozi Mukuru Wa Banki Mpuzamahanga Ya Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?