Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yeruye Avuga Ko Adashaka Ingabo Za EAC Mu Gihugu Cye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yeruye Avuga Ko Adashaka Ingabo Za EAC Mu Gihugu Cye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 May 2023 7:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Félix Tshisekedi yabwiye abanyamakuru ko ingabo z’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba zoherejwe mu gihugu cye zitakihifuzwa kuko n’igihe zari zarahawe kizarangirana na Kamena, 2023.

Hari mu kiganiro yabahereye i Gaborone muri Botswana aho ari kuba muri iyi minsi nka Perezida wa SADC wari umaze igihe gito ayoboye inama y’ibihugu bigize uyu muryango yabeye i Windhoek mu Murwa mukuru wa Namibia.

Félix Tshisekedi yavuze ko ingabo za EAC nta kintu zafashije mu kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa DRC ndetse ngo iyo niyo mpamvu yatumye zihabwa amezi make y’inyongera kuri manda yazo.

Ni amezi atatu kandi ayo mezi agomba kurangirana na Kamena, 2023.

Umunyamabanga mukuru wa EAC witwa Dr. Peter Mathuki yari yarasabye DRC ko yakongerera ingabo za EAC  amezi atandatu ariko ubutegetsi bw’i Kinshasa busanga ari menshi bityo bwemeza atatu.

Tshisekedi yagize ati: “ Ayo mezi narangira tuzemeza ko ibyo uriya mutwe w’ingabo wakoze byari ibyo, hanyuma tuwusezerere utahe, uve muri DRC”.

Perezida wa DRC avuga ko mu mayeri menshi hari ahantu hamwe na hamwe mu Burasirazuba bwa DRC ingabo za EAC zibana neza n’abarwanyi ba M23 kandi ngo si ko byari byaragenwe muri manda yazo.

RFI yanditse ko Tshisekedi yabwiye abanyamakuru  ko intego yazanye ziriya ngabo yari uguhagarika imirwano, abarwanyi ba M23  bakava mu bice bafashe bagasubira aha baje baturuka.

Ku rundi ruhande, Perezida Tshisekedi anenga bagenzi be bafite abasirikare boherejwe mu ngabo za EAC bavuga ko mu nshingano zabo nta byo kurwanya M23 birimo.

Yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe no kubona Kenya ari yo yongeye gutanga umukandida wo kuyobora ziriya ngabo.

Ngo wagira ngo Kenya niyo igomba kuziyobora ‘byanze bikunze.’

Ese Ingabo Za SADC Zije Gusimbura Iza EAC Muri DRC?

TAGGED:AbarwanyiBotswanafeaturedIngaboM23NamibiaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Polisi Yahagurukiye Abahindura Pulake Za Moto
Next Article DRC Niyo Igura Mu Rwanda Ingurube Nyinshi Zo Kubaga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?