Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sulfo Rwanda Industries Yafunzwe Kubera COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Sulfo Rwanda Industries Yafunzwe Kubera COVID-19

Last updated: 12 June 2021 1:23 pm
Share
SHARE

Uruganda Sulfo Rwanda Industries rukora ibintu bitandukanye rwafunzwe mu gihe cy’icyumweru, nyuma yo kugaragaramo umubare munini w’abakozi banduye COVID-19.

Hemejwe ko abakozi b’uru ruganda bazasubira mu mirimo ari uko bamaze kwipimisha bikagaragara ko bakize, ndetse n’abapimwe bikagaragara ko nta burwayi bafite bakazongera gupimwa, ngo harebwe koko niba batanduye.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy, yavugiye kuri radio y’igihugu ko inzego z’ubuzima n’iz’umutekano zikomeje gukurikirana ngo barebe aho abakozi “bo muri urwo ruganda barwaye baherereye, kugira ngo ntibakomeze gukwirakwiza icyo cyorezo.”

Yakomeje ati “Harimo no kureba abagaragayemo ubu bwandu serivisi baherereyemo cyane, kuko hari abakora mu ruganda nyirizina n’abakoramo bahura n’abaturage cyane.”

Yavuze ko nubwo muri Sulfo Rwanda ariho hagaragaye umubare munini, Minisiteri y’Ubuzima yari imaze igihe ipima abantu mu masoko atandukanye mu Karere ka Nyarugenge.

Ati “Ntabwo bihagarariye aha kuko RBC irimo gufata ibipimo ku bwinshi ngo bitwereke niba ubu bwandu bushobora kuba bwari bwibanze muri ruriya ruganda gusa cyangwa hari n’abandi bakorera hafi yarwo, kugira ngo birusheho gutanga icyerekezo cyo gukomeza kwirinda.”

Ngabonziza yasabye abafite ibikorwa birimo inganda n’ubucuruzi kurushaho kwirinda COVID-19.

Uru ruganda rukorera mu Rwanda guhera mu 1962. Mu byo rwakoraga harimo amasabune n’umuti wifashishwa mu gusukura intoki mu kwirinda COVID-19, umenyerewe nka ‘hand sanitizer’.

Rufunzwe nyuma y’uko mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’abavuga rikumvikana bo mu turere twa Musanze na Rubavu kuri uyu wa Gatanu, yibukije ko abaturage batagomba kwirara kuko ubwandu bwongeye kuzamuka.

Yakomeje ati “Wenda turaza gusubira mu kongera gufunga, byongere bidusubize inyuma gato ku bukungu, kuko turagenda tubona ibimenyetso biva hakurya y’imipaka byerekana ko hari irindi zamuka rya virusi rya gatatu.”

“Ubungubu ngirango riragenda riza, ahandi ho ryarahageze murabibona no mu mafoto, murabibona mu makuru hari abamerewe nabi, ntabwo twifuza ko, nabo iyaba bitabageragaho, ariko natwe ntabwo twifuza ko bitugeraho. Mugomba rero gufata ingamba zihamye.”

Imibare y’abanduye mu Rwanda ikomeje kuzamuka, aho nko ku Cyumweru gishize abarwayi bashya bari 34. Hari hashize iminsi haboneka abarwayi bari munsi ya 100 ku munsi, ku buryo ingamba nyinshi zari zimaze koroshywa.

Muri iki cyumweru ibintu byarahindutse. Ku wa Mbere habonetse abanduye bashya 62, ku wa Kabiri haboneka 127, ku wa Gatatu haboneka 114, ku wa Kane baba 112, kuri uyu wa Gatanu haboneka abanduye bashya 202.

Ni ukuvuga ko muri iyi minsi itandatu ishize habonetse abarwayi bashya 651, hapfamo abantu umunani. Imibare y’abakirwaye nayo yavuye kuri 660 yabarwaga ku Cyumweru gishize, ubu ni 1153.

TAGGED:COVID-19featuredSulfo Rwanda Industries
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Yo Koroza Abaturage, Croix Rouge Igiye Gutera Inkunga Imishinga
Next Article Tshisekedi Yasubitse Igikorwa Cyo Gucyura Ibice By’Umubiri Wa Patrice Lumumba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?