Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Bwamaganye Abavuga Ko Bugiye Kurasa Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Bwamaganye Abavuga Ko Bugiye Kurasa Ukraine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2021 3:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazamakuru rya  Leta y’u Burusiya rivuga ko abavuga ko buri gutegura ibitero karundura kuri Ukraine babeshya. Ubutegetsi bw’i Moscow buvuga ko imvugo iri gutambutswa n’ubutegetsi bw’i Washington nta kindi igamije uretse kuba gashozantambara.

Byatangarijwe mu kinyamakuru kitwa  Kommersant kivuga ko Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Burusiya ari yo yemeza ko ubutegetsi bw’i Moscow nta gahunda bufite yo gutera ubutegetsi bw’i Kiev.

The Washington Post yanditse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu ko inzego z’ubutasi z’Amerika zizi neza ko ingabo z’u Burusiya zateguye mu buryo buhagije ibitero byungikanyije bigomba kugabwa kuri Ukraine mu ntangiriro za Mutarama, 2022.

Amakuru avuga ko u Burusiya bwarangije gukusanyiriza ku mupaka wabwo na Ukraine abasirikare 175,000.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku rundi ruhande u Burusiya buhakana ibyo Amerika ivuga, bukavuga ko ibyo Amerika iri gukora nta kindi bigamije uretse gushyushya imitwe y’abantu hanyuma ikabyitirira u Burusiya.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Burusiya Madamu Maria Zakharova yagize ati: “ Amerika ifite umugambi urambuye wo gusiga icyaha u Burusiya ivuga ko bushaka kwigarurira Ukraine.”

Maria Zakharova

Zakharova avuga ko ibyo Amerika iri gukora muri iki gihe ari umwanduranyo.

TAGGED:AmerikaBurusiyafeaturedUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo U Rwanda Rwaciyemo Byarweretse Ko Amahoro Ari Ayo Kurindwa Cyane- Ugirashebuja
Next Article U Rwanda ‘Rwongeye’ Gutwara Igikombe Cya Handball Mu Mukino Waberaga Muri Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?