Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani: Abantu 52 Bapfuye Bazize Imyuzure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani: Abantu 52 Bapfuye Bazize Imyuzure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2022 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imvura imaze iminsi igwa muri Sudani  imaze guhitana abantu 52 nk’uko itangazamakuru ry’aho ribivuga.

Iki gihugu kiri mu gihe cy’imvura nyinshi imaze kwibasira ibice bitandukanye birimo ibikikije uruzi rwa Nili ndetse n’ibyo mu Majyepfo ya Sudani

Umusirikare uvugira Guverinoma y’inzibacyuho iri gutegeka iki gihugu witwa Abdel Jalil Abdelreheem avuga ko hari n’abandi bantu 25 bakomerekejwe bikomeye n’inzu zabagwiye nyuma yo guhirima kubera inzu zari zasomye amazi menshi.

Abdelreheem avuga ko hari inzu 5,345 zasenyutse n’aho izindi 2,862 zirangirika ku rwego rugaragara.

Inzu z’ubucuruzi, inyubako za Leta n’ibindi bikorwa remezo nabyo byangiritse ku rwego rukomeye.

Ubusanzwe igihe cy’imvura muri Sudani kiba hagati ya Gicurasi n’Ukwakira.

N’ubwo igice kinini  cy’igihugu kiba gishyushye ariko aho imvura iguye isiga ihangije cyane kubera ko imara hafi amezi atanu igwa idatanga umucyo uhagije.

Uretse inyubako zisenyuka, yangiza n’ibihingwa birimo ibinyampeke biterwa hafi y’aho uruzi rwa Nili ruca kuko bikenera amazi menshi.

Raporo iherutse gutangazwa n’Ishami rya Croix Rouge ya Sudani kandi yasuzumwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi ivuga ko ubwinshi bw’amazi y’imyuzure hirya no hino muri Sudani bwatumye abaturage 38,000 bava mu byabo barahunga.

Mu mwaka wa 2021, abantu 314, 500 nibo bagizweho n’ingaruka z’iriya myuzure.

TAGGED:ImyuzureSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunsi Bikira Mariya Ajya Mu Ijuru, Nibwo Ab’i Kibeho Bemerewe Kujya Bahasengera
Next Article Al Shabaab: Umutwe W’Iterabwoba Ufite Ubutasi Bukomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?