Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bushinwa Bwarengeje Abaturage Miliyari Bamaze Gukingirwa COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Bushinwa Bwarengeje Abaturage Miliyari Bamaze Gukingirwa COVID-19

Last updated: 20 June 2021 2:53 pm
Share
SHARE

U Bushinwa bukomeje gukora amateka mu buryo bwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, aho bwarengeje miliyari 1 y’abaturage bamaze guhabwa urukingo.

Komisiyo y’igihugu ishizwe ubuzima (NHC) kuri iki Cyumweru yatangaje ko kugeza ku wa Gatandatu yari imaze gutanga inkingo 1,010,489,000. Ntabwo ariko iyo mibare igaragaza by’umwihariko abamaze guhabwa inkingo ebyiri ziteganywa ngo umuntu abe akingiwe byuzuye.

Izo nkingo zimaze gutangwa n’u Bushinwa zihwanye na 40% bya miliyari 2.5 z’inkingo zimaze gutangwa ku isi yose.

Ni intambwe ikomeye yatewe mu gihe mu ntangiro igikorwa cyo gukingira COVID-19 mu Bushinwa cyagendaga buhoro cyane. U Bushinwa bwujuje miliyoni ya mbere y’abakingiwe ku wa 27 Werurwe.

Xinhua yatangaje ko guhera muri Gicurasi ibintu byahindutse, ku buryo mu kwezi gushize hatanzwe inkingo zisaga miliyoni 500.

Yakomeje iti “Byafashe u Bushinwa iminsi 25 ngo buve kuri miliyoni 100 z’inkingo zatanzwe ngo bugere kuri miliyoni 200, iminsi 16 ngo buve kuri miliyoni 200 bugera kuri 300, n’iminsi itandatu ngo buve kuri miliyoni 800 bugere kuri miliyoni 900.”

NHC yavuze ko inkingo miliyoni 100 zujuje miliyari 1 zatanzwe mu minsi itanu.

U Bushinwa bwatangiye no gukingira abantu bafite munsi y’imyaka 18 hakoreshejwe inkingo zikorerwa imbere mu gihugu za Sinopharm na Sinovac.

U Bushinwa butuwe n’abantu basaga miliyari 1.4.

Bufite intego yo gukingira 40% by’abaturage bitarenze Nyakanga na 70% by’abari mu byago byinshi byo kwandura COVID-19 cyangwa kuzahazwa nayo, mbere y’uko uyu mwaka urangira.

TAGGED:COVID-19featuredInkingoSinopharmSinovacu Bushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mushikiwabo Yitabiriye Inama Yemerejwemo Ifaranga Rimwe Rya CEDEAO
Next Article Abantu 26 Bafashwe Batwaye Ibinyabiziga ‘Basinze’ 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?