Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bufaransa Bwemeje ko Hategekimana Wari Umujandarume Aburanishwa Ku Byaha Bya Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

U Bufaransa Bwemeje ko Hategekimana Wari Umujandarume Aburanishwa Ku Byaha Bya Jenoside

admin
Last updated: 23 September 2021 6:22 pm
admin
Share
SHARE

Abacamanza b’Urukiko rwa Paris bemeje ko Umunyarwanda unafite ubwenegihugu bw’u Bufaransa Philippe Hategekimana atangira kuburanishwa ku byaha bya Jenoside, ubufatanyacyaha muri jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu byabaye mu 1994.

Ubushinjacyaha bumurega kugira uruhare mu kwica Abatutsi mu zahoze ari komine Ntyazo, Nyabisindu na Rusatira mu yari Perefegitura ya Butare, n’uruhare mu kwica uwari burugumesitiri wa Ntyazo, Narcisse Nyagasaza.

Bunamurega kandi “uruhare mu gushinga bariyeri zo kugenzura no kwica abasivile b’Abatutsi, kuyobora no gushyira mu bikorwa ubwicanyi ku misozi ya Nyabubare na Nyamure” n’ibindi.

Uwo mugabo yahawe ubwenegihugu bw’u Bufaransa mu 2005, aza guhindura amazina yitwa Philippe Manier.

Nyuma y’igihe babisuzuma, abacamanza babiri b’Urukiko rwa Paris bemeje ko Hategekimana agomba kuburanishwa ku byaha bya “Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu no kugira uruhare mu mutwe wateguraga ibyo byaha.”

Umwunganizi we mu mategeko, Me Alexis Guej, yabwiye RFI ko bazajuririra icyo cyemezo cyafatiwe umukiliya we “Philippe Manier.”

Muri Kamena 2015, Impuzamiryango iharanira ko abagize uruhare muri Jenoside bagezwa imbere y’ubutabera (CPCR) yareze Hategekimana ibyaha bitandukanye birimo kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iperereza ryahise ritangira, maze aza kugerageza gucika ubutabera bw’u Bufaransa yekerekeza muri Cameroon.

Bwasabye ko atabwa muri yombi, afatirwa i Yaoundé muri Werurwe 2018 maze muri Gashyantare 2019 yoherezwa mu Bufaransa ngo abe ariho azaburanira.

Kuva icyo gihe yahise afungirwa muri gereza ya Nanterre mu gihe yaro ategereje kuburana.

Hategekimana ariko ahakana ibyaha byose aregwa.

Hari amakuru ko mu mwaka ushize Ubushinjacyaha bwakoreye urugendo mu Rwanda mu gukusanya ibimenyetso kuri urwo rubanza.

U Rwanda narwo rwatanze impapuro mpuzamahanga zisaba ko yafatwa akaburanishwa, ku wa 25 Nyakanga 2017.

 

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosidePhilippe Hategekimanau Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyapolitiki 3 Bavugwaho Kuba Inyuma Y’Ibitero Bya Grenade I Bujumbura
Next Article Utubari Tuzafungurwa Twamenyekanye, Abazadukoramo i Kigali Ni Abakingiwe COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?