Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani: Abantu 52 Bapfuye Bazize Imyuzure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani: Abantu 52 Bapfuye Bazize Imyuzure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2022 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imvura imaze iminsi igwa muri Sudani  imaze guhitana abantu 52 nk’uko itangazamakuru ry’aho ribivuga.

Iki gihugu kiri mu gihe cy’imvura nyinshi imaze kwibasira ibice bitandukanye birimo ibikikije uruzi rwa Nili ndetse n’ibyo mu Majyepfo ya Sudani

Umusirikare uvugira Guverinoma y’inzibacyuho iri gutegeka iki gihugu witwa Abdel Jalil Abdelreheem avuga ko hari n’abandi bantu 25 bakomerekejwe bikomeye n’inzu zabagwiye nyuma yo guhirima kubera inzu zari zasomye amazi menshi.

Abdelreheem avuga ko hari inzu 5,345 zasenyutse n’aho izindi 2,862 zirangirika ku rwego rugaragara.

Inzu z’ubucuruzi, inyubako za Leta n’ibindi bikorwa remezo nabyo byangiritse ku rwego rukomeye.

Ubusanzwe igihe cy’imvura muri Sudani kiba hagati ya Gicurasi n’Ukwakira.

N’ubwo igice kinini  cy’igihugu kiba gishyushye ariko aho imvura iguye isiga ihangije cyane kubera ko imara hafi amezi atanu igwa idatanga umucyo uhagije.

Uretse inyubako zisenyuka, yangiza n’ibihingwa birimo ibinyampeke biterwa hafi y’aho uruzi rwa Nili ruca kuko bikenera amazi menshi.

Raporo iherutse gutangazwa n’Ishami rya Croix Rouge ya Sudani kandi yasuzumwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi ivuga ko ubwinshi bw’amazi y’imyuzure hirya no hino muri Sudani bwatumye abaturage 38,000 bava mu byabo barahunga.

Mu mwaka wa 2021, abantu 314, 500 nibo bagizweho n’ingaruka z’iriya myuzure.

TAGGED:ImyuzureSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunsi Bikira Mariya Ajya Mu Ijuru, Nibwo Ab’i Kibeho Bemerewe Kujya Bahasengera
Next Article Al Shabaab: Umutwe W’Iterabwoba Ufite Ubutasi Bukomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?