Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sarkozy Agiye Kurekurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2025 4:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru yizewe aremeza ko Nicolas Sarkozy wahoze uyobora Ubufaransa agiye kurekurwa nyuma y’ibyumweru bitatu yari amaze muri gereza ngo ahanishwe imyaka itanu afunzwe.

Le Parisien ivuga ko narekurwa atazaba yemerewe gusohoka mu Bufaransa kandi azajya acungirwa hafi n’ubushinjacyaha bwa Repubulika y’Ubufaransa.

Tariki 21, Ukwakira, 2025 nibwo yari yahamijwe n’urukiko kuriganya Muamar Gaddafi amafaranga menshi Sarkozy yakoresheje mu kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’igihugu yatsinze mu mwaka wa 2007.

Nyuma yo gukatirwa kubera uru rubanza, abunganizi ba Sarkozy bahise bajurira basaba ko yarekurwa kandi byari biteganyijwe ko urubanza ku bujurire buzaba muri Werurwe, 2025.

Icyakora ubu biravugwa ko azarekurwa kuwa Gatatu w’Icyumweru gitaha hakazaba ari Tariki 19, Ugushyingo, 2025.

Afungiwe muri gereza yitwa La Sante, akaba yari aherutse gutangaza ko aho afungiwe aha hantu habi cyane.

Umushinjacyaha mukuru mu idosiye Sarkozy aregwamo yavuze ko bikwiye ko arekurwa ariko akarindwa kugira uwo bahura mu idosiye aregwamo ndetse ntanasohoke igihugu.

Undi Perezida w’Ubufaransa wigeze gufungwa yari Philippe Pétain wafunzwe nyuma y’intambara ya Kabiri y’Isi yarangiye mu mwaka wa 1945 ashinjwa ubugambanyi.

Sarkozy yategetse Ubufaransa hagati y’umwaka 2007 n’uwa 2012.

TAGGED:featuredGufunguraPerezidaSarkozy
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza
Next Article Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?