Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tom Byabagamba Yongeye Guhamwa N’Icyaha Cy’Ubujura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Tom Byabagamba Yongeye Guhamwa N’Icyaha Cy’Ubujura

admin
Last updated: 20 May 2021 6:14 pm
admin
Share
SHARE

Tom Byabagamba wahoze ari Colonel mu Ngabo z’u Rwanda yongeye guhamwa n’icyaha cy’ubujura bwa telefoni, gusa agabanyirizwa igifungo ahabwa umwaka umwe, mu gihe mbere yari yakatiwe itatu.

Kuri uyu wa Kane Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye urubanza mu bujurire, rugabanya igifungo yaherukaga gukatirwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Uyu mugabo asanzwe muri gereza kuko arimo gukora igifungo cy’imyaka 15 yakatiwe mu 2019 akanamburwa impeta za gisirikare, nyuma yo guhamywa ibyaha birimo kwangisha abaturage ubutegetsi buriho, gushaka kugirira nabi Umukuru w’Igihugu no gusuzugura Ibendera ry’igihugu.

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwari rwabanje kumukatira gufungwa imyaka 21, arajurira, igihano kibona kuba imyaka 15.

Ubwo yafatanwaga telefoni muri gereza afungiwemo, ntabwo hagaragajwe inkomoko yayo, bityo atangira gukurikiranwaho icyaha cy’ubujura. Yashinjwaga ko iriya telefoni yayibye mu rukiko yagiye kuburana.

Icyo gihe yahamwe n’icyaha ndetse mu Ugushyingo 2020 akatirwa gufungwa imyaka itatu, ariko mu bujurire yagabanyijwe hasigaraho umwe.

Urubanza rwasomwe Byabagamba atari mu cyumba cy’urukiko.

Afunzwe kuva mu 2014.

 

 

TAGGED:Byabagambafeaturedubujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda N’U Burundi Mu Mushinga W’Umuhanda Uca Tanzania
Next Article Internet Explorer Igiye Gukurwa Ku Isoko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?