Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tugomba kumenya kandi tugakumira ibitera umutekano muke – Gen Murasira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tugomba kumenya kandi tugakumira ibitera umutekano muke – Gen Murasira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2020 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda Major General Albert Murasira yasabye abandi bafata ibyemezo bya Politiki mu by’umutekano gukorana bya hafi mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba bakarebera hamwe ibitera umutekano muke kugira ngo babikumire.

Hari mu ijambo yagejeje ku bandi bakora politiki mu by’umutekano bibumbiye mu kitwa East African Standby Force bari mu nama igamije kureba uko bakomeza gukorana bya hafi mu guteza imbere umutekano mu karere k’Afurika y’i Burasirazuba.

Gen Murasira avuga ko kugira ngo abantu bashobore gukumira ikintu bisaba ko babanza kumenya ikigitera.

Yagize ati: “ Tugomba gukomeza gukorana bya hafi kugira ngo tumenye ibitera umutekano muke mu karere bityo tubikumire.

Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Albert Murasira avuga ko mu Karere u Rwanda ruherereye mo hakiri ibibazo by’umutekano bihaboneka birimo gucuruza abantu, gucuruza intwaro, iterabwoba rikorwa n’imitwe yitwara gisirikare n’ibindi bireba imibereho myiza y’abaturage nk’indwara n’ibindi.

Yagarutse kandi ku cyorezo  COVID-19 gikomeje gukoma mu nkokora gahunda zose ariko asaba bagenzi be bashinzwe umutekano n’ingabo kudacika intege  ahubwo bagakurikiza amabwiriza atangwa n’inzego z’ubuzima, ariko n’akazi kabo kagakomeza.

Iyi nama ibaye ihuze ba Minisitiri b’ingabo n’ab’umutekano mu bihugu bifite ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ziswe East African Standby Force.

Ni inama ibaye ikurikira iyabaye ku wa Gatatu taliki  16, Ukuboza, 2020 yahuje abagaba b’ingabo z’ibihugu bigize uriya mutwe.

Muri iyi nama kandi hari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga akaba aashinzwe n’ibikorwa bya EAC,  Prof Nshuti Mannasseh.

TAGGED:COVID-19featuredIngaboMinisitiriMurasiraNshuti
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cardinal Kambanda yahawe inshingano nshya na Papa Francis
Next Article 2020:Umwaka uhitanye benshi mu bigeze kuyobora ibihugu by’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Bafungiwe Kwangiza Amashanyarazi

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

DRC: Ingabo Z’Uburundi Zirashinjwa Kwicisha Abanyamulenge Inzara

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ikoranabuhanga

Ubushinwa Bwatangiye Gukoresha Robo Zikora Gipolisi Mu Muhanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?