Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rushaka Guhora Rwihagije Mu Madevize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rushaka Guhora Rwihagije Mu Madevize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2024 8:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyi ni intego Banki nkuru y’u Rwanda ivuga ko rwihaye kugira ngo haramutse habaye ibura ry’amadovize mu gihe cy’amezi ane, rukomeze gutumiza hanze ibyo rukeneye byose.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Politike y’Ifaranga muri BNR, Prof Kasai Ndahiriwe avuga ko ubwizigame bw’amadovize u Rwanda rufite yafasha gutuma rukomeza gutumiza hanze ibyo rukeneye mu gihe kigera cyangwa kirenga amezi ane nta dovize rwinjiza.

Ati: “…Twebwe nta na rimwe iyo bifashe ku mpuzandengo tujya tujya munsi y’ayo mezi, ni intego mu bijyanye n’ubukungu na politike ko buri gihe tugomba kuba dufite amadevize nibura ashobora gutumiza ibikenerwa mu gihe cy’amezi ane nta rindi devize ryinjiye.”

Kuri we, ibyo bivuze ko u Rwanda rushobora guhangana n’ikibazo cyo ku rwego mpuzamahanga gishobora gutuma habaho ikibazo cy’amadovize.

Prof Kasai Ndahiriwe avuga ko haba mu mwaka wa 2023 no mu iteganyamibare ryo muri uyu mwaka bigaragara ko u Rwanda ruzakomeza kugira ubwizigame bw’amadovize bushobora gutumiza ibintu mu gihe kirenze amezi ane.

Prof Kasai Ndahiriwe

Muri Kamena 2023, u Rwanda rwari rufite amadevize miliyoni $ 1,827 naho mu Kamena 2022, rwari ruzigamye angana na miliyoni $ 1,926 kandi igice kinini cy’ayo mafaranga kibikwa muri Banki zo mu mahanga.

Mu mpera za Kamena 2023, amadevize yashyizwe mu ishoramari ry’igihe gito yanganaga na 26.8% naho ayari mu ry’igihe kiringaniye n’ikirekire yanganaga na 73.2 %, ibyo ukabibara ugereranije n’intego BNR yihaye ya 25% na 75%.

Hashize iminsi abantu bagaragaza ko amadevize yabaye make ku isoko mpuzamahanga, bamwe bakabihuza no gutakaza agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda ugereranyije n’amadorali cyangwa andi madevize agaragara ku isoko.

Imibare ya BNR igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cya 2024, agaciro k’ibyo u Rwanda rwatumije mu mahanga kazamutseho 5,9% bitewe ahanini n’itumizwa ry’imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, n’ibikenerwa mu buzima bwa buri munsi bitumizwa hanze biyongereye.

Ibikomoka ku ngufu n’ibyifashishwa n’inganda bitumizwa hanze byo byaragabanyutse.

Umusaruro wavuye mu byoherejwe mu mahanga  wagabanyutseho 0,2% biturutse ku igabanyuka ry’ibisanzwe byoherezwa mu mahanga, cyane cyane kawa n’ibitunganyirizwa mu nganda, ndetse n’igabanyuka ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga.

TAGGED:AmadovizeAmafarangaBankifeaturedImari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyama Itogosheje Yahejeje Umusore Umwuka
Next Article Kagame Asanga Iterambere Koreya Yagezeho Mu Gihe Gito N’Abandi Barigeraho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?