Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tanzania Yisubiyeho, Igiye Gukoresha Inkingo Za COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tanzania Yisubiyeho, Igiye Gukoresha Inkingo Za COVID-19

Last updated: 15 July 2021 6:19 pm
Share
SHARE

Komisiyo yashyizweho na Perezida Samia Suluhu ngo ikore isesengura ku cyorezo cya COVID-19, kuri uyu wa Mbere yamugejejeho raporo ndetse imugaragariza bimwe mu bikwiye gushyirwamo imbaraga mu guhangana n’iki cyorezo muri Tanzania.

Imyanzuro yayo irimo ko guverinoma ikwiye kugura inkingo za COVID-19, abaturage bayo bagakingirwa nk’abandi bo hirya no hino ku isi.

Muri icyo gihe ngo hahabwa umwihariko inkingo zamaze kwemezwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, WHO, kuko byagaragaye ko zitanga umusaruro.

Prof Said Aboud uyoboye iyo komisiyo y’impuguke 12, yavuze ko Leta ikwiye no kurushaho guha abaturage amakuru ku cyorezo cya COVID-19.

Ati “Komisiyo yatanze inama kuri guverinoma ndetse isaba Tanzania gutanga amakuru ku burwayi mu gihugu no kongerera imbaraga gahunda zigamije gukumira ko ubwandu bwazamuka ku nshuro ya gatatu.”

Prof. Aboud yavuze ko mu gutanga inkingo hazaherwa ku bakora kwa muganga, abakozi ba leta, abayobozi b’amadini, abasheshe akanguhe, abafite indwara zikomeye, abagize inzego z’umutekano n’abakora ingendo mu mahanga.

Muri ibyo bikorwa by’ikingira kandi ngo Leta yakora ku buryo inkingo zatangirwa ubuntu.

Uyu muhanga mu buvuzi yavuze ko kuva COVID-19 yagera muri Tanzania muri Werurwe 2020, habayeho izamuka ry’ubwandu inshuro ebyiri zikomeye, ndetse kubera imiterere y’ubwandu mu bindi bihugu, birashoboka ko hazabaho n’inshuro ya gatatu.

Guverinoma ya Tanzania kandi yagiriwe inama yo gusubukura ibikorwa byo gupima iki cyorezo mu buryo buhoraho.

Iki gihugu giheruka gutangaza imibare y’ubwandu mu mwaka ushize, ubwo cyavugaga ko abanduye COVID-19 ari 509, ko abapfuye ari 21.

Byose byagizwemo uruhare na John Pombe Magufuli wayoboraga icyo gihugu, wavuze ko uburyo bwo gupima butizewe, anavuga ko mu gihugu uburwayi bwahashize, ko ahubwo mu kurushaho kwirinda abaturage bagomba gukoresha uburyo bwo kwiyuka.

Yanavuze ko umuhungu we yanduye COVID-19 kandi ko yakize nta miti mwamahanga anyoye.

Ibyo byatumye mu gihe mu bihugu byinshi hagiye hakoreshwa uburyo bunyuranye mu gukumira ubwandu nka guma mu rugo, muri Tanzania ibirori n’imikino ntabwo byigeze bihagarara.

Nta nubwo agapfukamunwa kakoreshwaga, ariko katangiye kwifashishwa ku butegetsi bwa Samia Suluhu Hassan.

TAGGED:COVID-19featuredJohn Pombe MagufuliSamia Suluhu HassanTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iron Dome: Uburyo Israel Irimo Kwifashisha Mu Gusandaza Ibisasu Bya Hamas
Next Article MUKANTABANA Séraphine Yatangije Amahugurwa Mu Kongera Ubumenyi Kuri Ndi Umunyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi

Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?