Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bwongereza Bwahaye U Rwanda Inkingo Miliyoni 1.1 Za COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Bwongereza Bwahaye U Rwanda Inkingo Miliyoni 1.1 Za COVID-19

admin
Last updated: 07 December 2021 1:17 pm
admin
Share
SHARE

Ambasade y’u Bwongereza yemeje ko icyo gihugu cyashyikirije u Rwanda inkingo miliyoni 1.1 za COVID-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca, zizunganira gahunda yo gukingira iki cyorezo abantu benshi bashoboka.

Iyi nkunga nshya yatumye inkingo zose hamwe u Bwongereza bumaze guha u Rwanda zuzura miliyoni 1.35.

Ni inkunga ikomeye kuko ibonetse mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego yo gukingira COVID-19 nibura 30% by’Abanyarwanda bitarenze Ukuboza 2021 na 60 % bitarenze Ukuboza 2022.

Nyuma yo kongeramo ingimbi n’abangavu bafite imyaka iri hagati ya 12-17, imibare y’abagomba gukingirwa COVID-19 yahise iva kuri miliyoni 7.8 zateganywaga igera kuri miliyoni 9 zirengaho gatoya, bingana n’abaturage 69.4%.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente aheruka kubwira abadepite ati “Aba bose bazaba bamaze gukingirwa bitarenze Ukuboza umwaka utaha, ariko dukurikije imbaraga tubishyiramo dushobora no kuzabigeraho mbere yaho.”

Kugeza ku wa 2 Ukuboza u Rwanda rwari rumaze kubona inkingo miliyoni 12.9 zishobora gukingira byuzuye abaturage miliyoni 6 hatabariwemo urukingo rushimangira rurimo gutangwa ku byiciro byatoranyijwe.

Izo nkingo ariko zakomeje kwiyongera, kuko nk’u Budage bwahaye u Rwanda inkingo 165,600 za Astra Zeneca, zishobora gukingira byuzuye abaturage barenga ibihumbi 80.

Rwanda received 165,600 doses of Astra Zeneca #COVID19 vaccine donated by Germany 🇩🇪 through #COVAX. Our efforts to #VaccinateRwanda are ongoing across the country. pic.twitter.com/H6t70rMlrg

— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) December 6, 2021

Kuri uyu munsi nibwo u Bwongereza nwbo bwahise bwemeza ko bwahaye u Rwanda inkingo inkingo miliyoni 1.1.

UK DONATES 1.1 MILLION VACCINES TO RWANDA🙌🏿🙌🏿!! We are extraordinarily pleased to announce a huge UK donation of vaccinations has just arrived in Rwanda. The 🇬🇧🇷🇼 partnership is saving lives and helping to end the pandemic quicker @unicefrw @RwandaHealth @RBCRwanda @PaulKagame pic.twitter.com/sICkKn0vAE

— UK in Rwanda 🇬🇧🇷🇼🇧🇮 (@UKinRwanda) December 7, 2021

Kugeza ubu abantu bamaze gukingirwa byuzuye mu Rwanda ni miliyoni 3.8 mu gihe abahawe nibura urukingo rumwe ari miliyoni 6.2.

Ni mu gihe abantu bahawe urukingo rushimangira bamaze kuba 10,985 barimo abakuze, abafite indwara zitandura, abakozi bo kwa muganga n’ibindi byiciro byatoranyijwe.

 

TAGGED:COVID-19featuredInkingou Bwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Masudi Watozaga Rayon Ari Mu Mazi Abira
Next Article Coronavirus Yihinduranyije Ya Omicron Yageze Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?