Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Shampiyona Zo Mu Cyiciro Cya Mbere Zakomorewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Shampiyona Zo Mu Cyiciro Cya Mbere Zakomorewe

Last updated: 18 March 2021 8:20 pm
Share
SHARE

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko imyitozo n’imikino muri shampiyona z’icyiciro cya mbere byakomorewe, ariko amashyirahamwe y’imikino azajya abanza kubisabira uburenganzira, agaragaze uko azirinda COVID-19.

Imikino mu Rwanda imaze iminsi yarahagaze, kereka ku makipe yakinaga imikino mpuzamahanga.

Shampiyona y’umupira w’amaguru yahagaritswe ku wa 12 Ukuboza 2020, hashingiwe ku bugenzuzi bwagaragaje ko hari aho abakinnyi bari bacumbitse mu mwiherero w’amakipe yabo bagasohoka cyangwa bagasurwa uko bashatse, kandi amabwiriza yo kwirinda abibuza.

Ibyo byahujwe n’uburyo ibipimo byari bikomeje gufatwa mu makipe kuva ubwo shampiyona yatangiraga mu Ukuboza 2020, byari bikomeje kugaragaza ubwandu bwa COVID-19.

Mu mabwiriza yasohotse kuri uyu wa Kane, Minisiteri ya Siporo yavuze ko imikino yo mu cyiciro cya mbere ishobora gusubukurwa.

Yagize iti “Imyitozo n’amarushanwa (shampiyona) by’amakipe yo mu cyiciro cya mbere mu mikino biremewe habanje kubisabira uburenganzira Minisiteri ya Siporo.”

Yasabye ko mbere na nyuma y’imyitozo abakinnyi bagomba kwambara agapfukamunwa, kimwe no mu myitozo idasaba ingufu.

Biteganywa ko mu gusaba uburenganzira, Ishyirahamwe rizajya ryandikira Minisiteri, maze uburenganzira bugatangwa nyuma y’isesengura rya Minisiteri ya Siporo na Minisiteri y’Ubuzima ku buryo ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 zizubahirizwa.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article MINICOM Yaburiye Abanyarwanda Ku Kigo CHY Gikora Ubucuruzi Bw’Uruhererekane
Next Article Inyeshyamba Zikomeje Kwisuganya Muri Kivu Y’Amajyaruguru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Bunyoni Ararembye

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?