Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rutegereje Icyemezo cy’u Burundi Ku Gufungura Imipaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rutegereje Icyemezo cy’u Burundi Ku Gufungura Imipaka

admin
Last updated: 07 March 2022 8:03 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko nubwo u Rwanda rwafunguye imipaka yo ku butaka, u Burundi butarafungura ku ruhande rwabwo.

Kuri uyu wa 7 Werurwe 2022 nibwo icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda gifungura imipaka y’ubutaka cyatangiye gushyirwa mu bikorwa, nyuma y’imyaka ibiri ifunze kubera icyorezo cya COVID-19.

Minisitiri Gatabazi yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko nko ku mipaka ihuza u Rwanda na Uganda, kuyirenga bisaba ko umuntu aba afite ibyangombwa by’inzira nka pasiporo (passport) cyangwa Laissez – Passer.

Ku mupaka wa Congo mbere hakoreshwaga agapapuro gaterwaho kashe gusa (jeton), ariko ngo ubu harimo kwemerwa biriya byemezo bindi gusa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “Twari twasabye ko ku ruhande rwa Congo izo jeton zaba ari zo zikoreshwa kuko ni iz’abaturage bambuka buri munsi, kuko hari ushobora kwambuka gatatu ku munsi. Rero ntabwo yajya gusaba viza buri munsi uko agiye kwambuka.”

Yavuze ariko ko ku ruhande rw’u Burundi nta cyemezo kirafatwa gikomorera abaturage kwambuka nta nkomyi.

U Rwanda n’u Burundi bifitanye ikibazo kikiganirwaho kijyanye n’umutekano, gishigiye ku bantu bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza mu 2015.

Gatabazi yakomeje ati “Kuri Cyanika, Gatuna (kuri Uganda), Rusizi na Ruhwa na Goma hose basaba Laissez – Passer na Passport, ntabwo baremera Jeton ariko turacyabisaba.”

“Hanyuma ku ruhande rw’u Burundi nabo umupaka ntabwo barafungura, ubwo rero dutegeree ikiza kuvamo kuko nyuma y’uko dufashe icyemezo cyo ku wa Gatanu, nabo bafite umwanya wo kugira ngo babe bafungura.”

- Advertisement -

Minisitiri Gatabazi yavuze ko abantu bajya muri Uganda basabwa kuba bipimishije COVID-19 hakoreshejwe igipimo cya PCR ku bantu badaturiye n’umupaka.

Abaturiye umupaka bo basabwa gukoresha igipimo cya Rapid TEST no kuba bafite inkingo ebyiri za COVID-19.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Mpunga Tharcisse, yavuze ko abantu binjira mu Rwanda banyuze ku kibuga cy’indege basabwa kuba barikigije Covid-19 kandi bipimishishie hakoreshejwe PCR mu masaha 72.

Iyo bageze mu gihugu bongera gupimwa, bagafatwa n’ikindi gipimo nyuma y’iminsi itatu kugira ngo harebwe niba nta bwandu bafite.

Dr. Mpunga yavuze ko byagaragaye ko abantu bakoresha imipaka yo ku butaka usanga ari abo mu bihugu bituranye n‘u Rwanda mu karere, mu bihugu ubona ko n’ubwandu bugenda bugabanuka.

Yakomeje ati “Icyo dusaba rero nabo ni kimwe dusaba n’abandi, ni ukuvuga ngo abikingije biba ari akarusho, ariko atikigije ashobora no gukoresha igipimo gitanga igisubizo cyihuse (Rapid Test) kugira ngo tubone ko ari muzima, akinjira.”

“Ariko iyo bageze mu gihugu n’ubundi turongera tugafata ibipimo mu buryo bwo gutomboza, kugira ngo turebe uko ubwandu bwaba buhagaze muri aba bantu baza, [igipimo] tutishyuza, twebwe dukora mu rwego rwo kugira ngo dukurikirane turebe ko kuza kw’abantu binjira mu gihugu bitazagira ingaruka mu kuzamura ubwandu.”

Ni ibyemezo bikomeje gufatwa nyuma y’uko abaturarwanda 60% bamaze guhabwa urukingo rw’iki cyorezo.

TAGGED:COVID-19featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dushaka Gukorana Mu Bucuruzi, Uburezi N’Ubukerarugendo-Perezida Kagame Abwira Mugenzi We Wa Guinea Bissau
Next Article Kwangiza Ibikoresho By’Amashanyarazi Biha Icyuho Abajura-Polisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?