Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Avuga Ko Kabila Ariwe Uha M23 Amabwiriza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Tshisekedi Avuga Ko Kabila Ariwe Uha M23 Amabwiriza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2025 10:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yaraye ahaye abitabiriye inama iri kubera i Munich mu Budage yiga ku mutekano ku rwego mpuzamahanga, Felix Tshisekedi yavuze ko uwo yasimbuye Joseph Kabila ari mu baha amabwiriza M23.

Tshisekedi avuga ko ibyo na Kabila abizi ariko adashobora kubyemera.

Avuga ko ibyo Kabila akora abifatanyamo n’u Rwanda, ibintu rwo rwahakanye kenshi.

Ndetse na Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Juvénal Marizamunda wari uri muri iyo nama ahagarariye u Rwanda yavuze ko rutigeze rutera DRC ahubwo rwashyizeho ingamba zo gukumira ko hari igisasu kizongera kuva yo kikagwa mu Rwanda.

Tshisekedi yabwiye abari bamuteze amatwi ko Joseph Kabila  ari we ukorana na M23, byose bikaba bifitwemo uruhare n’u Rwanda.

Yagize ati: “ Sinemera ko abatavuga rumwe na njye ari bo bafashe intwaro bakaza kundwanya. Ni uwo nasimbuye Joseph Kabila wafatanyije n’u Rwanda baza kutudurumbanya”.

Imvugo ya Tshisekedi ntiyatinze kwamaganwa n’abo ku ruhande rwa Kabila binyuze mu ijwi ry’Umunyamabanga mukuru w’ishyaka rya Kabila witwa Ferdinand Kambere.

Iryo shyaka ryitwa Parti du peuple pour la reconstruction et la démocratie, (PPRD).

Kambere avuga ko ibyo Félix Tshisekedi avuga ari amatakirangoyi kubera ko ikibazo cy’umutekano mu gihugu cye cyamurenze.

Asanga bibabaje kubona yirengagiza uburemere bw’ibibera mu gihugu cye, ahubwo agashaka abo abyegekaho.

Uyu mugabo kandi avuga ko bisa n’aho Tshisekedi ashaka guhindura imvugo, ibyo yari asanzwe avuga by’uko u Rwanda ari rwo rumutera bigahinduka bikaba Kabila.

Ferdinand Kambere avuga ko umuvuno wa  Tshisekedi udashobora kugira icyo ufasha mu gutuma igihugu gitekana.

Ibi yabibwiye Radio Okapi dukesha iyi nkuru.

 

TAGGED:featuredIngaboKabilaM23TshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Harabura Gato Ngo Hatorwe Usimbura Faki
Next Article Bunagana, Goma, Bukavu…M23 Irakurikizaho Uwuhe Mujyi?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?