Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Threads’: Urubuga Nkoranyambaga Rushobora Gusimbura Twitter
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

‘Threads’: Urubuga Nkoranyambaga Rushobora Gusimbura Twitter

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 July 2023 1:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mark Zuckerberg kuri uyu wa Kabiri yatangaje ku mugaragaro ko ku wa Kane taliki 06, Nyakanga, 2023 azatangiza ku mugaragaro urubuga nkoranyambaga rukora nk’uko Twitter yari isanzwe ikora ariko rukagira n’akarusho ko gukorana na Instagram.

Yarwise ‘Threads’. Iri ni ijambo ry’Icyongereza risobanura ‘Ikidongi’ mu Kinyarwanda.

Ni urubuga abantu bazashobora gushyira muri telefoni zabo zikoresha Android cyangwa Apple Store.

Ibi bitangajwe nyuma y’igihe gito Elon Musk nyiri Twitter atangaje ko hari umubare ntarengwa wa Tweets abantu batagomba kurenza ku munsi bazisoma.

Mu rwego rwo guhangana n’uyu muherwe, Mark Zuckerberg nawe yakoranye n’abahanga be bakora urundi rubuga nkoranyambaga bise Threads, rufite imikorere nk’iyo Twitter yari isanganywe ariko rukagira umwihariko w’uko abarukoresha bazajya barukoreraho ibyo basanzwe bakorera kuri Instagram.

Umuntu azaba afite uburenganzira n’ubushobozi bwo gushyiraho  inyandiko, amajwi n’amashusho kandi nta mubare ntarengwa.

Abahanga mu by’ikoranabuhanga bahise bemeza ko iki kintu ari cyo kigiye kubiza Elon Musk icyokere kurusha ibindi.

Impamvu ni uko Instagram yonyine ifite abantu miliyoni 500 bayikoresha ku munsi.

Muri iki gihe kandi umwuka wo guhatana ndetse bamwe bavuga ko ushobora no kuvamo guterana amagambo hagati ya Elon Musk na Mark Zuckerberg ukomeje kuzamuka.

Mu mezi make ashize, Musk yigeze kubwira abantu bakoresha Twitter ko bari bakwiye kuzibukira Facebook kuko ngo ari urubuga ‘rucumbagira’.

Zuckerberg asa nuwihimura kuri Musk bucece kubera ko nyuma yo kubona ingamba yafashe kandi zizagora benshi mu bari basanzwe bakoresha Twitter, yahise atangiza Threads.

Twitter yafashe kandi ingamba z’uko abantu bari basanzwe bakoresha app yayo yitwa TweetDeck batazongera kuyikoresha ngo bibakundire niba badafashe ifatabuguzi rya buri kwezi rya $8.

Threads kandi ngo izaba ikoze nk’uko Twitter yari ikoze, bikazatuma abakiliya bayo bakomeza kwiyumva nk’abakoresha Twitter.

Abakora ubushakashatsi mu mikorere y’imbuga nkoranyambaga bavuga ko Twitter izahomba kubera ko Threads izaba itanga serivisi yatangaga ariko yongereho n’iya Instagram isanzwe ikoreshwa n’abantu miliyari ebyiri buri kwezi ku isi yose, mu gihe Twitter yo ari abantu miliyoni 364 buri kwezi.

TAGGED:ElonfeaturedInstagramMuskTwitterUrubuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Padiri Nayigiziki Wari Warahawe Izina Rya Musenyeri W’Icyubahiro Yatabarutse
Next Article Abakomerekeye Ku Rugamba Sibo Bakomeretse Gusa-Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?