Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sanlam Yihuje N’Ikigo Allianz Ngo Batange Serivisi Zinoze Ku Rwego Rw’Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Sanlam Yihuje N’Ikigo Allianz Ngo Batange Serivisi Zinoze Ku Rwego Rw’Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2022 4:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo rigenewe abanyamakuru rivuga ko ikigo cy’ubwishingizi, Sanlam, cyatangiye imikoranire itaziguye n’ikigo Allianz kugira ngo bihuze imbaraga mu rwego rwo guha abatuye Afurika serivisi z’ubwishingizi zihamye.

Iyi mikoranire izafasha abakiliya b’ibi bigo bikorera henshi muri Afurika kubona serivisi z’ubwingizi zibereye.

Mu gihugu icyo ari cyo cyose ibi bigo bikoreramo, hazaba hari ikicaro cya buri kigo kandi amakuru avuga ko mu gihe kitarambiranye Namibia nayo izashyirwa muri iyi mikoranire.

Icyakora Afurika y’Epfo yo ntirebwa n’ayo.

Serivisi z’ibi bigo zizatangirwa mu bihugu 29 by’Afurika kandi kugeza ubu, ingengo y’imari iteganyijwe mu mikoranire ya biriya bigo ni Miliyari 33 z’amafaranga akoreshwa muri Afurika y’Epfo yitwa Rand.

Icyicaro cya Sanlam muri Afurika y’Epfo

Aya angana na ama Euro miliyari 2.

Ikindi ni uko ngo biriya bigo bizakoresha uburyo butandukanye bwo guha abakiliya babyo serivisi bakeneye binyuze mu gushyira ho izindi gahunda z’ubwishingizi ndetse no gufatanya n’abandi bakora muri uru rwego.

Ubuyobozi bwa Sanlam buvuga ko ibigo bizibandwaho mu gushyirirwaho gahunda nshya ari ibikora ubucuruzi ariko biri cyane cyane ku rwego mpuzamahanga.

Umuyobozi mukuru w’ikigo Sanlam witwa Paul Hanratty yagize ati: “ Mu migambi ya Sanlam harimo no kuba ikigo cya mbere muri Afurika gitanga serivisi nziza kandi zihuse mu by’ubwishingizi. Ubu bufatanye buzatuma twihuta mu kubigeraho kandi dutange serivisi nziza zicyenewe na buri wese mu bakiliya bacu. Twishimiye kuzakorana na Allianz.”

Uyobora Allianz nawe avuga ko ubufatanye bwabo na Sanlam ari ingirakamaro kugira ngo bakomeze gutanga serivisi zinoze.

Umuyobozi mukuru w’ikigo Sanlam witwa Paul Hanratty

Uyu mugabo witwa Christopher Townsend avuga ko iyo ibigo bikoranye bituma byunganirana mu rwego rwo guha ababigana serivisi bashaka.

Ikigo cy’ubwishingizi Sanlam gisanzwe gifite ikicaro muri Afurika y’Epfo ariko gikorera muri

Namibia, Botswana, Swaziland, Zimbabwe, Mozambique, Mauritius, Malawi, Zambia,

Tanzania, u Rwanda, Uganda, Kenya na Nigeria.

Gifite n’amashami muri Morocco, Angola, Algeria, Tunisia, Ghana, Niger, Mali, Senegal, Guinea, Burkina Faso, Cote D’Ivoire, Togo, Benin, Cameroon, Gabon, Republic ya Congo, Madagascar, Burundi na Lesotho.

Allianz yo ni ikigo mpuzamahanga gifite imari shingiro ingana na Miliyari 809 Euros kigakorera mu bihugu 70 ku migabane yose y’isi.

Ni ikigo gifite n’akazi ko gucunga umutungo w’ibindi bigo ugana na miliyari ibihumbi 2,0 kandi gikoresha abakozi 155,000.

TAGGED:AllianzfeaturedSanlamUbwishingizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yagaragaye Mu Igare Ry’Abafite Ubumuga
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Umuyobozi Mukuru Wa Banki Mpuzamahanga Ya Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?