Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Arashaka Guhuza Misiri Na Ethiopia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tshisekedi Arashaka Guhuza Misiri Na Ethiopia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 April 2021 1:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubilika ya Demukarasi ya Kongo  Felix Tshisekedi arateganya guhuza  Perezida wa Misiri, ubuyobozi bwa Sudani na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia kugira ngo baganire uko bakemura ikibazo batumvikanaho gishingiye ku rugomero Ethiopia iri kubaka ku mugezi wa Nili.

Ni urugomero Ethiopia yise Grand Ethiopian Renaissance Dam, ikavuga ko ruzafasha Afurika kwihaza muby’amashyanyarazi, ariko Misiri yo ikemeza ko ruzatuma amazi yarwo agabanuka bityo ikicwa n’inzara.

Ubwo yatorerwaga kuyobora  Umuryango  w’Afurika yunze ubumwe, yavuze ko kimwe mu bibazo azakemura harimo no guhuza  Ethiopia, Sudani na Misiri bakaganira uko bakemura kiriya kibazo.

Misiri na Sudani bivuga ko Ethiopia iri gukora umushinga ugamije inyungu zayo gusa, ikawukora ititaye ku ngaruka kugabanuka kw’amazi ya Nili kuzagira ku bindi bihugu iha amazi.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo ivuga ko mbere y’uko Abakuru b’ibihugu birebwa na kiriya kibazo bahura, hazabanza kuba Inama izahuza ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga, ikazaba hagati ya tariki 03, Mata, 2021, Inama y’Abakuru ba biriya bihugu izaba yitabiriwe kandi na Bwana Moussa Faki Mahamat, uyobora Komisiyo y’Afurika Yunze Ubumwe.

Inama y’Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga izirabirwa na Minisitiri Demeke Mekonnen wa Ethiopia, Mariam al-Mahdi wa Sudani na Sameh Shoukri wa Misiri. Repubulika ya Demukarasi ya Kongo yo izaba ihagarariwe na Prof Alphonse Ntumba Luaba.

N’ubwo Tshisekedi ashaka ko ibintu bikemuka mu mahoro, Perezida wa Misiri Bwana Abdel Fattah Al Sisi aherutse kuvuga ko niba Ethiopia ishaka intambara izayibona niramuka ikoze ku mazi ya Nili.

Yavuze ko uzahirahira agashaka gukoa kuri Nili n’igitonyaga na kimwe cy’amazi bizamukoraho.

Nili

Ati: “ Muzabareke bageragaze bazabyibonera. Nta muntu wakora ku mazi ya Nili kuko yaba ashaka gukora mu jisho ry’intare. Gutwara amazi ya Nili ni nyirantarengwa.”

Misiri, Ethiopia na Sudani biri mu ntambara y’amagambo ishobora no kuba intambara yeruye mu gihe umugambi wa Ethiopia wo kubaka ruriya rugomero wakomeza uko wateguwe.

Uwo mugambi ni uwo kubaka urugomero runini ruzatanga amashanyarazi ashobora kugaburira igice kinini cy’Afurika.

TAGGED:EthiopiafeaturedMisiriTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage Ba Misiri Baremeye Ab’ U Burundi
Next Article Perezida Kagame Yahuriye Na Tony Blair Mu Nama Yiga Kuri COVID-19 Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?