Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rushaka Guhora Rwihagije Mu Madevize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rushaka Guhora Rwihagije Mu Madevize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2024 8:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyi ni intego Banki nkuru y’u Rwanda ivuga ko rwihaye kugira ngo haramutse habaye ibura ry’amadovize mu gihe cy’amezi ane, rukomeze gutumiza hanze ibyo rukeneye byose.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Politike y’Ifaranga muri BNR, Prof Kasai Ndahiriwe avuga ko ubwizigame bw’amadovize u Rwanda rufite yafasha gutuma rukomeza gutumiza hanze ibyo rukeneye mu gihe kigera cyangwa kirenga amezi ane nta dovize rwinjiza.

Ati: “…Twebwe nta na rimwe iyo bifashe ku mpuzandengo tujya tujya munsi y’ayo mezi, ni intego mu bijyanye n’ubukungu na politike ko buri gihe tugomba kuba dufite amadevize nibura ashobora gutumiza ibikenerwa mu gihe cy’amezi ane nta rindi devize ryinjiye.”

Kuri we, ibyo bivuze ko u Rwanda rushobora guhangana n’ikibazo cyo ku rwego mpuzamahanga gishobora gutuma habaho ikibazo cy’amadovize.

Prof Kasai Ndahiriwe avuga ko haba mu mwaka wa 2023 no mu iteganyamibare ryo muri uyu mwaka bigaragara ko u Rwanda ruzakomeza kugira ubwizigame bw’amadovize bushobora gutumiza ibintu mu gihe kirenze amezi ane.

Prof Kasai Ndahiriwe

Muri Kamena 2023, u Rwanda rwari rufite amadevize miliyoni $ 1,827 naho mu Kamena 2022, rwari ruzigamye angana na miliyoni $ 1,926 kandi igice kinini cy’ayo mafaranga kibikwa muri Banki zo mu mahanga.

Mu mpera za Kamena 2023, amadevize yashyizwe mu ishoramari ry’igihe gito yanganaga na 26.8% naho ayari mu ry’igihe kiringaniye n’ikirekire yanganaga na 73.2 %, ibyo ukabibara ugereranije n’intego BNR yihaye ya 25% na 75%.

Hashize iminsi abantu bagaragaza ko amadevize yabaye make ku isoko mpuzamahanga, bamwe bakabihuza no gutakaza agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda ugereranyije n’amadorali cyangwa andi madevize agaragara ku isoko.

Imibare ya BNR igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cya 2024, agaciro k’ibyo u Rwanda rwatumije mu mahanga kazamutseho 5,9% bitewe ahanini n’itumizwa ry’imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, n’ibikenerwa mu buzima bwa buri munsi bitumizwa hanze biyongereye.

Ibikomoka ku ngufu n’ibyifashishwa n’inganda bitumizwa hanze byo byaragabanyutse.

Umusaruro wavuye mu byoherejwe mu mahanga  wagabanyutseho 0,2% biturutse ku igabanyuka ry’ibisanzwe byoherezwa mu mahanga, cyane cyane kawa n’ibitunganyirizwa mu nganda, ndetse n’igabanyuka ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga.

TAGGED:AmadovizeAmafarangaBankifeaturedImari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyama Itogosheje Yahejeje Umusore Umwuka
Next Article Kagame Asanga Iterambere Koreya Yagezeho Mu Gihe Gito N’Abandi Barigeraho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?