Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gufatanya N’u Burundi Kuguyaguya Impunzi Z’Abarundi Ngo Zitahe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rugiye Gufatanya N’u Burundi Kuguyaguya Impunzi Z’Abarundi Ngo Zitahe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2022 6:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Clémentine Mukeka yijeje intumwa z’u Burundi ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo kugira ngo ibikorwa byo gukangurira impunzi z’Abarundi gutaha bigende neza.

Bikubiye mu byo yaraye azigejejeho mu kiganiro cyabereye muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda.

Mukeka avuga ko bizakorwa k’ubufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, UNHCR.

Intumwa z’u Burundi zageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere Taliki 19, Ukuboza, 2022 ziyobowe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’umutekano mu Burundi witwa Lt. Gen. de Police André Ndayambaje.

Yari kumwe n’abayobozi b’Intara zihana imbibi n’u Rwanda barimo Guverineri w’Intara ya Kirundo witwa Albert Hatungimana, uw’Intara ya Kayanza  witwa Rémy Cishahayo  na Bandenzamaso Léonidas uyobora Intara ya Bururi.

Abayobozi ku mpande zombi bagiranye ibiganiro

Ku mupaka wa Nemba mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera niho bakiririwe na bagenzi babo bayobora ku ruhande rw’u Rwanda barimo n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Clémentine Mukeka ari kumwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi Philippe Habinshuti.

Ubwo baganiriraga muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, hari hari n’uhagarariye Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi,UNHCR  mu Rwanda Madame Ndèye Aissatou Masseck Ndiaye .

Kugeza ubu mu Rwanda hari  impunzi z’Abarundi zisaga  49,000.

Mu mwaka wa 2015 nibwo Abarundi 74,000  bahungiye mu Rwanda. Bahungaga imvururu zatewe n’ibibazo bya politiki byakurikiye Manda ya gatatu y’uwahoze ayobora u Burundi Pierre Nkurunziza.

Kuva mu mwaka wa 2020 kugeza ubu[2022] Abarundi  30,000 bamaze gutaha.

Mu mwaka wa 2020 hacyuwe abagera ku 7 894, muri 2021 hacyurwa 21 631 mu gihe mu mwaka wa 2022 hamaze gutaha 790.

Kuri uyu wa Kabiri izo ntumwa zizaganira n’impunzi ziba mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe.

TAGGED:BurundifeaturedImpunziIntumwaNkurunzizaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imikino Ishyushye Ya Boxing Day Yagarutse Ku Mashene Ya Canal + Sport
Next Article Imirwano Mishya Hagati Ya M23 Na FDLR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?