Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Rhineland-Palatinate Bizihije Imyaka 40 Y’Ubufatanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Na Rhineland-Palatinate Bizihije Imyaka 40 Y’Ubufatanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 May 2022 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye yitabiriye ikiganiro cyamuhuje n’abayobozi b’Intara ya Rhineland-Palatinate mu Budage. Cyari ikiganiro kigamije kwishimira imyaka 40 impande zombi zimaze zifitanye umubano.

Ni inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Yahuje Perezida Kagame n’abandi bayobozi barimo uyobora Rhineland-Palatinate witwa Malu Dreyer, Minisitiri w’ubufatanye mu by’ubukungu muri iriya Ntara witwa Svenja Schulze n’Umuyobozi w’Ikigo BionTech kiri hafi gutangira gufatanya n’u Rwanda kubaka uruganda rw’inkingo muri iki gihugu.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda mu mikorere yabo, hakoze uko bashoboye, bigira ku mateka yabo, bituma bahitamo gukora kugira ngo ejo habo hazabe heza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umukuru w’u Rwanda avuga ko muri rusange u Rwanda rukorana n’inshuti zabo nk’u Budage kugira ngo rukomeze iterambere ryarwo.

Si u Budage nk’igihugu gusa rukorana nabwo, ahubwo ngo rumaze n’imyaka myinshi rukorana na Rhineland-Palatinate kandi iyo mikoranire yagiriye u Rwanda akamaro.

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwigiye ku byarubayeho

Perezida Kagame yagize ati: “ Mu mikoranire n’umubano w’abantu, rimwe barahuza, ubundi ntibahuze ariko icy’ingenzi kikaba gukomeza gukorana.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ibihugu biba bigomba gukomeza gukorana, buri gihugu kikareba ibigifitiye akamaro ariko nanone mu mikoranire irimo ubwubahane.

Abanyarwanda bafite imyumvire yahindutse cyane…

- Advertisement -

Perezida Kagame yabwiye abandi bayobozi bari bahuriye muri iriya nama, ko imyumvire y’Abanyarwanda yahindutse cyane, ubu bakaba ari abantu bashya muri byose.

Avuga ko mu myaka 28 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, ubuzima bw’Abanyarwanda byahindutse buba bwiza kandi bugirira benshi akamaro.

Yashimiye abo muri BioNTech kuba bariyemeje gukorana n’u Rwanda n’ibindi bihugu bicye by’Afurika kugira ngo nabyo bitunge inganda zikora inkingo bityo bizabifashe kuzahangana n’ibindi byorezo bizaduka kuko kubitazabura igihe cyose abantu bakiri ho.

This evening, President Kagame joined virtually the 40th Anniversary of Rwanda-Rhineland Palatinate partnership with Malu Dreyer, Minister President of Rhineland-Palatinate; Svenja Schulze, Minister for Economic Cooperation & Development & Dr. Sierk Poetting, COO @BioNTech_Group pic.twitter.com/fAIyTdD2Eq

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) May 9, 2022

Muri Gashyantare, 2022 Perezida Kagame yasuye ubuyobozi bw’Intara ya Rhineland-Palatinate.

Yakiriwe na Madamu Malu Drayer uyobora Intara ya Rhénanie-Palatinat.

Uyu mugore afite inshingano zimuha uburenganzira bwo kwitwa Minisitiri akaba na Perezida wa Rhénanie-Palatinat, imwe mu Ntara z’u Budage.

Ku rukuta rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu icyo gihe handitsweho ko Perezida Paul Kagame na Malu Dreyer bagiranye ibiganiro ku ngingo zireba ibice by’ubuzima bw’u Rwanda iriya Ntara imaze imyaka 40 irufasha mu kwiteza imbere.

Ubufatanye hagati y’u Rwanda na Rhénanie-Palatinat bukorerwa mu nzego zirimo uburezi, ubuzima…byose bigamije ubukungu burambye.

Intara ya Rhineland-Palatinate

Rhénanie-Palatinat (mu Kidage bandika Rheinland-Pfalz) ni imwe mu Ntara 16 zihuje zikora Leta y’u Budage.

Yashinzwe taliki 30, Kanama, 1946 ikaba iherereye mu Majyaruguru y’u Budage.

Byakozwe ku bwumvikane busesuye bwa kamarampaka yemejwe nyuma y’ivugurura ry’Itegeko nshinga ryatowe taliki 18. Gicurasi, 1947.

Leta ya Rhénanie-Palatinat ituwe n’abaturage miliyoni enye, muri bo abarenga 317,000 ni abanyamahanga bahasuhukiye.

Iyi Leta iyobora igihugu gifite ubuso bwa 19 848 km2 , ubucucike bw’abaturage bukaba bungana n’abaturage 203 kuri kilometero kare( 203 hab./km2).

Ituranye n’u Bufaransa n’u Bubiligi( ku gice cya Wallon).

Umubano w’u Rwanda na Rhéneland-Palatinat  watangiye mu mwaka wa 1982.

Ushingiye ku mikoranire hagati y’abatuye izi mpande zombi, abaturage bakagenderana, kandi abafite icyo barushije abandi bakakibabafashamo.

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Intara Y’u Budage Imaze Imyaka 40 Ifatanya N’u Rwanda

TAGGED:BudagefeaturedIntaraKagameUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisiteri Yahagaritse Irushanwa Rya Miss Rwanda
Next Article Ku Kirwa Cya Bugarura Basabwe Kudakora Cyangwa Ngo Bahishire Magendu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?