Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Telefoni Iracyari Impamvu Ikomeye Y’Impanuka Zihitana Abantu Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Telefoni Iracyari Impamvu Ikomeye Y’Impanuka Zihitana Abantu Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 September 2022 4:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare iherutse gutangazwa n’ishami rya  Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda ivuga ko mu mpanuka 12 zahitanye ubuzima bw’abantu zabaye kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru (kizarangira Taliki 11, Nzeri, 2022), esheshatu muri zo zatewe n’abashoferi barangariye  kuri telefone.

Bivuze ko telefoni yateye impanuka zingana na ½ cy’impanuka zose zabaye muri icyo Cyumweru.

Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Senior Superintendent of Police (SSP) Rene Irere  avuga ko ibi biri mu byatumye Polisi yongera imbaraga mu kurwanya iyi migirire.

Ni imigirire ishyira mu kaga ubuzima bw’abashoferi n’ubw’Abanyarwanda muri rusange kubera ko ubwonko buri kuri Telefoni buhuga cyane k’uburyo kubusaba kugira ibindi bukora ari ukubuvana ku murongo bukabikora nabi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uko ‘kubikora nabi’ ni ko kuvamo impanuka zica cyangwa zikamuzaga abantu ndetse zikangiza n’ibikorwa remezo.

Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda SSP Irere ati: “Mu bikorwa byakozwe hagati yo ku wa Mbere no ku wa Kane, mu gihugu hose, abashoferi 273 bafashwe bakoresha telefone batwaye ibinyabiziga.”

Kubafata kandi ngo bizakomeza bikorwe hagamijwe guhana no gukumira ko byakorwa.

Gukoresha telefone igendanwa utwaye imodoka ni ukurenga ku mategeko n’amabwiriza y’umuhanda, kandi ikaba imwe mu mpamvu zikomeye zitera impanuka zo mu muhanda zigahitana ubuzima bw’abantu.

Mu myaka yashize, Polisi y’u Rwanda yakoze  ubukangurambaga ku bijyanye n’umutekano wo mu muhanda.

- Advertisement -

Intego yari  uguhindura imyitwarire y’abakoresha umuhanda  hagamijwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda.

Imibare itangwa na Polisi ivuga ko mu mujyi wa Kigali hafashwe abashoferi 246, mu Ntara y’i Burasirazuba hafashwe abashoferi 11, mu Ntara y’Amajyepfo hafatwa abashoferi barindwi, mu Ntara y’ i Burengerazuba hafatwa abashoferi batandatu naho mu Ntara y’Amajyaruguru hafatwa batatu.

Polisi kandi ivuga ko abantu bibwira ko  kwitaba telefoni bakoresheje ikoranabuhanga rya bluetooth  bidahanwa n’amategeko, bibeshya.

SSP Irere: “Ntabwo byemewe na gato mu gihe utwaye imodoka, telefone uko wayivugiraho kose waba wayirambitse mu modoka cyangwa wakoresheje bimwe mu bikoresho bigufasha kuyivugiraho utayifashe ntibyemewe kuko bituma umushoferi arangara bityo bikaba byamuviramo gukora impanuka yahitana ubuzima bwe cyangwa ubw’abandi bakoresha umuhanda. Nimwirinde gukoresha telefone mutwaye ibinyabiziga, ni mwubahe amategeko y’ umuhanda.”

Senior Superintendent of Police( SSP) Rene Irere
TAGGED:featuredimodokaImpanukaIrerePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Ntaganda Agiye Kujya Mu Rukiko Kuburana Ku Ndishyi Yaciwe
Next Article Rutaremara Asobanura Inkingi ZIKOMEYE FPR-Inkotanyi Yubakiweho Bwa Mbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?