Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sen Me Evode Uwizeyimana Yibukije Abayobozi Icyakorwa Ngo Umuntu Adatakarizwa Icyizere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Sen Me Evode Uwizeyimana Yibukije Abayobozi Icyakorwa Ngo Umuntu Adatakarizwa Icyizere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2022 2:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Senateri Me Evode Uwizeyimana ubwo yasabwaga kuvuga niba abona nta mico y’inzaduka igaragara mu bayobozi nk’uko biri muri benshi mu rubyiruko yavuze ko hari ikintu amaze kubona kandi gishingiye no ku biva mu bushakashatsi burimo n’ubwakozwe na Transparency International Rwanda cyo gukoresha nabi ububasha bahabwa n’umwanya bafite.

Uwari uyoboye ibiganiro byahuje abayobozi n’abahoze ari bo bose bibumbiye muri Unity Club Madamu Isheja Sandrine yabajiije Senateri Me Evode Uwizeyimana niba asanga mu bayobozi nta mico y’inzaduka ihagaragara.

 Sen Me Evode Uwizeyimana yavuze ko kimwe mu bintu abona bitaranoga, ari ugukoresha neza ububasha abayobozi bahawe.

Yavuze ko akenshi imyitwarire idahwitse mu bayobozi irimo no guhoza ku nkeke abakobwa, abagore bashaka cyangwa bafite akazi iterwa no kutamenya kunyurwa, abantu bagashaka gukoresha inzura y’ubusamo iganisha mu ugukira byihuse.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Twaba abanyakuri gute no kwirinda gutakarizwa icyizere?…”

Evode yakomoje no kuri discipline ndetse yemeza ko burya ‘iyobora’ ibintu byose.

Mu ugukomeza ikiganiro cye, Senateri Me Evode yanenze ko hari bamwe bakora iminsi mikuru cyangwa indi minsi irimo no gushyingura bagakoresha amafaranga menshi kandi we abona ko bidakwiye.

Ati: “ Hari ibintu mbona birimo extravagance. Ni gute umuntu afata loan yo gushyingura?’

Akavuga ko hari abantu bafata umwenda wa Banki wo kugira ngo bohereze umugore kubyarira muri Amerika kandi mu Rwanda hari ibitaro bya Faysal byamubaga.

- Advertisement -

Uyu muhanga mu by’amategeko avuga ko hari ubwo  umuntu afata uwo mwenda yigana umuturanyi we wohereje umugore we iyo mu mahanga kandi wenda batanganya ubushobozi, iyo nayo ikaba ari imico abona ko itari ikwiye.

Avuga icy’ingenzi ari uko umuntu atera imbere binyuze mu cyuya yabize ahubwo ngo ikibazo ni uko hari abayobozi bamwe na bamwe bashaka gukira binyuze mu nzira y’ubusamo.

Sen Me Uwizeyimana yagiriye inama abandi bayobozi ko bagombye kwiga kunyurwa.

Kutanyurwa kandi ngo biri mu butuma abayobozi bamwe bakora ibyaha, bityo abasaba kureka iyo myumvire.

Iki kiganiro kiri kubera mu Nteko ishinga amategeko cyatangijwe na Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame.

Inteko yaguye ya Unity Club Intwararumuri yateranye kuri iyi nshuro ni iya 15.

Undi watanze ikiganiro ni Minisitiri w’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana.

Yashimiye inzego za Leta, imiryango itari iya Leta, imiryango ishingiye ku myemerere n’Abanyarwanda muri rusange k’umuhate wabo mu gushimangira amahitamo y’igihugu  yo gukomeza kuba umwe no kudaheranwa.

Yibukije abanyamuryango amahame atatu agomba gushingirwaho kugira ngo icyerezo u Rwanda rwahisemo cyo kubaka.

Ayo mahame ni kuba umwe, gukora neza inshingano no kureba kure.

Ikiganiro cye cyari gifite umutwe ugira iti: “Ishusho y’ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda mu gihe turimo n’icyerecyezo cy’ejo hazaza’’.

Madamu Jeannette Kagame watangije iri huriro yavuze ko Unity Club ari ihuriro ryerekana ko Abanyarwanda bose bakorana mu nyungu  z’igihugu kandi ngo kirazira ko umuntu akurura yishyira.

Avuga ko igikorwa mu Rwanda ari ugushakira hamwe ibisubizo kuko kutumvikana u Rwanda rwasanze ntacyo byageza ku gihugu.

Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame, Umuyobozi Mukuru wa @UnityClubRw Intwararumuri, yitabiriye ihuriro rya 15 ry'uyu muryango. pic.twitter.com/dL0T1kM91l

— Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) November 12, 2022

TAGGED:EvodefeaturedIrariKagameSenateriUnityUwiringiyimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Mushya Wa Polisi Ya Kenya Yategetswe Guca Urugomo
Next Article Ingabo Za Kenya Zageze i Goma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?