Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Buri ‘Gutegura Intambara Yeruye’ Kuri Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Buri ‘Gutegura Intambara Yeruye’ Kuri Ukraine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2021 9:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inzego z’iperereza zo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika zivuga ko zifite amakuru ahagije yemeza ko ingabo z’u Burusiya ziri gutegura ibitero byeruye kuri Ukraine.

Uretse no kuba hari ingabo nyinshi z’Abarusiya ziri ku mupaka wa Ukraine, hari n’amakuru bivugwa ko yari yaragizwe ibanga n’ubutegetsi bw’i Moscow ariko yagiye hanze, yemeza ko hari umugambi wo gutera Ukraine igacibwa intege mu buryo budasubirwaho.

Ingabo z’u Burusiya ziri ku mupaka wa Ukraine ngo ni nyinshi ku rugero rudasanzwe ndetse ruruta uko byigeze kugenda mu mwaka wa 2014 ubwo zigaruriraga Intara ya Crimea.

The New York Times yatangaje ko n’ubwo hari amakuru atangwa na ziriya nzego z’iperereza yemeza ko u Burusiya bwamaze kwambarira urugamba, andi makuru avuga ko Perezida Putin atarafata umwanzuro w’igikwiye gukorwa.

Icyakora ibintu byose ngo ‘byamaze kwegeranywa.’

Hari abavuga ko intego y’ubutegetsi bw’i Moscow ari ukwagura ubutaka busanzwe bugenzura muri Ukraine bikabufasha kugira ijambo mu gice cyayo cy’Amajyepfo y’i Burasirazuba.

Kongera ubuso bw’aho u Burusiya bugenzura bizabufasha no gukurikirana uko gazi yayo ikoreshwa iva mu Burusiya ijya mu Burayi.

Ikinyamakuru gitanga amakuru ku iperereza kitwa IntelNews.org kivuga ko Leta zunze ubumwe z’Amerika imaze iminsi isangira amakuru na Ukraine ndetse n’ibihugu bya OTAN/NATO ku byerekeye imigambi y’u Burusiya.

Mu Cyumweru gishize Umuyobozi w’Ikigo gicunga ibindi bigo by’ubutasi bya Amerika kitwa  United States Director of National Intelligence witwa Avril Haines aherutse gusura Icyicaro cya OTAN/NATO.

Avril Haines

Hari n’andi makuru aherutse gutangazwa n’ibinyamakuru byo muri Amerika byavugaga ko Umuyobozi wa CIA witwa William Burns aherutse kuganira n’abayobora ubutasi bw’u Burusiya.

Nta byinshi byatangajwe ku byo bariya bayobozi baganiriye.

TAGGED:AmerikaBurusiyafeaturedIntambaraUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akazi Muri Miss World 2021 ‘Katangiye’, Miss Rwanda Ariteguye
Next Article Abantu 106 Bamaze Gutabwa Muri Yombi Nyuma y’Ibitero Byagabwe i Kampala
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?