Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bushinwa Bwahamagaje Ibigo Bitandatu Byacukuraga Amabuye y’Agaciro Muri Congo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Bushinwa Bwahamagaje Ibigo Bitandatu Byacukuraga Amabuye y’Agaciro Muri Congo

admin
Last updated: 14 September 2021 5:48 pm
admin
Share
SHARE

Leta y’u Bushinwa yategetse ibigo bitandatu by’Abashinwa byacukuraga amabuye y’agaciro muri Kivu y’Epfo kuhava bwangu, nyuma yo gutahurwaho gukora ubucukuzi binyuranyije n’amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ni icyemezo cyatangajwe nyuma y’uko ku wa 20 Kanama, ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Epfo bwafashe icyemezo cyo guhagarika ibigo bitandatu by’Abashinwa, bishinjwa kurenga ku mategeko mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu gace ka Mwenga.

Ibyo bigo ni BM Global Business, Congo Blueant Mineral, Oriental ressources Congo, Yellow Water Ressources, New Oriental Mineral na Group Cristal Service. Hanahagaritswe koperative eshatu byakoranaga.

Ibyo bigo byashinjwaga ko bidafite ibyangombwa byose bibyemerera gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse mu kuyashakisha bikifashisha ibinyabutabire bishobora gusiga bihumanyije ubutaka.

Byongeye, ngo aho bakoreraga habaga harinzwe n’abasirikare, mu gihe ngo itegeko rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ritabiteganya.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa, ushinzwe Afurika, Wu Peng, yemeje ko bashyigikiye RDC mu rugendo rwo guharanira ikurikizwa ry’amategeko mu bucukuzi.

Yakomeje ati “Nyuma y’amaperereza yakozwe n’uruhande rw’u Bushinwa, ubuyobozi bireba bwo mu ntara za Zhejiang na Jiangsu bwasabye abayobozi b’ibigo birebwa n’icyo kibazo kubahiriza amategeko y’ubutegetsi bwa Leta ya RDC, maze bagahagarika ibyo bikorwa kandi bakava muri Kivu y’Epfo vuba bishoboka.”

“Byongeye, ibigo birebwa n’ikibazo bizafatirwa ibihano na Guverinoma y’u Bushinwa.”

Yavuze ko inzego bireba muri Fujian no mu zindi ntara zirimo gukora iperereza kandi zizabifatira ingamba.

Yakomeje ati “Ntabwo tuzigera twemerera ibigo byo mu Bushinwa kurenga ku mategeko n’amabwiriza byo muri Afurika.”

Moreover, the related companies will be punished and sanctioned by Chinese government. The related authorities of Fujian and other provinces are conducting investigations & will take measures. We'll never allow Chinese companies in #Africa to violate local laws and regulations.

— 吴鹏 Wu Peng (@WuPeng_MFAChina) September 14, 2021

Mu gihe ibyo byemezo byari bitarashyirwa mu bikorwa, kuri uyu wa Mbere Polisi ya Congo yatatanyije abaturage bigaragambyaga mu gace ka Kitutu muri teritwari ya Mwenga, muri Kivu y’Amajyepfo.

Kuri uyu wa Kabiri iyo myigaragambyo yakomeje mu gace ka Wamuzimu muri teritwari ya Mwenga, ikorwa n’imiryango itari iya leta.

Abigaragambyaga bavugaga ko batagikeneye kubona umushinwa mu gace kabo, acukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko.

Basabaga ko abo bashinwa bahava kimwe n’abasirikare bacunga umutekano w’ubucukuzi bwabo.

Muri iyi Ntara ya Kivu y’Epfo, nibura teritwari enye za Fizi, Mwenga, Shabunda na Kalehe zikungahaye cyane ku mabuye y’agaciro by’umwihariko zahabu na gasegereti.

 

TAGGED:Amabuye y'agacirofeaturedKivu y'EpfoMwengaRDCUbucukuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gukorana Na Banki Ntibikwiye Kuba Serivisi z’Abifite Gusa – Perezida Kagame
Next Article Avugwaho Kubeshya Abakobwa Ko Azabaha Akazi Akabasambanya Akanabiba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?