Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Peru Mu Ntsinzi Yo Kurinda Isi Pulasitiki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Na Peru Mu Ntsinzi Yo Kurinda Isi Pulasitiki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 March 2022 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuva amasezerano yo kugabanya ibyuka byoherezwa mu kirere yitiriwe Paris yasinywa, andi masezerano akomeye mu kurengera ibidukikije yaraye asinyiwe i Nairobi muri Kenya bigizwemo uruhare n’u Rwanda na Peru.

Umunyarwandakazi Juliet Kabera usanzwe uyobora Ikigo cy’u Rwanda kirengera ibidukikije ari mu bagize uruhare rukomeye mu biganiro byagejeje ku isinywa ryayo.

Amasezerano yaraye asinyiwe i Nairobi agamije gukumira ko abantu bakomeza gukoresha pulasitiki itabora bakayijugunya aho babonye hose harimo mu nzuzi, imigezi, ibiyaga n’inyanja.

Abahanga mu kurengera ibidukikije bavuga ko  amasezerano yaraye asinywe ariyo abaye ingirakamaro kuva ayasinyiwe i Paris mu Bufaransa yasinywa mu mwaka wa 2015.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amasezerano y’i Paris yasinywe hagamijwe kugabanya ibyuka bikoreshwa mu byuma bikonjesha.

Abari bahagarariye ibihugu byabo mu masezerano yaraye asinyiwe i Nairobi bamaze Icyumweru baganira ku ngingo zakwemeranywaho n’amahanga hagamijwe gukumira ko pulasitiki yakomeza gukoresha nabi, ikajugunywa mu Nyanja  n’ahandi hareka cyangwa hatemba amazi.

 Nyuma yo kwemeranywa ku ngingo zizaba zigize ariya maszerano, abayobozi bari bahagariye za Guverinoma bemeranyije ko inyandiko idakuka ku ishyirwa mu bikorwa by’iriya myanzuro izaba yararangiye mu myaka ibiri iri imbere, ni ukuvuga mu mwaka wa 2024.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurengera ibidukikije witwa Espen Barth Eide yagize ati: “ Uyu munsi dukoze amateka, tugomba kubyishimira.”

Nyuma y’uko bariya bayobozi bemeranyije ku ishyirwaho ry’ariya masezerano, hashyizweho itsinda ry’abahanga bagomba kwandika inyandiko idakuka izagena uko ibihugu bigomba kwitwara mu byerekeye gukoresha pulasitiki.

- Advertisement -

Haracyari imbogamizi…

N’ubwo amahanga yishimira ko hari icyagezweho mu gukumira ko pulasitiki ikomeza kuba ikibazo ku bidukikije, haribazwa uko ingingo zibuza ibihugu bikize gukora ziriya pulasitiki zizasobanurwa mu nyandiko ya nyuma y’ariya masezerano.

Ibyo bihugu ni Leta zunze ubumwe z’Amerika, u Bushinwa, u Buhinde, Saudi Arabia, u Buyapani n’ibindi.

Ambasaderi w’u Busuwisi wari muri biriya biganiro witwa Franz Perez ari mu bibaza uko iriya nyandiko izaba isobetse no kumenya niba ibikubiyemo bizakurikizwa nk’uko bizaba biteganyijwe.

Yagize ati: “ Aya masezerano azaba ikibazo hagati y’abantu bifuza ko ibintu bihinduka, ibidukikije bikabaho neza n’abandi bashaka kugera ku nyungu zabo uko byagenda kose.”

Uwari uhagarariye Leta zunze ubumwe z’Amerika witwa Monica Medina nawe avuga ko akazi gategereje abemeranyije kuri ariya masezerano ari kenshi.

Juliet Kabera wari uyoboye itsinda ry’u Rwanda we yavuze ko uko byazagenda kose, ari ngombwa kwishimira ko hari icyo abatuye isi bemeranyijeho hagamijwe kurengera umubumbe batuyeho.

TAGGED:AmasezeranofeaturedIbidukikijePeruPulasitikiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abaturage Bakigorwa No Kugeza Ibirego Ku Bugenzacyaha Bw’u Rwanda
Next Article U Burusiya Bwemeje ko Abasirikare 498 Bamaze Kwicirwa Muri Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?