Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sen. Jim Inhofe Yasuye u Rwanda Mbere Y’Uko Acyura Igihe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Sen. Jim Inhofe Yasuye u Rwanda Mbere Y’Uko Acyura Igihe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 October 2022 6:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Senateri James Mountain Inhofe wari umaze igihe ahagarariye Leta ya Oklahoma muri Sena y’Amerika ari mu Rwanda mu ruzinduko rwo gusezera ku nshuti ye  Perezida Paul Kagame.

Jim  Inhofe yari ari kumwe na bagenzi be barimo Senateri Rounds na Senateri  John Boozman.

Perezida Kagame yakiriye  aba banyacyubahiro basanzwe ari inshuti z’u Rwanda ndetse abatembereza mu rwuri rw’inyambo ze ruri mu Karere ka Bugesera ahitwa Kibugabuga.

Ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro bya Perezida Kagame handitse ko yaganiriye n’aba banyacyubahiro ku ngingo zitandukanye zirimo uko umutekano uhagaze mu Karere u Rwanda ruherereyemo n’ahandi.

Senateri Inhofe ni umwe mu nshuti z’u Rwanda ndetse mu kwezi gushize Perezida Kagame yamushimiye uburyo yabaniye u Rwanda mu myaka yose yamaze mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika.

Perezida Kagame yabatembereje mu rwuri rw’inyambo ze ruba Kibugabuga mu Karere ka Bugesera

Jim Inhofe ni Senateri mu Nteko ishinga amategeko y’ Amerika uhagarariye Leta ya Oklahoma guhera mu mwaka wa 1994.

Yavutse mu mwaka wa 1934.

Abarizwa mu ishyaka ry’aba Republican. Muri Sena yari asanzwe ahagarariye Komite y’ibidukikije n’imirimo rusange.

Yatangiye kuyiyobora mu mwaka wa  2003 kugeza mu mwaka wa  2007, arongera ahabwa izo nshingano

Mu mwaka wa 2015 kugera muwa 2017 yongeye kuyiyobora.

Biteganyijwe ko muri Mutarama 2023 ari bwo azajya mu kiruhuko cy’izabukuru, akazaba amaze imyaka 35 ari Senateri uhagarariye Oklahoma  mu Nteko ishinga amategeko.

Amaze imyaka 50  ari umunyapolitiki.

Muri Nzeri, 2022 Perezida Kagame  yavuze ko umubano wa Senateri Inhofe n’u Rwanda wagize uruhare rukomeye mu gushimangira imikoranire ya Amerika n’u Rwanda.

TAGGED:AmerikaBugeserafeaturedKagameRwandaSenateri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana B’i Rusizi Baganiriye Ku Bibabangamiye
Next Article Ubushinjacyaha Bwasabiye Prince Kid Gufungwa Imyaka 16
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?