Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Social Mula Na Phil Peter Mu Bantu 39 Bafashwe Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Social Mula Na Phil Peter Mu Bantu 39 Bafashwe Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 3:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 39 barimo umuhanzi Social Mula, Dj Phil Peter n’abandi benshi, bafashwe barimo gufata amashusho y’indirimbo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Bafatiwe mu Rugando mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo, barimo gufata amashusho y’indirimbo ‘Amata’ ya Social Mula na Phil Peter, izasohoka vuba aha.

Mu bafatiwe muri icyo gikorwa harimo na Murindahabi Irénée ukora ku Isibo TV.

Social Mula yabwiye itangazamakuru ko bafashwe mu ijoro ryacyeye bari ahantu mu rugo, ko akeka ko impamvu bafashwe ari uko bari bahuye ari benshi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Ikosa twari turirimo pe, kuko hagiye haza abantu wenda batari ngombwa ariko nanone ukabona utasubizayo umuntu n’amasaha yageze, ndakeka ko Polisi itakora ibingibi ishaka kuturaburiza, ahubwo wenda ni inzira nziza yo kumvikanisha rimwe na rimwe ukuntu umuntu arengana.”

Umunyamakuru Murindahabi we yavuze ko yageze aho bafatiwe mu ijoro, anafite uruhushya rumwemerera gukora ingendo mu masaha y’ijoro.

Ati “Impamvu nafatiwemo ni uko nari ndi kumwe n’abantu batubahirije amabwiriza, kandi birumvikana neza ko nta kindi gisimbura nyine gufatwa, kwigishwa, ariko ku giti cyangwa nari mfite uruhushya, ahubwo ikibazo nari ndi kumwe n’abantu badafite uruhushya.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yavuze ko bamenye amakuru ko hari abantu bahuriye hamwe mu Rugando, bagezeyo basanga ari 39.

Bari bakoraniye mu rugo rw’umuntu utuye muri Amerika, barenze ku mabwiriza n’ingamba zo kwirinda COVID-19.

- Advertisement -

Yakomeje ati “Uko ari 39 rero bafashwe, tukaba tugira ngo abanyarwanda bamenye ko mu by’ukuri ibikorwa byose binyuranye no kubahiriza amabwiriza n’ingamba byashyizweho byo kwirinda kino cyorezo bitemewe, kandi tubabwira ko tuzakomeza kubafata, dushimira n’abaduha amakuru.”

Yavuze ko nta warenganye

Nyuma yo gufatwa, Social Mula yumvikanye avuga ko yarenganye kuko yari yahawe uburenganzira bwo gufata amashusho y’indirimbo ye.

CP Kabera yavuze ko abari bafite impushya batabyitwaza kuko atari impushya zo kujya gukora ibitemewe, cyane ko batafatiwe kuri radiyo cyangwa kuri televiziyo kuko ari byo bitangirwa impushya.

Yavuze ko abo bantu uko ari 39 bagomba kwipimisha Coronavirus ku mafaranga yabo kandi bagatanga amande.

Yakomeje ati “Ariko noneho harimo abo turi burebe ko turi bukurikirane. Hari umwe muri bo watutse umupolisi, uriya muhanzi Social Mula, ibyo nabyo turabikurikirana turebe niba koko ari ko byagenze, ashobora no gukurikiranwa mu rwego rw’amategeko.”

Yavuze ko uwo muhanzi yakomeje kuvuga ko Polisi yabafashe kubera ko ibanga, mu gihe ngo yamuhaye uruhushya rwo gukora imirimo ye amasaha yose kuva ku itariki 18 Werurwe kugeza ku wa 1 Mata, ariko yubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

Ati “Muri telefoni ye mumubajije mwasanga Polisi yaramuhaye urwo ruhushya. Yamwanga se ikamuha urwo ruhushya?”

Yavuze ko ibyo avuga ari amatakirangoyi, ahubwo ko ibyo abahanzi bakora bikwiye kuba bijyanye n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

TAGGED:featuredPhil PeterSocial Mula
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Ndrangheta’: Icyago Cyugarije Isi
Next Article Perezida Wa Misiri Yabwiye Ethiopia Ko ‘Ushaka Urupfu Asoma Impyisi’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?