Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yashyizeho Ibihe Bidasanzwe Mu Ntara Ebyiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yashyizeho Ibihe Bidasanzwe Mu Ntara Ebyiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2021 9:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi, yatangaje ibihe bidasanzwe mu ntara za Kivu y’Amajyarugu na Ituri, kubera ibibazo by’umutekano bikomeje kuzigaragaramo.

Iki cyemezo gifashwe mu gihe hakomeje kumvikana imyigaragambyo y’abaturage bamagana ubwicanyi bakomeje gukorerwa, cyane cyane bugirwamo uruhare n’imitwe yitwaje intwaro, yaba ikomoka muri RDC cyangwa mu mahanga.

Cyatangajwe na Minisitiri w’itumanaho, Patrick Muyaya, kuri televiziyo y’igihugu RTNC, mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu.

Cyafashwe nyuma y’inama nkuru y’umutekano yahuje Perezida Tshisekedi, Minisitiri w’Intebe Jean-Michel Sama Lukonde n’abayobozi b’Imitwe yombi y’inteko ishinga amategeko (abadepite na sena).

Kuri uyu wa Gatanu kandi ni nabwo habaye inama ya mbere ya Guverinoma nshya, nyuma y’amasaha 72 irahiye. Mu byo ishyize imbere harimo gukemura ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bw’igihugu.

Hemejwe ko amabwiriza azagenga ibyo bihe bidasanzwe atangazwa mu gihe cya vuba.

Lukonde ku wa 26 Mata yabwiye inteko ishinga amategeko ko mu bishoboka harimo gusimbuza ubuyobozi bwa gisivili hagashyirwaho ubwa gisirikare mu bice birimo umutekano muke, nubwo byazamuye izindi mpungenge kubera ko ingabo za Congo zishinjwa guhohotera abaturage.

Ku wa Kane Perezida Tshisekedi yari yatangaje ko agiye gufata ingamba zidasanzwe mu bice birangwamo umutekano muke, byo mu Burasirazuba bw’igihugu.

Aheruka no gutangaza ko igihugu cye kigiye gufatanya n’ibihugu by’akarere mu kurandura burundu imitwe yitwaje intwaro. Mu minsi mike ingabo za Kenya zizaba ziri ku butaka bwa RDC.

TAGGED:featuredLukondeTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gutunganya ‘Imbuga City Walk’ Bigeze Kure
Next Article Ntawe Uzabuza Abantu Kuvuga – Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?