Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bufaransa Bwemeje ko Hategekimana Wari Umujandarume Aburanishwa Ku Byaha Bya Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

U Bufaransa Bwemeje ko Hategekimana Wari Umujandarume Aburanishwa Ku Byaha Bya Jenoside

admin
Last updated: 23 September 2021 6:22 pm
admin
Share
SHARE

Abacamanza b’Urukiko rwa Paris bemeje ko Umunyarwanda unafite ubwenegihugu bw’u Bufaransa Philippe Hategekimana atangira kuburanishwa ku byaha bya Jenoside, ubufatanyacyaha muri jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu byabaye mu 1994.

Ubushinjacyaha bumurega kugira uruhare mu kwica Abatutsi mu zahoze ari komine Ntyazo, Nyabisindu na Rusatira mu yari Perefegitura ya Butare, n’uruhare mu kwica uwari burugumesitiri wa Ntyazo, Narcisse Nyagasaza.

Bunamurega kandi “uruhare mu gushinga bariyeri zo kugenzura no kwica abasivile b’Abatutsi, kuyobora no gushyira mu bikorwa ubwicanyi ku misozi ya Nyabubare na Nyamure” n’ibindi.

Uwo mugabo yahawe ubwenegihugu bw’u Bufaransa mu 2005, aza guhindura amazina yitwa Philippe Manier.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma y’igihe babisuzuma, abacamanza babiri b’Urukiko rwa Paris bemeje ko Hategekimana agomba kuburanishwa ku byaha bya “Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu no kugira uruhare mu mutwe wateguraga ibyo byaha.”

Umwunganizi we mu mategeko, Me Alexis Guej, yabwiye RFI ko bazajuririra icyo cyemezo cyafatiwe umukiliya we “Philippe Manier.”

Muri Kamena 2015, Impuzamiryango iharanira ko abagize uruhare muri Jenoside bagezwa imbere y’ubutabera (CPCR) yareze Hategekimana ibyaha bitandukanye birimo kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iperereza ryahise ritangira, maze aza kugerageza gucika ubutabera bw’u Bufaransa yekerekeza muri Cameroon.

Bwasabye ko atabwa muri yombi, afatirwa i Yaoundé muri Werurwe 2018 maze muri Gashyantare 2019 yoherezwa mu Bufaransa ngo abe ariho azaburanira.

- Advertisement -

Kuva icyo gihe yahise afungirwa muri gereza ya Nanterre mu gihe yaro ategereje kuburana.

Hategekimana ariko ahakana ibyaha byose aregwa.

Hari amakuru ko mu mwaka ushize Ubushinjacyaha bwakoreye urugendo mu Rwanda mu gukusanya ibimenyetso kuri urwo rubanza.

U Rwanda narwo rwatanze impapuro mpuzamahanga zisaba ko yafatwa akaburanishwa, ku wa 25 Nyakanga 2017.

 

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosidePhilippe Hategekimanau Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyapolitiki 3 Bavugwaho Kuba Inyuma Y’Ibitero Bya Grenade I Bujumbura
Next Article Utubari Tuzafungurwa Twamenyekanye, Abazadukoramo i Kigali Ni Abakingiwe COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?