Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Twabwiye Abarokotse Jenoside Ko Nabo Hari Icyo Bagombaga Gutanga- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Twabwiye Abarokotse Jenoside Ko Nabo Hari Icyo Bagombaga Gutanga- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 April 2024 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yasubizaga ku cyakozwe ngo abarokotse batange imbabazi ku babakoreye Jenoside, Perezida Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside abarokotse Jenoside bari bakeneye ubutabera ariko ko nabo hari icyo basabwe kugira ngo u Rwanda rwongere rube igihugu cy’Abanyarwanda BOSE.

Ni mu kiganiro yahaye radio zigenga ari zo Radio 10 na Royal FM ku byakozwe mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.

Kagame yavuze ko abakoze Jenoside babihaniwe ariko banabwira ko batazongera kubitekereza na rimwe kandi ko n’uwabikinisha yazabihanirwa.

Perezida Kagame avuga ko byatewe kandi no gutekereza, abantu bakareba aho ibifitiye igihugu akamaro biri n’icyakorwa.

Ati: “ Abo Jenoside yahitanye yarabahitanye ariko uwayikoze sinzi icyo yavanyemo.”

Avuga ko abarokotse Jenoside basabaga ubutabera ariko n’abo hari icyo basabwaga.

Avuga ko Leta yasabye abarokotse Jenoside kongera kubaka ubuzima bwanyu n’ubw’abandi barokotse kandi ngo ibyo niko byagombaga kugendana no kubabarira abakoze Jenoside.

Ibyo kandi byarashobotse nk’uko bigaragara.

Ati: “ Twabwiye abarokotse ko akababaro kabo kumvikana kandi ko kugira ngo igihugu cyubakwe byasabaga ko batanga imbababazi kugira ngo hubakwe ubutabera burenze ubusanzwe”.

Ikindi kandi ngo Abanyarwanda bose bakwiye gusubiza amaso inyuma bakamenya aho bava, aho bari n’aho bagomba kujya.

Abana bari ho ubu ngo bagomba kugira icyo biga bakuye ku bakuru.

Asaba Abanyarwanda kumenya icyo bashaka kubacyo.

Avuga ko uko yabibonye, yasanze Abanyarwanda bakunda igihugu cyabo kandi bagaharanira ko u Rwanda ruba igihugu kibereye buri Munyarwanda wese.

Ku byerekeye ingengabitekerezo ya Jenoside ivugwa mu Karere u Rwanda ruherereyemo Perezida Kagame avuga ko ibi atari ibintu bije vuba aha ahubwo ko byatangiye mu mwaka wa 1960 ubwo Abatutsi babaga mu Rwanda bameneshwaga n’ubutegetsi bwari ho, bubaziza abo bari bo.

Nyuma ndetse ngo guhera muri iyo myaka kugeza mu myaka ya 1990 hari irindi vangura bakorerwaga mu Rwanda ndetse hari n’abishwe mu bice bitandukanye by’u Rwanda.

Ikindi kandi ni uko guhera mu mwaka wa 1994 kugeza mu mwaka wa 2024, ni ukuvuga indi myaka 30 ubu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo naho hari ivangura n’ubwicanyi bikorerwa abo mu

Ati: “ …Ubu turibuka ariko hari ibintu mu Karere nabyo bisa na biriya, ubu abantu bicwa mu Burasirazuba bwa DRC, abantu barenga 100,000 bicwa kandi batotezwa kandi  bikavugwa bitwa ko bikorwa Abatutsi. Abo babica kandi bagafatanya n’Interahamwe. Ibyo nabyo ni ibintu bije nyuma y’indi myaka 30 nk’uko twahoze tubibona”.

Avuga ko ibyirondakoko biba n’ahandi ku isi kandi ibyo ngo ni ibitekerezo bitajyanye n’igihe by’abantu batajyana n’igihe isi irimo, ibyo yise primitivity.

TAGGED:AbarokotsefeaturedIkiganiroJenosideKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Umwana Ukekwaho Gusambanya Mugenzi We YAREKUWE By’Agateganyo
Next Article Uzasimbura Kagame Agomba Kuzaba Ameze Ate?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?