Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burundi Bwavuye Ku Izima, Bugiye Gukingira COVID-19 Abantu Benshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Burundi Bwavuye Ku Izima, Bugiye Gukingira COVID-19 Abantu Benshi

admin
Last updated: 10 October 2021 10:52 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima mu Burundi Thaddée Ndikumana yatangaje ko mu minsi mike bagiye gutangiza ibikorwa byo gukingira COVID-19 abantu benshi, gahunda izagera ku bantu bose babyifuza.

Yavuze ko bamaze gukorana n’abafatanyabikorwa barimo abaterankunga n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO), kuri gahunda y’amezi atandatu yo guhangana na COVID-19 mu Burundi.

Yabwiye abanyamakuru ko iyo gahunda ifite ingingo icumi mu gihe yari isanzwe ifite umunani. Ingingo ebyiri ziyongereyeho ni ubukangurambaga mu baturage no gukingira abantu benshi bashoboka.

Minisitiri Ndikumana yavuze ko ubwiyongere bw’ubwandu bwa COVID-19 bwarangwaga cyane mu majyaruguru y’igihugu nko mu bice bya Ngozi na Kirundo, ariko ubu bwiganje mu mujyi wa Bujumbura.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko u Burundi buheruka guhabwa impano na Banki y’Isi y’inkingo miliyoni 2.4, zigomba guhabwa abaturage.

Biteganywa ko inkingo za mbere zizagera mu Burundi hagati ya tariki 25 Ukwakira na 15 Ugushyingo, niba byose bigenze neza.

Ati “Hari gahunda tuzabereka nko mu byumweru bibiri yerekana uburyo tuzabikoramo, kuko muri iyo gahunda harimo ngo ni bande bazafasha ngo bakore icyo gikorwa, ni ukuvuga ngo hazabanza inyigisho ku baforomo basanzwe, kwemeza ahantu tuzashyira inkingo kugira ngo abaturage bazifuza bazibone, mbese gutanga amakuru ku benegihugu ngo bizakorwa bite, ibyo byose bizaba birimo.”

“Turizeza abaturage ko inkingo nizihagera bizahurirana n’uko natwe twiteguye kugira ngo duhite tubereka uko tuzabikora. Icyo navuga ni uko umwenegihugu ubikeneye, ubyifuza, ni we uzahabwa urukingo. Nta ngufu zizajyamo, nta tegeko rizajyamo nk’uko twabibabwiye, kandi duhamya ko nta kintu kibi leta yakorera abaturage.”

Minisitiri Ndikumana yavuze ko bakomeje gukurikirana uko ahandi ikingira rigenda, kandi igenzura rya gihanga rikomeje kwemeza ko inkingo za COVID-19 zifite ingaruka nke cyane kurusha akamaro zigirira abakingiwe.

- Advertisement -

U Burundi bwahindukiye ku ijambo

Minisitiri w’umutekano mu Burundi Commissaire de Police Chef Gervais Ndirakobuca ari na we ukuriye komite y’igihugu yo guhangana na COVID-19 mu Burundi, akungirizwa na Minisitiri w’Ubuzima Thaddée Ndikumana, aheruka kuvuga ko nta mbaraga leta izashyira mu gukingira.

Muri Nyakanga yavuze ko ibijyanye n’inkingo ari ibikorwa birimo abacuruzi bakomeye, kandi bakunze gukora ikintu kimwe bateze undi mutego.

Yavuze ko Banki y’Isi yabemereye inkingo, ariko batazashishikariza abantu kwikingiza. Umuntu ngo azabikora ku bwende bwe.

Icyo gihe yanavuze ko Leta yamaze gushyiraho firigo zizakira izo nkingo mu kigo gishinzwe ibijyanye n’imiti (Centrale d’Achat des Medicaments Essentiels du Burundi, CAMEBU) no mu kigo gishinzwe ubuzima (Institut National de Santé Publique, INSP).

Ati “Mutuzanire tubike, umurundi uzumva ashaka urukingo azagenda abwire ababishinzwe bamutere urwo rukingo ku bushake bwe, ibizamubaho ntazabaze leta.”

Yavuze ko Leta itigeze ivuga ko igiye kuzana inkingo zo gukingira Abarundi, ahubwo kubera ko ari umubyeyi, yemeye kwakira inkingo zizatangwa mu nkunga.

Ndirakobuca yavuze ko uzajya abaha inkingo bazajya bazakirira ku kibuga cy’indege bakamushimira, ariko nta kintu agomba gusaba.

Ati “Ushaka kuzizana wese nazizane tuzibike, ushaka kudufasha wese azane tubike, hanyuma uzashaka wese, numva ngo bajya kwikingiza za Nairobi, birirwa bagenda, uzashaka wese ntazongera kwishyura iyo tike, azajya agenda kuri minisiteri y’ubuzima bamukingire kuko tuzaba tubifite hano.”

Ibyemezo bishya byafashwe ariko bigaragaza impinduka, kuko hagiye gushyirwaho ahantu henshi hazakingirirwa, aho kuba umuntu azajya kwishakira urukingo.

 

 

TAGGED:BurundiCOVID-19featuredGervais NdirakobucaThaddée Ndikumana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Depite Ilhan Omar Utaracanaga Uwaka Na Donald Trump Ari Mu Rwanda
Next Article Uganda Yasezereye U Rwanda Mu Majonjora y’Igikombe cy’Isi Kizabera Muri Qatar
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?