Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Somalia: Hoteli Ituranye N’Ibiro By’Umukuru W’Igihugu Byagabweho Igitero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Somalia: Hoteli Ituranye N’Ibiro By’Umukuru W’Igihugu Byagabweho Igitero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2024 4:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Al-Shabaab yagabye igitero kuri Hoteli yitwa Syl iri mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu hafi y’Ibiro bya Perezida mu murwa mukuru.

Ababibonye babwiye Reuters ko mu gitondo bagiye kumva bumva urusaku ruremereye rw’ibisasu ruva muri iyo hoteli.

Muri icyo gihe babibona kandi hari hari abarwanyi hafi y’iyo hoteli.

Kugeza ubu hari amakuru avuga ko hari Abadepite bane babiguyemo.

Ku rundi ruhande, ntacyo Guverinoma ya Somalia irabitangazaho.

Mu majwi Al Shabaab yatangaje humvikanamo kwigamba ko  abarwanyi bayo bari bakigenzura iriya hoteli ndetse ko barasaga abasirikare ba Leta bari bari hafi aho.

Hari umuturage wo muri ako gace witwa  Farah Ali wabwiye Reuters ati: “Twabanje kumva ikintu giturika cyane, nuko hakurikiraho urusaku rw’amasasu. Twumva ko abarwanyi barimo imbere [muri hoteli] kuko turimo kumva barasana.”

Umuyobozi wo mu rwego rushinzwe umutekano muri Mogadishu  yabwiye Ibiro Ntaramakuru AFP ko hari abagabo bitwaje imbunda benshi binjiye ku ngufu muri iyo nyubako nyuma yo gusenya urukuta rw’umutekano bakoresheje igiturika cyane.

Ndetse ngo uwarokotse icyo gitero binyuze mu kurira urukuta yavuze ko yasize hari abantu benshi bapfuye baguye imbere muri iyo hoteli.

Abandi babibonye batangaje ko babonye abapolisi bahagera nyuma y’iminota gusa igitero gitangiye, batangira kurasana n’intagondwa.

Al-Shaabab igenzura ibice binini by’Amajyepfo no rwagati muri Somalia.

Ni umutwe bivugwa ko ukorana na Al-Qaeda kandi umaze imyaka hafi 20 urwanya Leta ya Somalia ishyigikiwe n’Umuryango w’Abibumbye.

TAGGED:AlfeaturedHoteliIgiteroShabaab
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yongeye Kwibutsa Abayobozi Akamaro Ko Gukorera Hamwe
Next Article Oprah Winfrey Arateganya Gusura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?