Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugeze Ku Mukino Wa Nyuma Mu Irushanwa Rya Handball Ribera Muri Tanzania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

U Rwanda Rugeze Ku Mukino Wa Nyuma Mu Irushanwa Rya Handball Ribera Muri Tanzania

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2021 5:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikipe ya Police y’u Rwanda y’umukino wa Handball yamaze gutsindira kuzakira umukino wa nyuma mu irushaka ry’umupira w’amaboko iri kubera muri Tanzania. Police HC izahura n’Ikipe ya Kenya

Hagati aho ikipe y’Abanyarwandakazi yo mu Karere ka Gatsibo nayo izakina umukino wa nyuma kuri uyu wa Gatandatu ihure n’iya ikipe  Cereals y’abakobwa bo muri Kenya izatsinda izatware igikombe

Iyi mikino iri guhuza amakipe aharanira gutwara igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere mu Karere  k’Africa y‘i Burasirazuba no hagati mu mukino wa Handball(ECAHF).

Mu ntangiriro z’umukino wahuje  Police HC na Ngome HC yo muri Zanzibar  byagaragaraga ko Ngome HC  isa iza gutsinda  kuko abakinnyi bayo bakinishaga ingufu kandi ukabona ko nta ntera ndende ikipe imwe yahaye indi.

Gusa ntibyayihiriye kuko iminota 30 y’igice cya mbere yarangiye ikipe ya Police HC ifite ibitego 15 ku bitego 11 bya Ngome HC.

Ingufu ikipe ya Polisi HC yari ifite igice cya mbere kirangira niyo yakomezanyije no mu gice cya kabiri.

Yahaye intera iriya kipe byari bihanganye kuko mu manota yazo harimo ikinyuranyo cy’ibitego bigera kuri birindwi.

Iminota 60 y’umukino yarangiye Police HC ifite ibitego 29 kuri 23 bya Ngome HC.

Umutoza wa Police HC, Inspector of Police(IP) Antoine Ntabanganyimana yavuze ko  ikipe atoza yabanje kuvunwa no kumenya imikinire y’iyo bari bahangaye.

Ati:  “Mu gice cya mbere nabanje  gufata umwanya niga imikinire y’ikipe duhanganye ariko nirinda kwinjizwa ibitego mbere. Mu gice cya Kabiri murabibona ko twagarutse tuza dukosora byose kuko tuba twamaze kumenya imikinire y’ikipe turimo gukina.”

Ibyo avuga abihurira ho na Kapiteni wa Police HC, CPL Duteteriwacu Norbert.

CPL Duteteriwacu yavuze ko we n’abakinnyi bagenzi be intego ni ugukora ibishoboka byose bakisubiza igikombe cya ECAHF  nk’uko babigenje umwaka ushize.

Umutoza wa Police HC, Kapiteni ndetse n’abakinnyi muri rusange barashimira ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, abafana ndetse n’itangazamakuru ryo mu Rwanda uburyo bakomeje kubatera ingabo mu bitugu  bikabafasha  gukomeza kwitwara neza.

Muri iri rushanwa ikipe y’abakobwa bo mu ishuri ryisumbuye rya Kiziguro (Kiziguro SS) nayo  kuri uyu wa Gatandatu  izakina na Cereals y’abakobwa bo mu gihugu cya Kenya.

Nayo yabigezeho imaze gutsinda  Ngome HC y’abakobwa. Umukino wa nyuma uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ukuboza.

TAGGED:featuredGatsiboKigaliPolisiRwandaTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Canal + Yatangije Uburyo Bwo Kugura Ifatabuguzi Hifashishijwe Serivisi za Ecobank
Next Article Ibyo U Rwanda Rwaciyemo Byarweretse Ko Amahoro Ari Ayo Kurindwa Cyane- Ugirashebuja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?