Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Somalia: Hoteli Ituranye N’Ibiro By’Umukuru W’Igihugu Byagabweho Igitero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Somalia: Hoteli Ituranye N’Ibiro By’Umukuru W’Igihugu Byagabweho Igitero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2024 4:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Al-Shabaab yagabye igitero kuri Hoteli yitwa Syl iri mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu hafi y’Ibiro bya Perezida mu murwa mukuru.

Ababibonye babwiye Reuters ko mu gitondo bagiye kumva bumva urusaku ruremereye rw’ibisasu ruva muri iyo hoteli.

Muri icyo gihe babibona kandi hari hari abarwanyi hafi y’iyo hoteli.

Kugeza ubu hari amakuru avuga ko hari Abadepite bane babiguyemo.

Ku rundi ruhande, ntacyo Guverinoma ya Somalia irabitangazaho.

Mu majwi Al Shabaab yatangaje humvikanamo kwigamba ko  abarwanyi bayo bari bakigenzura iriya hoteli ndetse ko barasaga abasirikare ba Leta bari bari hafi aho.

Hari umuturage wo muri ako gace witwa  Farah Ali wabwiye Reuters ati: “Twabanje kumva ikintu giturika cyane, nuko hakurikiraho urusaku rw’amasasu. Twumva ko abarwanyi barimo imbere [muri hoteli] kuko turimo kumva barasana.”

Umuyobozi wo mu rwego rushinzwe umutekano muri Mogadishu  yabwiye Ibiro Ntaramakuru AFP ko hari abagabo bitwaje imbunda benshi binjiye ku ngufu muri iyo nyubako nyuma yo gusenya urukuta rw’umutekano bakoresheje igiturika cyane.

Ndetse ngo uwarokotse icyo gitero binyuze mu kurira urukuta yavuze ko yasize hari abantu benshi bapfuye baguye imbere muri iyo hoteli.

Abandi babibonye batangaje ko babonye abapolisi bahagera nyuma y’iminota gusa igitero gitangiye, batangira kurasana n’intagondwa.

Al-Shaabab igenzura ibice binini by’Amajyepfo no rwagati muri Somalia.

Ni umutwe bivugwa ko ukorana na Al-Qaeda kandi umaze imyaka hafi 20 urwanya Leta ya Somalia ishyigikiwe n’Umuryango w’Abibumbye.

TAGGED:AlfeaturedHoteliIgiteroShabaab
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yongeye Kwibutsa Abayobozi Akamaro Ko Gukorera Hamwe
Next Article Oprah Winfrey Arateganya Gusura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?