Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: TikTok Yakoze Impinduka Ku Mashusho Ayishyirwaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

TikTok Yakoze Impinduka Ku Mashusho Ayishyirwaho

admin
Last updated: 01 March 2022 10:22 am
admin
Share
SHARE

Urubuga nkoranyambaga rukoreshwa mu gusakaza amashusho, TikTok, rwemeje ko guhera kuri uyu wa Mbere rwatangiye kwakira amashusho ashobora kugera ku burebure bw’iminota 10, igikorwa gishobora gutuma irushaho guhangana na YouTube.

TikTok ibarizwa mu kigo ByteDance cyo mu Bushinwa yatangiye mu 2016 yakira amashusho atarenga umunota umwe gusa, mu mwaka ushize icyo gihe kirazamurwa kigera ku mashusho y’iminota itatu.

Mu butumwa TikTok yahaye AFP yagize iti “Uyu munsi twishimiye gutanga ubushobozi bwo gushyiraho amashusho ashobora kugera ku minota 10. Turizera ko ibi bizatera umuhate abayikoresha hirya no hino ku isi ngo barusheho guhanga ibishya.”

TikTok ikubye inshuro zirenga eshatu ingano y’amashusho ashobora kuyishyirwaho mu gihe YouTube na Facebook na zo zikomeza kunoza uburyo butuma abantu bazikoresha ari benshi mu mashusho bashyiraho cyangwa barebaho.

Kugeza ubu YouTube iza imbere y’a TikTok ugereranyije igihe abantu bamara kuri izi mbuga nkoranyambaga.

Gusa abasesenguzi bavuga ko kongera uburebure bw’amashusho ashyirwa kuri TikTok bishobora kugira ingaruka zigaragara kuri YouTube mu kugabanya icyo cyuho.

Biteganywa ko kongera uburebure bw’amashusho ajya kuri TikTok bizanongera amafaranga abayishyiraho ibihangano byabo bishyurwa, bijyanye n’uburyo izarushaho gukoreshwa mu kwamamaza.

TAGGED:TikTok
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bafashwe ‘Bakwirakwiza’ Udupfunyika 2600 Tw’Urumogi
Next Article U Burusiya ‘Bwatangiye’ Gukoresha Intwaro Zibujijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu Rwanda

Ikibatsi Cy’u Rwanda Mu Guteza Imbere Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

Airtel Rwanda Yatangije Uburyo Bw’Ubutumwa Bukuburira Ku Batekamutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Intego Z’u Rwanda Mu Gukwiza Ikoranabuhanga Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Nyuma Yo Gutandukana Na Musk, Trump Yiyegereje Undi Muherwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?