Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tom Byabagamba Yongeye Guhamwa N’Icyaha Cy’Ubujura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Tom Byabagamba Yongeye Guhamwa N’Icyaha Cy’Ubujura

admin
Last updated: 20 May 2021 6:14 pm
admin
Share
SHARE

Tom Byabagamba wahoze ari Colonel mu Ngabo z’u Rwanda yongeye guhamwa n’icyaha cy’ubujura bwa telefoni, gusa agabanyirizwa igifungo ahabwa umwaka umwe, mu gihe mbere yari yakatiwe itatu.

Kuri uyu wa Kane Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye urubanza mu bujurire, rugabanya igifungo yaherukaga gukatirwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Uyu mugabo asanzwe muri gereza kuko arimo gukora igifungo cy’imyaka 15 yakatiwe mu 2019 akanamburwa impeta za gisirikare, nyuma yo guhamywa ibyaha birimo kwangisha abaturage ubutegetsi buriho, gushaka kugirira nabi Umukuru w’Igihugu no gusuzugura Ibendera ry’igihugu.

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwari rwabanje kumukatira gufungwa imyaka 21, arajurira, igihano kibona kuba imyaka 15.

Ubwo yafatanwaga telefoni muri gereza afungiwemo, ntabwo hagaragajwe inkomoko yayo, bityo atangira gukurikiranwaho icyaha cy’ubujura. Yashinjwaga ko iriya telefoni yayibye mu rukiko yagiye kuburana.

Icyo gihe yahamwe n’icyaha ndetse mu Ugushyingo 2020 akatirwa gufungwa imyaka itatu, ariko mu bujurire yagabanyijwe hasigaraho umwe.

Urubanza rwasomwe Byabagamba atari mu cyumba cy’urukiko.

Afunzwe kuva mu 2014.

 

 

TAGGED:Byabagambafeaturedubujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda N’U Burundi Mu Mushinga W’Umuhanda Uca Tanzania
Next Article Internet Explorer Igiye Gukurwa Ku Isoko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?