Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani Yabwiye Ruto Ko Niyohereza Yo Ingabo Zizahashirira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani Yabwiye Ruto Ko Niyohereza Yo Ingabo Zizahashirira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 July 2023 8:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu ba Jenerali mu ngabo za Sudani witwa Gen Al Atta yaburiye Perezida wa Kenya William Ruto ko naramuka yohereje ingabo ze muri Sudani ngo zije kwitambika impanze ziri kurwana nta n’umwe muri bo uzataha amahoro.

Abivuze mu gihe hari amakuru avuga ko hari umutwe w’ingabo zo mu Karere k’Uburasirazuba, EAC, ziri gutegurirwa kuzajya kurindira umutekano abasivili bugarijwe n’intambara yashyamiranyije abajenerali babiri bari basanzwe basangiye ubutegetsi ariko haza kubura uwabuharira undi.

Iby’uko zishobora kuzohezwa muri Sudani bivuzwe nyuma y’igitero cy’indege giherutse guhitana abasivili 22, bitera abantu kwibaza icyakorwa ngo abasivili barindwe.

Kuva intambara yo muri Sudani yatangira taliki 15, Mata, 2023, abantu babarirwa mu bihumbi yarabahitanye, abandi bagera kuri miliyoni eshatu bavanwa mu byabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abenshi muri bo bahungiye muri Sudani y’Epfo no muri Tchad.

Abibasiwe cyane muri iyi mirwano ni abo mu Ntara za Darfur, Kordofan ya ruguru na Blue Nile.

Tugarutse ku byerekeye umwikomo abasirikare bakuru ba Sudani bahaye Kenya, Gen Atta avuga ko iki gihugu gihengamiye ku ruhande rw’abarwanya ubutegetsi bw’i Karthoum bagize ikitwa Rapid Special Force, RSF.

Ikindi cyerekana ko Sudan idashaka Kenya ni uko mu minsi ishize yanze ko William Ruto agirwa umuhuza n’ubwo yari yemejwe n’ibihugu bya IGAD.

Sudan ivuga ko uwo yumva yahitamo ko aba umuhuza ari Perezida wa Sudani y’Epfo witwa Salva Kirr  Mayardit.

- Advertisement -
General Yasir Al-Atta

Abakurikirana uko ibintu byifashe muri Sudani bavuga ko bigoye ko iriya ntambara izahagarara vuba kubera ko impande zihanganye zidashaka kwicara ngo ziganire.

TAGGED:AbajeneraliIngaboKenyaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Min Ingabire Ashaka Ko U Rwanda Ruyobora Mu Ikoranabuhanga
Next Article Museveni Agiye Gusura Putin
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?