Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani Yabwiye Ruto Ko Niyohereza Yo Ingabo Zizahashirira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani Yabwiye Ruto Ko Niyohereza Yo Ingabo Zizahashirira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 July 2023 8:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu ba Jenerali mu ngabo za Sudani witwa Gen Al Atta yaburiye Perezida wa Kenya William Ruto ko naramuka yohereje ingabo ze muri Sudani ngo zije kwitambika impanze ziri kurwana nta n’umwe muri bo uzataha amahoro.

Abivuze mu gihe hari amakuru avuga ko hari umutwe w’ingabo zo mu Karere k’Uburasirazuba, EAC, ziri gutegurirwa kuzajya kurindira umutekano abasivili bugarijwe n’intambara yashyamiranyije abajenerali babiri bari basanzwe basangiye ubutegetsi ariko haza kubura uwabuharira undi.

Iby’uko zishobora kuzohezwa muri Sudani bivuzwe nyuma y’igitero cy’indege giherutse guhitana abasivili 22, bitera abantu kwibaza icyakorwa ngo abasivili barindwe.

Kuva intambara yo muri Sudani yatangira taliki 15, Mata, 2023, abantu babarirwa mu bihumbi yarabahitanye, abandi bagera kuri miliyoni eshatu bavanwa mu byabo.

Abenshi muri bo bahungiye muri Sudani y’Epfo no muri Tchad.

Abibasiwe cyane muri iyi mirwano ni abo mu Ntara za Darfur, Kordofan ya ruguru na Blue Nile.

Tugarutse ku byerekeye umwikomo abasirikare bakuru ba Sudani bahaye Kenya, Gen Atta avuga ko iki gihugu gihengamiye ku ruhande rw’abarwanya ubutegetsi bw’i Karthoum bagize ikitwa Rapid Special Force, RSF.

Ikindi cyerekana ko Sudan idashaka Kenya ni uko mu minsi ishize yanze ko William Ruto agirwa umuhuza n’ubwo yari yemejwe n’ibihugu bya IGAD.

Sudan ivuga ko uwo yumva yahitamo ko aba umuhuza ari Perezida wa Sudani y’Epfo witwa Salva Kirr  Mayardit.

General Yasir Al-Atta

Abakurikirana uko ibintu byifashe muri Sudani bavuga ko bigoye ko iriya ntambara izahagarara vuba kubera ko impande zihanganye zidashaka kwicara ngo ziganire.

TAGGED:AbajeneraliIngaboKenyaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Min Ingabire Ashaka Ko U Rwanda Ruyobora Mu Ikoranabuhanga
Next Article Museveni Agiye Gusura Putin
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?