Amakuru yizewe aremeza ko Nicolas Sarkozy wahoze uyobora Ubufaransa agiye kurekurwa nyuma y’ibyumweru bitatu yari amaze muri gereza ngo ahanishwe imyaka itanu afunzwe.
Le Parisien ivuga ko narekurwa atazaba yemerewe gusohoka mu Bufaransa kandi azajya acungirwa hafi n’ubushinjacyaha bwa Repubulika y’Ubufaransa.
Tariki 21, Ukwakira, 2025 nibwo yari yahamijwe n’urukiko kuriganya Muamar Gaddafi amafaranga menshi Sarkozy yakoresheje mu kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’igihugu yatsinze mu mwaka wa 2007.
Nyuma yo gukatirwa kubera uru rubanza, abunganizi ba Sarkozy bahise bajurira basaba ko yarekurwa kandi byari biteganyijwe ko urubanza ku bujurire buzaba muri Werurwe, 2025.
Icyakora ubu biravugwa ko azarekurwa kuwa Gatatu w’Icyumweru gitaha hakazaba ari Tariki 19, Ugushyingo, 2025.
Afungiwe muri gereza yitwa La Sante, akaba yari aherutse gutangaza ko aho afungiwe aha hantu habi cyane.
Umushinjacyaha mukuru mu idosiye Sarkozy aregwamo yavuze ko bikwiye ko arekurwa ariko akarindwa kugira uwo bahura mu idosiye aregwamo ndetse ntanasohoke igihugu.
Undi Perezida w’Ubufaransa wigeze gufungwa yari Philippe Pétain wafunzwe nyuma y’intambara ya Kabiri y’Isi yarangiye mu mwaka wa 1945 ashinjwa ubugambanyi.
Sarkozy yategetse Ubufaransa hagati y’umwaka 2007 n’uwa 2012.


