Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani: Abantu 52 Bapfuye Bazize Imyuzure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani: Abantu 52 Bapfuye Bazize Imyuzure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2022 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imvura imaze iminsi igwa muri Sudani  imaze guhitana abantu 52 nk’uko itangazamakuru ry’aho ribivuga.

Iki gihugu kiri mu gihe cy’imvura nyinshi imaze kwibasira ibice bitandukanye birimo ibikikije uruzi rwa Nili ndetse n’ibyo mu Majyepfo ya Sudani

Umusirikare uvugira Guverinoma y’inzibacyuho iri gutegeka iki gihugu witwa Abdel Jalil Abdelreheem avuga ko hari n’abandi bantu 25 bakomerekejwe bikomeye n’inzu zabagwiye nyuma yo guhirima kubera inzu zari zasomye amazi menshi.

Abdelreheem avuga ko hari inzu 5,345 zasenyutse n’aho izindi 2,862 zirangirika ku rwego rugaragara.

Inzu z’ubucuruzi, inyubako za Leta n’ibindi bikorwa remezo nabyo byangiritse ku rwego rukomeye.

Ubusanzwe igihe cy’imvura muri Sudani kiba hagati ya Gicurasi n’Ukwakira.

N’ubwo igice kinini  cy’igihugu kiba gishyushye ariko aho imvura iguye isiga ihangije cyane kubera ko imara hafi amezi atanu igwa idatanga umucyo uhagije.

Uretse inyubako zisenyuka, yangiza n’ibihingwa birimo ibinyampeke biterwa hafi y’aho uruzi rwa Nili ruca kuko bikenera amazi menshi.

Raporo iherutse gutangazwa n’Ishami rya Croix Rouge ya Sudani kandi yasuzumwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi ivuga ko ubwinshi bw’amazi y’imyuzure hirya no hino muri Sudani bwatumye abaturage 38,000 bava mu byabo barahunga.

Mu mwaka wa 2021, abantu 314, 500 nibo bagizweho n’ingaruka z’iriya myuzure.

TAGGED:ImyuzureSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunsi Bikira Mariya Ajya Mu Ijuru, Nibwo Ab’i Kibeho Bemerewe Kujya Bahasengera
Next Article Al Shabaab: Umutwe W’Iterabwoba Ufite Ubutasi Bukomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?