Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwaciye Ibinini Byitwa Ketoconazole Ku Isoko Ryarwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rwaciye Ibinini Byitwa Ketoconazole Ku Isoko Ryarwo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 December 2022 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Binyuze mu itangazo ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (FDA), Leta y’u Rwanda yatangaje ko ikuye ku isoko ry’u Rwanda umuti wa Ketoconazole w’ibinini.

Ni nyuma y’uko byaje kugaragara ko uwo muti ufite ingaruka zangiza umwijima cyane.

Itangazo rihagarika biriya binini

Itangazo rya Rwanda FDA rivuga ko kiriya cyemezo cyashingiwe ku mabwiriza No CBD/TR/016 agenga ikurikiranwa ry’ingaruka z’imiti n’ibikoresho byo mu buvuzi cyane mu ngingo yayo ya 26.

Ubuyobozi bw’Ikigo Rwanda FDA buvuga ko bwafashe kiriya cyemezo nyuma yo gusesengura amakuru ku ngaruka  z’umuti Ketocozole w’ibinini mu gihugu  ndetse no ku rwego mpuzamahanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Komite ngishwanama  mu bijyanye no gukurikirana ingaruka z’imiti (National Pharmacy Advisory Committee) yaje kwemeza ko uriya muti ufite ingaruka zangiza umwijima ziremereye cyane kurusha ibyiza uyu muti utanga.

Ni umuti usanzwe uvura  indwara ziterwa n’udukoko (fungal infections).

Mu itangazo rya Rwanda FDA havuga ko ‘hashingiwe ku myanzuro  ya Komite ngishwanama no ku kuba  hari indi miti yavura nkawo iri ku isoko ry’u Rwanda kandi  idafite ingaruka ziremereye, Rwanda FDA ‘ikuye ku isoko’ ibinini bya Ketoconazole  mu bwoko bwayo bwose.’

Iki kigo gisaba  abinjiza imiti  bose mu gihugu, abayiranguza, abayidandaza, ibigo by’ubuvuzi bya Leta n’iby’igenga guhagarika itangwa ry’ibyo binini no gusubiza  aho byaguriwe kugira ngo hakurikizwe amategeko ateganywa.

Abinjiza n’abagurisha uriya  muti barasabwa gutanga raporo kuri Rwanda FDA, ikaba raporo igaragaza ingano y’imiti yinjijwe  mu gihugu, iyatanzwe, iyagaruwe n’ingano yose yisigaye mu bubiko nyuma yo kwakira iyagaruwe mu gihe kitarenze iminsi 15 kuva igihe umuti wakuriwe ku isoko.

- Advertisement -

Mu rwego rwo kwirinda igihombo iki kigo cyasabye  abinjije imiti gushyiraho uburyo bwo gusubiza abayibaguriye.

Abaganga n’abahanga mu by’imiti bibukijwe ko bagomba guhagarika kwandikira abarwayi uyu muti, bagakoresha indi miti ivura kimwe.

Icyo impuguke ivuga kuri uyu muti…

Dr. William Rutagengwa

Umuti Ketoconazole ubamo amoko menshi. Hari uwo bisiga hari n’uwo batera abantu mu rushinge.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyamata mu Karere ka Bugesera, Dr. William Rutagengwa yabwiye Taarifa ko uriya muti wari usanzwe uhabwa abantu bagize ubushye, ibimeme n’izindi ndwara bita ‘inflammatory’.

Izi ndwara ziterwa n’udukoko tumeze nk’uduhumyo bita fungi.

Dr. Rutagengwa avuga ko ubusanzwe ibinini kimwe n’ibindi bintu byose abantu barya cyangwa banywa, bica mu mwijima.

Avuga ko akamaro kawo ari ukuyungurura ibiwucamo byose, bityo rero ngo n’ibinini hari ubwo biba bifite uburozi bwo hejuru( high toxicity) bukaba bwakangiza umwijima.

Niyo mpamvu abakora imiti bashyiraho n’izindi ngamba umuntu uri buyunywe agomba gukurikiza kugira ngo bitaza kumugiraho ingaruka ndetse n’uburyo yaza kubigenze biramutse bibaye.

Umwijima w’umuntu ni inyama ikora nk’uruganda rutandukanya imyanda n’ibindi bifitiye umubiri akamaro

Abaganga bavuga ko ibinini bya paracetamol ari byo bigira uburozi buke ugereranyije n’ibindi ariko ngo nabyo si shyashya!

Umuyobozi w’ibitaro bya Nyamata, Dr. William Rutagengwa asaba abantu kujya bakurikiza inama abaganga babahaye nyuma yo kubandikira imiti runaka kubera ko n’ubwo umuti uvura, ariko ushobora no kugira ibindi wangiza.

TAGGED:FDAfeaturedIbininiRutagengwaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden Yakiriye Perezida Kagame
Next Article Umufaransa Bernard Arnault Niwe Mukire Wa Mbere Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?