Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Turashaka Gufungura Ambasade Muri Hungary- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Turashaka Gufungura Ambasade Muri Hungary- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2023 3:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yavuze ubwo yakiraga mugenzi we uyobora igihugu cya Hungary witwa   Katalin Novák, Perezida Kagame yavuze ko mu gihe gito kiri imbere u Rwanda ruzafungura Ibiro biruhagarariye i Budapest.

Uyu ni Umurwa mukuru wa Hungary.

Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Hungary uzakomeza gutera imbere kubera hari n’amasezerano impande zombi zasinye kugira ngo zikorane mu buryo burambye.

Ayo masezerano arimo ni guhugura Abanyarwanda ku byerekeye gutunganya ingufu za kirimbuzi zikoreshwa mu nganda n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Biragaraga ko u Rwanda na Hungary bibanye neza kandi dushaka gukomeza kubiteza imbere.”

Hari kandi n’ubufatanye mu rwego rw’uburezi aho abanyeshuri bagera kuri 40 bize muri Kaminuza zo muri kiriya gihugu.

Perezida Kagame yasezeranyije Katalin Novák kuzasura igihugu cye mu gihe kiri imbere ariko kitarambiranye.

Katalin  avuga ko ari ubwa mbere asuye igihugu cy’Afuruka kandi yabanje gusura u Rwanda ngo arebe icyo gihugu uko cyateye imbere.

Avuga kandi ko ari ubwa mbere Perezida wa Hungary asuye Afurika akabanziriza mu Rwanda kandi ngo  ni intangiriro y’umubano uzakomeza.

- Advertisement -

Ikindi kandi ni uko kuba yitabiriye iriya nama ivuga ku iterambere ry’umugore ari ikintu cyerekana ko ibihugu byombi bishyigikiye iterambere rye.

Katalin avuga ko abikorera ku giti cyabo bo mu gihugu cye biteguye kuzashora mu Rwanda kandi bikazagira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda.

Yaboneyeho gutumira Perezida Kagame mu Nama mpuzamahanga izabera i Budapest iziga ku bwiyongere bw’abaturage izaba mu mezi make ari imbere.

TAGGED:featuredHungaryIcyicaroKagamePerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Netanyahu Yavuye Mu Bitaro
Next Article Umurambo Wa Sgt Tabaro Wagejejwe I Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?