Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tugomba kumenya kandi tugakumira ibitera umutekano muke – Gen Murasira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tugomba kumenya kandi tugakumira ibitera umutekano muke – Gen Murasira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2020 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda Major General Albert Murasira yasabye abandi bafata ibyemezo bya Politiki mu by’umutekano gukorana bya hafi mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba bakarebera hamwe ibitera umutekano muke kugira ngo babikumire.

Hari mu ijambo yagejeje ku bandi bakora politiki mu by’umutekano bibumbiye mu kitwa East African Standby Force bari mu nama igamije kureba uko bakomeza gukorana bya hafi mu guteza imbere umutekano mu karere k’Afurika y’i Burasirazuba.

Gen Murasira avuga ko kugira ngo abantu bashobore gukumira ikintu bisaba ko babanza kumenya ikigitera.

Yagize ati: “ Tugomba gukomeza gukorana bya hafi kugira ngo tumenye ibitera umutekano muke mu karere bityo tubikumire.

Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Albert Murasira avuga ko mu Karere u Rwanda ruherereye mo hakiri ibibazo by’umutekano bihaboneka birimo gucuruza abantu, gucuruza intwaro, iterabwoba rikorwa n’imitwe yitwara gisirikare n’ibindi bireba imibereho myiza y’abaturage nk’indwara n’ibindi.

Yagarutse kandi ku cyorezo  COVID-19 gikomeje gukoma mu nkokora gahunda zose ariko asaba bagenzi be bashinzwe umutekano n’ingabo kudacika intege  ahubwo bagakurikiza amabwiriza atangwa n’inzego z’ubuzima, ariko n’akazi kabo kagakomeza.

Iyi nama ibaye ihuze ba Minisitiri b’ingabo n’ab’umutekano mu bihugu bifite ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ziswe East African Standby Force.

Ni inama ibaye ikurikira iyabaye ku wa Gatatu taliki  16, Ukuboza, 2020 yahuje abagaba b’ingabo z’ibihugu bigize uriya mutwe.

Muri iyi nama kandi hari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga akaba aashinzwe n’ibikorwa bya EAC,  Prof Nshuti Mannasseh.

TAGGED:COVID-19featuredIngaboMinisitiriMurasiraNshuti
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cardinal Kambanda yahawe inshingano nshya na Papa Francis
Next Article 2020:Umwaka uhitanye benshi mu bigeze kuyobora ibihugu by’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?