Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rushaka Guhora Rwihagije Mu Madevize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rushaka Guhora Rwihagije Mu Madevize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2024 8:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyi ni intego Banki nkuru y’u Rwanda ivuga ko rwihaye kugira ngo haramutse habaye ibura ry’amadovize mu gihe cy’amezi ane, rukomeze gutumiza hanze ibyo rukeneye byose.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Politike y’Ifaranga muri BNR, Prof Kasai Ndahiriwe avuga ko ubwizigame bw’amadovize u Rwanda rufite yafasha gutuma rukomeza gutumiza hanze ibyo rukeneye mu gihe kigera cyangwa kirenga amezi ane nta dovize rwinjiza.

Ati: “…Twebwe nta na rimwe iyo bifashe ku mpuzandengo tujya tujya munsi y’ayo mezi, ni intego mu bijyanye n’ubukungu na politike ko buri gihe tugomba kuba dufite amadevize nibura ashobora gutumiza ibikenerwa mu gihe cy’amezi ane nta rindi devize ryinjiye.”

Kuri we, ibyo bivuze ko u Rwanda rushobora guhangana n’ikibazo cyo ku rwego mpuzamahanga gishobora gutuma habaho ikibazo cy’amadovize.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Prof Kasai Ndahiriwe avuga ko haba mu mwaka wa 2023 no mu iteganyamibare ryo muri uyu mwaka bigaragara ko u Rwanda ruzakomeza kugira ubwizigame bw’amadovize bushobora gutumiza ibintu mu gihe kirenze amezi ane.

Prof Kasai Ndahiriwe

Muri Kamena 2023, u Rwanda rwari rufite amadevize miliyoni $ 1,827 naho mu Kamena 2022, rwari ruzigamye angana na miliyoni $ 1,926 kandi igice kinini cy’ayo mafaranga kibikwa muri Banki zo mu mahanga.

Mu mpera za Kamena 2023, amadevize yashyizwe mu ishoramari ry’igihe gito yanganaga na 26.8% naho ayari mu ry’igihe kiringaniye n’ikirekire yanganaga na 73.2 %, ibyo ukabibara ugereranije n’intego BNR yihaye ya 25% na 75%.

Hashize iminsi abantu bagaragaza ko amadevize yabaye make ku isoko mpuzamahanga, bamwe bakabihuza no gutakaza agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda ugereranyije n’amadorali cyangwa andi madevize agaragara ku isoko.

Imibare ya BNR igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cya 2024, agaciro k’ibyo u Rwanda rwatumije mu mahanga kazamutseho 5,9% bitewe ahanini n’itumizwa ry’imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, n’ibikenerwa mu buzima bwa buri munsi bitumizwa hanze biyongereye.

- Advertisement -

Ibikomoka ku ngufu n’ibyifashishwa n’inganda bitumizwa hanze byo byaragabanyutse.

Umusaruro wavuye mu byoherejwe mu mahanga  wagabanyutseho 0,2% biturutse ku igabanyuka ry’ibisanzwe byoherezwa mu mahanga, cyane cyane kawa n’ibitunganyirizwa mu nganda, ndetse n’igabanyuka ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga.

TAGGED:AmadovizeAmafarangaBankifeaturedImari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyama Itogosheje Yahejeje Umusore Umwuka
Next Article Kagame Asanga Iterambere Koreya Yagezeho Mu Gihe Gito N’Abandi Barigeraho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?